RFL
Kigali

Umutoni Carine aracyayoboye! Hagiye kumenyekana abakomeje muri Music Up Competition

Yanditswe na: Peacemaker Pundit
Taliki:10/10/2023 10:28
2


Irushanwa ryateguwe na Genius Records rirarimbanyije aho habura amasaha mbarwa hakamenyekana abakomeje mu kindi cyiciro. Kuva ku wa 26 Nzeri 2023 abagera ku 100 bahatanye mu buryo bw'amatora abera kuri noneho.com.



Uyu munsi ku itariki10 Ukwakira 2023 nibwo hamenyekana 3 bahita bakomeza ku musozo n'abandi 15 bagiye guhatana muri kimwe cya kabiri.

 


Carine Umutoni arayoboye mu matora

Batatu hakaba hashingirwa ku majwi bagize mu gihe abandi 15 hanarebwa na none ku mashusho bohereje.

 

Aba 15 bakaba bazahatana ku wa 20 Ukwakira mu buryo bw'imbonankubone banacakirane mu matora bizasiga hamenyekanye 7 basanga ba 3 mu cyiciro cya nyuma.

 

Ku wa 04 Ugushyingo 2023 nibwo hazamenyekana abegukana ibihembo bagera kuri 3 biyongeraho umwe wahize abandi w'igitsinagore mu rwego rwo gukomeza kubashyigikira.

 

Ubwo InyaRwanda yakoraga iyi nkuru binyuze kuri noneho.com Umutoni Carine ni we wari imbere. Akurikirwa n’abarimo Ishimwe Sylvie, Kenny Kennedy, Pamella Tumukunde na Mugisha Prince.

 

Ari muri 3 bayoboye mu matora


Abo bakaba aribo batanu kugeza ubu bari imbere  nk'uko ubuyobozi bwa Genius bwabitangaje, 3 nibo  bazahita bajya mu cyiciro cya nyuma ndetse uwa mbere muri iki cyiciro ni ukuvuga  uzasozanya amajwi menshi yemerewe indirimbo 2 z'amajwi.


KANDA HANO UREBE UKO BAHATANYE MU MAJWI





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • John9 months ago
    Carine yitwaye neza cyne arimubonbona bashobora gutsindira ibibihembo
  • Bosco 8 months ago
    Carine yitwaye neza muri byose arabikwiye gutsinda





Inyarwanda BACKGROUND