FPR
RFL
Kigali

Igihe cyari iki! Tom Close ku ndirimbo ya mbere na Fireman iteguza Album ya 9-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:17/10/2023 9:54
0


Umuhanzi akaba n'umuganga Muyombo Thomasn uzwi nka Tom Close yashyize ahagaragara amashusho y'indirimbo ye nshya yise "Niyo Ikamena" yakoranye n'umuraperi Fireman, niyo ndirimbo ya mbere aba bombi bakoranye nyuma y'imyaka irenga 15 bombi bari mu muziki.



Iyi ndirimbo yasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2023, yakozwe mu buryo bw'amajwi (Audio) na Izzo Pro naho amashusho (Video) yakozwe na Gad umaze gukora nyinshi mu ndiirmbo za Tom Close.

Ni ubwa mbere aba bahanzi bombi bakoranye indirimbo. Tom Close yabwiye InyaRwanda ko gukorana indirimbo na Fireman byaturutse ku kuba ari umuraperi w'umuhanga, kandi yari akeneye umuntu uhuza neza n'ubutumwa yaririmbye muri iyi ndirimbo.

Yavuze ko atatinze gukorana indirimbo na Fireman ashingiye ku gihe bombi bamaze mu muziki, ahubwo avuga ko igihe cyari iki.

Ati " Fireman ni umuhanzi w’umuhanga nashakaga gukorana nawe kuva kera ariko bikaba bitarigeze biba. Ubu rero ni cyo gihe.”

Tom Close yavuze ko iyi ndirimbo ari imwe mu zibanziriza isohoka ry'indirimbo zigize album ye ya cyenda. Ati “Iyi ni imwe mu ndirimbo zibanziriza album yanye ya cyenda (9). Ariko ntabwo iri kuri album.”

Muri rusange, Tom Close avuga ko yanditse iyi ndirimbo ashaka kumvikanisha uburyo abantu muri iki gihe bahinduka, aho usanga uwari inshuti yawe agahinduka akaba umwanzi wawe.

Uyu muhanzi aherutse gushyira ku isoko album ya Munani yise 'Essence' iriho indirimbo nka 'A voice note' yakoranye na Bull Dogg, 'Finally' yakoranye na Wezi wo muri Zambia, 'Fly away', 'Inside', 'Kampala' yakoranye na A Pass wo muri Uganda, 'Superwoman' yakoranye na Sat-B wo mu Burundi;

'Be my teacher', 'The One', 'Party', 'Feelings' yahuriyemo na B-Threy, 'My Number One' yakoranye an Nel Ngabo na Riderman, 'Don't worry' ndetse na 'Mariwe'. 

Producer Knoxbeat niwe wakoze iyi album. Ariko muri rusange yagizweho uruhare n’abarimo Ishimwe Karake Clement wa Kina Music, Bob Pro, Zizou Al Pacino, Kenny Vibz ndetse na Dj Bisoso.

Iyi album irihariye kuko indirimbo hafi ya zose ziriho zikoze mu rurimi rw’Icyongereza mu rwego rwo kwagura urugendo rw’umuziki rw’uyu muhanzi.

Tom Close aherutse kubwira InyaRwanda ko buri muhanzi yatekereje kwifashisha kuri iyi album ‘Essence’ yari amwitezeho kuyishyiraho umutima.

Avuga ko mu bahanzi yifuzaga gukorana n’abo harimo na Big Fizzo wo mu Burundi, ariko yasanze ari mu bitaramo mu Burayi ku buryo bitari kumukundira ko bakorana indirimbo.

Uyu munyamuziki avuga ko imyaka 15 ishize ari mu muziki, ibihangano bye byubakiye ku butumwa bw’igihe kirekire no ‘kugerageza kujyana n’igihe’.

Biri mu byatumye izi ndirimbo ziri kuri album yaragerageje kujyanya n’ibigezweho. Avuga ko buri ndirimbo iri kuri album ifite ‘umwihariko wayo’.


Tom Close yatangaje ko mu bihe bitandukanye yagiye agerageza gukorana indirimbo na Fireman ariko ntibikunde


Umuraperi Fireman aririmba yumvikanisha uburyo uwari inshuti yawe aguhinduka akaba umwanzi


Tom Close yavuze ko iyi ndirimbo ibanjirije isohoka ry’indirimbo zigize album ye ya cyenda

KANDA HANO UREBEAMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NIYO IKAMENA’ YA TOM CLOSE

"> 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND