RFL
Kigali

Icyumvirizo kuri Miss Rwanda ishobora kugaruka mu isura nshya

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/09/2023 10:59
1


Imwe mu nkuru wumva mu biganiro bya benshi ni igihe irushanwa rya Miss Rwanda rizasubukurirwa nyuma y’umwaka n’amezi ane rihagaritswe kubera ibyaha by’ihohotera bikurikiranweho ‘Prince Kid’ wahoze aritegura.



Ni irushanwa ryahaye imirimo abantu banyuranye, kandi ryashyize itafari mu kwamamaza ibigo binyuranye by’ubucuruzi bagiye bakorana naryo. Ryanabaye ikiraro cy’igihe kinini, bamwe mu bakobwa bakoresheje mu gukabya  inzozi zabo.

Mu bihe byaryo, buri mubyeyi yakoraga uko ashoboye ngo umwana we agere mu cyiciro cya nyuma. Hari abarivuyemo barivumira ku gahera nyuma yo kutanyurwa n’uburyo batsinzwemo, abandi bavamo bemera ko ntako batari bagize.

Kuva ku mwana muto kugeza ku bakuze, iri rushanwa ryarazaga ijoro ibihumbi by’abantu, ku buryo imibare igaragaza ko abarenga Miliyoni 19 babaga baritegereje.

Ni cyo gikorwa cya mbere cyashyushyaga imyidagaduro mu Rwanda; urubyiruko rwinshi rwagiye rubona ibiraka mu kwamamaza abakobwa bakinjiza agatubutse.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bazwi, babaga bafite akazi gakomeye ko kwamamaza umukobwa bashyigikira- Kuva ku banyapolitiki kugera ku byamamare, buri umwe yerekanaga uruhande ahagazeho.

Hari abifataga ariko mu minota ya nyuma bakandika bagaragaza uwo ashyigikiye. Bumvikanisha ko ubwenge, ubwiza n’umuco bimuhesha ikamba rya Miss Rwanda.

Ni irushanwa ryahanganishaga abantu ku mbuga nkoranyambaga mu buryo bugaragarira buri wese. Kandi ryari rifite ijambo rinini mu kwamamaza ibikorwa bya buri umwe.

Amafoto y’inkumi zabaga zihatanye, yacicikanaga muri phone z’aboroheje n’abakomeye. Kugeza ubwo bamwe mu bakobwa bashoyemo amafaranga menshi kugirango babashe gutambuka mu cyiciro cy’amatora, hari abo byahiriye n’abandi byanze.

Kuva iri rushanwa ryahagarikwa na Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco [Yahindutse Minisiteri y’Urubyiruko], ryakurikiwe n’inkuru za bimwe mu bitangazamakuru byibaza ku iherezo ryaryo n’ibindi bitandukanye.

Abategura andi marushanwa ajyanye n’ubwiza arimo na Mr Rwanda n’ibindi nayo yahise ahagarikwa, kuva icyo gihe ntawongeye gukora-Bategereje gukomorerwa.

Irushanwa ryo gushakisha Nyampinga w’u Rwanda ryageraga mu Ntara zose z’u Rwanda ndetse n’Umujyi wa Kigali.

Buri Ntara yagiraga umukobwa uyiserukira kugeza muri Kigali. Abahagarariye Intara ndetse n’abahagarariye Umujyi wa Kigali, bahuriraga hamwe bagahatana hakavamo umukobwa umwe wegukana ikamba.

Uyu mukobwa yabaga afite ibisonga bimugaragiye, ariko hatangwaga n’andi makamba arimo nk’ikamba ry’umukobwa uberwa n’amafoto, Nyampinga wabaniye neza abandi, Nyampinga ufite umushinga mwiza n’ibindi.

Uko ryagendaga rikura hari amavugurura yakorwagamo hajyanishijwe n’ibyifuzo by’abaturage, hari amakamba yiyongeragamo andi akavamo.

Rwanda Inspiration Back Up yahagaritswe gutegura iri rushanwa niyo yari ifite uburenganzira bwo kohereza umukobwa userukira u Rwanda muri Miss World- bishoboka ko ibi ari byo byatumye Miss Muheto Divine wabaye Miss Rwanda 2022 atabashije guserukira u Rwanda muri Miss World.

Hari amakuru agera ku InyaRwanda avuga ko irushanwa rya Miss Rwanda rizagaruka mu isura nshya, kuko hazajya hatorwa Nyampinga wa buri Ntara hanyuma banatore Nyampinga w’u Rwanda.

Nyampinga w’u Rwanda azajya aba afite inshingano zo gukurikirana ibikorwa bya buri Nyampinga w’Intara uzajya uba ufite inshingano zo kwita no gushaka ibisubizo by’ibibazo abakobwa bo muri iyo Ntara bafite.

Mu busanzwe, umushinga wa Miss Rwanda niwo washyirwagamo imbaraga cyane ugasanga imishinga y’abandi bakobwa idakurikiranwa neza.

Harifuzwa ko ibibazo abakobwa bo muri buri Ntara bafite bikorerwa ubuvugizi binyuze mu ijwi rya buri Nyampinga uzatorwa.

Kugeza ubu iri rushanwa rya Miss Rwanda riri mu maboko ya Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, ari nayo ishobora kuzatanga isoko ryo kuritegura cyangwa se ikabiharira Inteko y’Umuco akaba ariyo izajya iritegura. Ibi bizakorwa nyuma yo gushyira akadomo ku rubanza rwa ‘Prince Kid’.

Ku wa  12 Kamena 2023, Inteko y’Umuco yatangaje ko gusubukura Miss Rwanda hazashingirwa ku byarivuzwemo mu bihe binyuranye n’amasomo byasize.

Umuyobozi w’Inteko y’Umuco, Amb. Robert Masozera aherutse kubwira TNT ko hataramenyekana igihe iri rushanwa rizasubukurikirwa.

Yavuze ko bamaze iminsi bari gufasha Miss Rwanda 2022 [Nshuti Divine Muheto], uwegukanye ikamba rya Miss Talent [Amanda Saro] n’uwegukanye ikamba rya Miss Innovation [Uwimana Jeannette] gukora ku mishinga yabo, ndetse no gukurikirana ibihembo abakobwa 10 bageze mu cyiciro cya nyuma bemerewe n’abaterankunga batandukanye.

Ku bijyanye no kuba haramaze gushakwa indi kompanyi izajya itegura iri rushanwa rya Miss Rwanda, Amb. Masozera yavuze ko bataratera iyo ntambwe.

Uyu muyobozi avuga ko gusubukura Miss Rwanda yaciriye inzira benshi mu bakobwa bo mu Rwanda, hazashingirwa ku byariranze n’amasomo yasize.

Avuga ati “Ibibazo byabaye mu marushanwa y'ubwiza muri 2022, byari birimo abari bashinzwe gutegura irushanwa n'abayobozi baryo, byangije isura ya Miss Rwanda, umwanzuro rero kuba amarushanwa yakongera kubaho, ibyo byose bizatekerezwaho, harebwe n'isomo byasize.”

Avuga ko umwanzuro ujyanye no gusubukura Miss Rwanda uzatangarizwa Abanyarwanda.

Miss Rwanda ifatwa nka nimero ya mbere mu bikorwa by’imyidagaduro byavugwaga cyane mu Rwanda, kurusha ibindi byose buri mwaka. Ryatanze akazi kandi rifungura amarembo ya bamwe mu bakobwa barinyuzemo.

Mu 2009 nibwo ryateguwe bwa mbere na Minisiteri y’Umuco na Siporo [Niko yitwaga icyo gihe], ryongera kuba mu 2012, Leta iritegura ifatanyije n’abigenga.

Kuva mu 2014, Rwanda Inspiration Back Up ya Dieudonné Ishimwe [Prince Kid] n’iyo yariteguraga, kugeza ubwo rihagaritswe tariki 9 Gicurasi 2023.


Biteganyijwe ko Miss Rwanda izagaruka mu isura nshya bitandukanye n’uko ryategurwaga






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kayijire inganji Amadia 2 weeks ago
    Narimfite igitekerezo cyuko umwanzuro wose leta yafata muri iyi gahunda ya miss rwanda itafata uwo kuyihagarika Burundu ahubwo yawuvugurura mumitegurire yawo nishyirwa mubikorwa murakoze





Inyarwanda BACKGROUND