RFL
Kigali

Music Up Competition: Batatu bageze kuri Final, 15 bagiye gukomeza kwesurana

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:12/10/2023 14:45
0


Nyuma y'iminsi igera kuri 24 abagera ku 100 bahatanye mu buryo bw'ikoranabuhanga, irushanwa rya Music Up rigiye gukomeza, batatu bageze ku musozo mu gihe 15 bagiye gukomeza kwesurana muri kimwe cya kabiri cya Music Up Competition.



Niba ukurikiranira hafi umuziki benshi bakomeye muri wo usanga baratangiye bahatana mu marushanwa nubwo baba batayegukanye gusa byabazamuriraga izina no gukomeza kugira inyota yo gukora ibirenze ari nako biyungura ubumenyi.

Urugendo rwo gukuza impano binyuze mu buryo bw'amarushanwa Genius Records ikaba irukatajemo aho nyuma yo guhatana mu buryo  bw'ikoranabuhanga batatu bahize abandi mu majwi bahise babona itike ya nyuma y'irushanwa. 

Mu gihe abandi 15 bo bagikomeje guhatana aho ku wa 20 Ukwakira 2023 bazahatana mu buryo bw'imbonankubone ndetse guhera kuri iyo tariki kugera kuri 31 Ukwakira 2023 bakazahatana mu buryo bw'ikoranabuhanga hifashishijwe urubuga rwa noneho.com.

Muri 7 bakaba aribo bazasoza bagiye gucakirana na bagenzi babo bandi 3 bamaze gukatisha tike ya nyuma umunsi wo gusoza ukazaba ku wa 04 Ugushyingo 2023 hamenyekana abegukanye ibihembo.

Ibihembo bikaba bizahabwa batatu biyongeraho umukobwa umwe mu rwego gufasha abari n'abategarugori bakiri bacye mu muziki.

Urutonde rwabagiye guhatana muri 1/2 

1.Ishimwe Sylvie 

2.Mugisha Prince 

3.Pamela Tumukunde 

4.Shyaka Jean Pierre 

5.Mutangana Ronel 

6.Sicha 

7.Ucishamake 

8.Assuman Mubiru

9.Kevin Onell 

10.2kevin

11.Teta Alicia 

12.Utamuriza Judith

13.Khali One 

14.Wally 

15.Kīdbebe

Batatu bamaze gukatisha itike ya nyuma

1.Kenny Kennedy 

2.Muhirwa Jean Remmy

3.Umutoni Carine



UKO ABAHATANA BAHAGAZE MU MAJWI






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND