RFL
Kigali

Trace Africa igiye kumurika urubuga ruzacururizwaho indirimbo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:3/10/2023 11:09
0


Ubuyobozi bwa Televiziyo Mpuzamahanga y'Imyidagaduro ya Trace Africa ifite icyicaro i Johannesburg muri Afurika y'Epfo, bwatangaje ko bagiye gutangiza urubuga yise “Bettr” ruzajya rucururizwaho indirimbo z’abahanzi bo mu Rwanda n’iz’abandi cyane cyane abo mu bihugu byo muri Afurika.



Batangaje ibi mu gihe abahanzi bo mu Rwanda bahawe icyiciro (Category) cyihariye muri ibi bihembo bizatangwa mu muhango uzaba ku wa 20 Ukwakira 2023 muri BK Arena. Ni ubwa mbere ibi bihembo bigiye gutangirwa mu Rwanda, kandi hazaba hizihizwa imyaka 20 ishize Trace Africa igira uruhare mu guteza imbere abahanzi.

Kimwe mu byatumye ibi bihembo bigiye gutangirwa mu Rwanda harimo ibikorwaremezo birimo inyubako z’imyidagaduro zifite ubushobozi bwo kwakira ibikorwa nk’ibi mpuzamahanga, n’uburyo Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyabashije kureshya ubuyobozi bwa Trace Africa mu rugendo rw’u Rwanda rwo kwakira inama zikomeye kandi mpuzamahanga.

Trace Africa ifite shene za Televiziyo 29 na Radio 16 bikorera mu bihugu bitandukanye. Iyo ibi bihembo biza gutangirwa muri Nigeria ntibyari kumvikana neza mu matwi ya benshi ahanini biturutse ku kuba abahanzi benshi babihatanyemo baturuka muri iki gihugu, bityo hari abari gucyeka ko kubyegukana byagizwemo uruhare no kuba byatangiwe iwabo.

Umuyobozi wa Trace Africa akaba n'umwe mu bashinze Trace Group, Olivier Laouchez, aherutse kubwira itangazamakuru ko gutangira ibi bihembo mu Rwanda bifite uburemere ku rwego mpuzamahanga, kandi ko atari igikorwa cyoroshye gutegura ku buryo wabyuka ukavuga ko ku mugoroba uza kuba wabisoje.

Avuga ko bari kwitegura uko bashoboye kugirango iki gikorwa kizagenda neza, kandi ko bitewe n’uko ari ubwa mbere igikorwa nk’iki kigiye kubera mu Rwanda bari gukorana na Smart Card Foundation kugirango bahugure abantu 25 bazajya bifashishwa no mu bindi bikorwa bigari nk’ibi.

Yavuze ko mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere bashaka ko Trace Africa izaba yaragutse mu buryo bw’ikoranabuhanga bugaragarira buri wese, bakita cyane ku mugabane wa Afurika ariko kandi bakagura ibikorwa byabo kugera ku isoko ryo muri Amerika, u Burayi, Asia, U Buhinde n’ahandi.

Olivier Laouchez avuga ko ku wa 20 Ukwakira 2023 mu muhango wo gutanga ibi bihembo byahujwe n’iserukiramuco bazasobanura mu buryo burambuye imikorere y’uru rubuga ‘Bettr’ ruzajya rucururizwaho indirimbo z’abahanzi cyane cyane bo mu Rwanda.

Yumvikanishije ko ari urubuga rwihariye mu guteza imbere cyane cyane abahanzi bo muri Afurika n’abandi bo mu bindi bihugu bakora umuziki byo ku Isi.

Ni urubuga bashinze mu rwego rwo kugirango abahanzi batangire kubyaza inyungu ibihangano byabo, kandi Olivier avuga ko Trace Africa hari amafaranga itanga kuri buri muhanzi bakoresheje igihangano cye kuri Televiziyo yabo.

Ni ubwa mbere u Rwanda rushyizwe muri ibi bihembo kuva byatangira gutangwa. Olivier Laouchez yasubije umunyamakuru wa InyaRwanda, ko kuba barashyizeho icyiciro cy’abahanzi nyarwanda muri ibi bihembo, buri wese akwiye guhita kuyumva ko byatewe n’uko u Rwanda ruzakira ibi bihembo.

Avuga ko atahita atangaza ko umwaka utaha nabwo abahanzi nyarwanda bazahatana muri ibi bihembo. Ati “Reka tubanze twite kuri uyu mwaka, umwaka utaha nabwo tuzareba.”

Itangwa ry’ibi bihembo rizaririmbamo abahanzi barenga 50 bahatanye. Bizaherekerezwa n’iserukiramuco rizarangwa n’ibikorwa binyuranye, aho bamwe mu bahanzi bahatanye bazaririmbamo, ariko kandi bizaririmbamo n’abandi bahanzi badahatanye.

Olivier Laouchez avuga ko mu myaka 20 ishize atangije Trace Africa bamwe batumvaga uburyo azabasha kumvisha abahanzi gukora amashusho ari ku rwego rwiza, ariko muri iki gihe yishimira uburyo abahanzi bateye imbere kandi ibikorwa byabo bakaba babikora ku rwego mpuzamahanga.

Yumvikanisha ko bishimira uruhare bagize mu guhindura isura y’umuziki muri Afurika, kandi bazakomeza kubakira kuri iyi ntego. Ati “Twizera ko Trace Africa igomba kuba ikiraro hagati y’abatuye umugabane wa Afurika. Ntidushaka ko ibikorwa by’abahanzi bigarukira muri Afurika gusa, ahubwo bikwiye kugera ku rwego mpuzamahanga.”


Umuyobozi wa Trace Africa akaba n'umwe mu bashinze Trace Group, Olivier Laouchez yatangaje ko bagiye gutangiza urubuga ruzacururizwaho indirimbo z’abahanzi bise ‘Bettr’ cyane cyane abo ku Mugabane wa Afurika


Abahanzi bane barimo Bruce Melodie, Ariel Wayz, Kenny Sol na Bwiza bahatanye muri ibi bihembo kubera ko u Rwanda ari rwo rwakiriye ibi bihembo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND