RFL
Kigali

Shima Charles wakoranye indirimbo na Bruce Melodie yabaye uwa mbere watsindiye ‘Schorlarship’ ikomeye ku Isi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:29/09/2023 10:30
0


Shima Charles yabaye umunyarwanda wa mbere watsindiye ‘Schorlarship’ itangwa na Philip wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wubakiye ku rugendo rwe mu guteza imbere no kugaragara uruhare rw’ubukerarugendo bwisunze ikoranabuhanga.



Iyi ‘Schorlarship’ ihabwa abantu babiri ku Isi. Uyihawe abasha kwitabira ku buntu iyi nama ku bukerarugendo bwisunze ikoranabuhanga ibera mu Mujyi itandukanye ku Isi. Ni mu gihe abandi bayitabira, bisaba ko buri umwe yishyura asaga Miliyoni 4 Frw.

Philip yari isanzwe ari umushoramari, ariko wakunze gutemberera ahantu hanyuranye ku Isi no kugira inama abantu benshi mu bijyanye n’ubushabitsi. Igihe cyarageze atangira gutegura inama y’ubukerarugendo bwisunga ikoranabuhanga, mu rwego rwo gukangurira ibihugu n’abantu kuyoboka iyi nzira.

Shima yayihawe ari kumwe na Dana Le washinze umuryango ‘Wander Health’. Uyu mugore yagize uruhare mu kugira inama amavuriro arenga 60 mu gukoresha ikoranabuhanga muri serivisi batanga.

Shima wakoranye indirimbo na Bruce Melodie bise ‘24’ yabwiye InyaRwanda ko guhabwa iyi ‘schorlarship’ abigereranye no guhabwa umudali wa Zahabu utangwa mu mikino ikomeye ku Isi ya Olympique.

Yavuze ko kuyihabwa abibonamo amahirwe ku bandi banyarwanda bashaka kwitabira iyi nama ikomeye ku rwego rw’Isi.

Ati “Kuba nabaye umunyarwanda wa mbere wayihaye, bisobanuye ibintu byinshi, murumva ko ari intambwe nziza nateye kandi ihambaye cyane, kandi izafungura imiryango y’abandi bazankurikira.”

“Perezida wacu yaravuze ngo tugomba kubona umwnaya kuri ‘table d’honeur’, kubona iyi scholarship ni ishema.”

Shima avuga ko iyi ‘scholarship’ yabonye igiye kumufasha mu gukomeza guteza imbere ubukerarugendo mu Rwanda ndetse ko ku Mugabane wa Afurika. Ati “Buri kompany iba yifuza kumenyakanisha ibikorya byayo.”

Iyi ‘scholarship’ yahawe imuhesha ububasha bwo kuzitabira inama izwi nka “Phocuswright Conference” izabera mu Mujyi wa St Fort Lauderdale muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 13-16 Ugushyingo 2023.

Ni inama izitabirwa na kompanyi zihambaye mu bukerarugendo bukoresha cyane ikoranabuhanga (Travel Tech). Muri uyu mwaka, iyi nama iziga cyane ku mikorere y’ubwenge buremano (AI), kandi hazaba harimo abashoramari banyuranye bo hirya no hino ku Isi.

Mu myaka ine ishize ashinze ZaNiheza, Shima avuga ko rwari urugendo rutoroshye, ariko kandi yarubonyemo amahirwe abyaza umusaruro umunsi ku munsi.

Ku wa 22 Gicurasi 2022, nibwo Shima yasohoye indirimbo ‘24’ yakoranye na Bruce Melodie mu kugaragaza urukumbuzi yagiriye igihugu cyamubyaye.

Nta jwi rya Shima Charles ryumvikana muri iyi ndirimbo ‘24’. Gusa ni we wanditse iyi ndirimbo asaba Bruce Melodie ko yayimuririmbira cyane ko ubwo yazaga mu Rwanda ku nshuro ya mbere mu 2018 yamenyanye n’uyu muhanzi bihagije.

Shima avuga ko yanditse iyi ndirimbo nyuma y’igihe kinini agerageza kwandika igitabo kivuga ku rukumbuzi afitiye u Rwanda nyuma y’imyaka 24 atarugero, ariko agahura n’inzitizi zatumye adasoza igitabo cye.

Uyu mugabo avuga ko abanyarwanda baba mu mahanga bakumbura igihugu cyababyaye, bityo ko iyi ndirimbo izabaherekeza mu gihugu cyose baza batekereza ku Rwanda.

Ni indirimbo yumvikanamo amagambo y’Ikinyarwanda akomeye. Shima avuga ko mu gihe cy’imyaka 24 ari muri Canada, yagiye agerageza kuvuga ururimi rw’Ikinyarwanda agira ngo atazarwibagirwa ariko kandi ngo hari igihe yigeze kumara imyaka ine avuga icyongereza.

Bruce Melodie aririmba yishyize mu mwanya wa Shima Charles, akavuga ko yagenze amahanga ariko ko nta hantu yasanze yakwitaba iwabo kurusha aho yavukiye mu Rwanda.

Akangurira abantu gusura u Rwanda kuko ari heza. Avuga ko imyaka 24 ishize yasanze u Rwanda ari rwiza, hari ibikorwa by’iterambere by’iterambere, abantu bidagadura mu bihe bitandukanye, abanyarwanda bakirana urugwiro ababaganye n’ibindi.

Shima Charles washinze ZaNiheza yabaye umunyarwanda wa mbere watsindiye 'Scholarship' imuhesha ubushobozi bwo kwitabira “The Phocuswright Conference” izaba mu Ugushyingo 2023

Dana Le washinze ‘Wander Health’ yatsindiye ‘Scholarship’ izamufasha kwitabira inama ikomeye ku bukerarugendo bwisunze ikoranabuhanga 


Shima yavuze ko 'Scholarship' yatsindiye igiye gufungura amarembo ku bandi banyarwanda


KANDA HANO UREBE INDIRIMBO '24' YA SHIMA CHARLES NA BRUCE MELODIE

 ">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND