RFL
Kigali

Haherukayo Ingabire Grace: Ba Nyampinga 5 bazamuye Ibendera ry’u Rwanda muri Miss World

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:5/10/2023 11:50
0


Miss World ni rimwe mu marushanwa atanu y’ubwiza akomeye ku Isi. Kuva u Rwanda rwahabwa uburenganzira bwo kwitabira iri rushanwa mu 2016, ryitabiriwe na ba nyampinga begukanye ikamba rya Miss Rwanda mu myaka itandukanye kuva icyo gihe.



Irushanwa ry’ubwiza rya Miss World ryatangiriye mu Bwongereza mu 1951, ryatangiye kwitabirwa mu 2016 ubwo Miss Mutesi Jolly yahagarariraga u Rwanda. Nyuma yaho, ukuyemo Miss Nishimwe Naomie utarabashije kuryitabira kubera icyorezo cya Covid-19 muri 2020 na Miss Muheto Divine ucyambaye ikamba kugeza n’ubu, abandi ba nyampinga bose babashije kwitabira iri rushanwa nubwo bose nta washoboye kuryegukana. Muri abo harimo aba bakurikira:

1.     Mutesi Jolly


Nyampinga w’u Rwanda wambitswe ikamba muri 2016 Miss Mutesi Jolly, niwe wanditse amateka yo kubimburira abandi mu kwitabira irushanwa rya Miss World ya mbere u Rwanda rwari rwemerewe kwitabira mu 2016. Mu bakobwa 24 baturutse impande n’impande ku Isi yose batoranijwe nka ba nyampinga bakoze ibikorwa bifitiye rubanda akamaro, Miss Mutesi Jolly nawe yisanze ku rutonde ariko ku bw’amahirwe make ntiyabashije gukomeza ngo agire ikamba akura muri iri rushanwa ryari ryabereye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

2.     Iradukunda Elsa


Miss Iradukunda Elsa nyampinga w’u Rwanda 2017 niwe wakurikiye Mutesi Jolly mu kwitabira irushanwa rya Miss World kuva Miss Rwanda yatangira kubaho mu 1951. Nubwo atabashije kugira ikamba yegukana muri iri rushanwa ryabereye ku Mugabane w’i Burayi, Elsa yabwiye Inyarwanda ko yishimiye kuba umwe mu bitabiriye Miss World 2017 cyane ko yigiyemo byinshi akagira amahirwe yo gusura ibihugu bitandukanye bibarizwa kuri uwo mugabane nk’u Bufaransa, u Bubiligi, u Budage n’ahandi ari nako aganiriza abanyarwanda bahatuye.

3.     Iradukunda Liliane


Nyampinga w’u Rwanda wa 2018, Miss Iradukunda Liliane nawe yagize amahirwe yo kwitabira irushanwa rya Miss World 2018 ryabereye mu Bushinwa. Uyu mukobwa ntiyabashije kugira ikamba yegukana muri iri rushanwa ryegukanwe n’uwari uhagarariye Mexique icyo gihe.

4.     Nimwiza Meghan


Miss Nimwiza Meghan wambwitswe ikamba rya nyampinga w’u Rwana muri 2019 yiyongereye kuri bagenzi be maze azamura  Ibendera ry’u Rwanda mu Bwongereza ahagombaga kubera irushanwa rya Miss World muri 2019. 

Meghan nawe ntiyabashije kwegukana ikamba na rimwe muri iri rushanwa.Avuye  i Londres, yahishuye ko impamvu nta mukobwa w’umunyarwanda wegukana ririya kamba aruko abanyarwanda baba batamushyigikiye mu gutora nk’uko bikwiye. Iri rushanwa ryabaga ku nshuro yaryo ya 69, ryegukanwe na Toni-Ann Singh wari uhagarariye Jamaica.

5.     Ingabire Grace


Nyampinga w’u Rwanda wa 2021, Ingabire Grace uzwiho impano idasanzwe yo kubyina yahagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Miss World mu 2021 ryabaga ku nshuro yaryo ya 70 rikabera  mu Mujyi wa San Juan muri Puerto Rico.

Iri rushanwa ryari ryasubitswe mu Ukuboza 2021 nyuma y’uko abakobwa 17 basanzwemo Coronavirus. Muri 2020 ryagombaga kuba ariko kubera iki cyorezo na bwo ntiryaba, bituma Umunya-Jamaica Toni-Ann Singh akomeza kwambara ikamba yegukanye mu 2019.

Miss Ingabire yasezerewe rugikubita, maze Umunya-Pologne Karolina Biewleska aba ariwe wegukana ikamba rya Miss World 2021.

Iri ni rimwe mu marushanwa y’ubwiza atanu akomeye ku Isi arimo na Miss Earth, Miss Universe, Miss Supranational na Miss International. Iry’uyu mwaka biteganijwe ko rigiye kubera mu gihugu cy’u Buhinde ku nshuro yaryo ya 71, uzaryegukana akaba azamenyekana ku ya 16 Ukuboza.

Kimwe na bagenzi be, Nyampinga ucyambaye ikamba rya Miss Rwanda  Nshuti Muheto Divine nawe yagombaga kwitabira iri rushanwa ariko nyuma haza gutangazwa ko yakuwe ku rutonde rw’abakobwa bagombaga kuryitabira kuko yagombaga kwitabira abifashijwemo na sosiyete yari isanzwe itegura iri rushanwa ya Rwanda Inspiration Back Up, ariko ikaba yarambuwe ubwo burenganzira kubera ibibazo by’umuyobozi wayo Ishimwe Dieudonné [Prince Kid] wari uri mu manza kubera ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ashinjwa gukorera bamwe mu bakobwa bitabiriye Miss Rwanda.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND