RFL
Kigali

Burundi: Flo ukirwana no kwamamara yagaragaje imbogamizi abahanzi bakizamuka bahura na zo-VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:17/10/2023 10:13
0


Umwe mu bahanzi bakizamuka mu gihugu cy’u Burundi, Flo yavuze ko zimwe mu mbogamizi abahanzi bakizamuka bahura nazo ari ubushobozi buke, gucibwa intege n’abakabafashije, n’ibindi.



Ubusanzwe, yitwa Niyongabo Floribert ariko mu muziki azwi nka Flo. Ni umuhanzi w’i Burundi wamenyekanye mu ndirimbo ‘Akadawa,’ ukirwana no kumenyekanisha ibikorwa bye cyane ko ubu akirwanaho ku giti cye kuko nta ‘management’ arabona.

Aganira na Inyarwanda, Flo yavuze ko nta yindi mpamvu adahatana nk’abandi ku isoko ry’umuziki, ahubwo aruko umuziki usaba ibintu byinshi haba ubushobozi, ubwenge bwinshi, kuwumenyekanisha, kugira abantu bagufasha kuwugeza kure, n’ibindi.

Flo kandi yavuze ko abahanzi bakirwana no kugaragaza impano zabo bahura n’imbogamizi nyinshi harimo gukora indirimbo ntibone aho isohokera ngo abantu bayimenye.

Yagize ati: ‘‘Ushobora gushyira indirimbo kuri Youtube ariko ntubone ubushobozi bwo kuyamamaza, cyangwa se ukayijyana ahantu bashobora kuyicuranga ariko ntibayicurange, mbese usanga ari ibintu byinshi bica intege umuntu ugitangira kuririmba.’’

Flo kurubu utunzwe n’umuziki gusa, yavuze ko nyuma y’izo mbogamizi zose umuhanzi aba atagomba gucika intege, ahubwo akwiye guhaguruka agashaka ubufasha.

Yavuze ko nk’abahanzi b’abarundi bishimira aho umuziki wabo ugeze, kuko usigaye warambutse imipaka ukaba ubasha kumvwa mu bihugu bitandukanye bigize Afurika y’i Burasirazuba. Nubwo bimeze bityo ariko, haracyakenewe uruhare rwa buri muhanzi mu kwamamaza ibikorwa bye kugira ngo umuziki w’i Burundi ubashe kugera kure hashoboka.

Uyu muhanzi yasoje asaba abantu by’umwihariko abashoramari kumushyigikira bagashora amafaranga yabo mu muziki, bagakunda ibyo akora, cyane ko nyuma y’indirimbo ye ‘Akadawa,’ yahise ashyira hanze indi ndirimbo nshya yise 'Talalala.' Yabasezeranije kandi gukomeza gukora cyane no kubaha indirimbo nyinshi kandi ku gihe.


Umuhanzi ukizamuka i Burundi, Flo yagaragaje ko nubwo umuziki wabo uri gutera imbere hagikenewemo imbaraga nyinshi


Yasabye abashoramari gushora mu muziki mu rwego rwo kurushaho kuwumenyekanisha


Nyuma ya 'Akadawa' yamaze gushyira hanze indi ndirimbo ye nshya 'Talalala

Reba hano ikiganiro Inyarwanda yagiranye na Flo

">">Kanda hano urebe indirimbo 'Akadawa' ya Flo w'i Burundi

">
 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND