RFL
Kigali

Rayon Sports n'umujyi wa Kigali bari gupfa akanyenyeri

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:28/09/2023 8:37
0


Ubwumvikane bukomeje kuba buke ku muntu uzishyuza amafaranga yo kwinjira ku mukino Rayon Sports izakiramo Al-Hilal Benghazi kuri uyu wa Gatandatu.



Kuri uyu wa Gatatu, umujyi wa Kigali wamenyesheje Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ko nta yindi sosiyete ikwiye kwifashishwa mu kugurisha amatike y’umukino wa Rayon Sports na Al-Hilal atari isanzwe iyacuruza ya Urid Technologies.

Ibi bibaye nyuma y'uko Rayon Sports yari yasohoye uburyo abafana ndetse n'anakunzi b'umupira w'amaguru, bazaguramo itike yo kwinjira ku mukino wo kwishyura mu ijonjora rya kabiri muri CAF Confederation Cup, aho Rayon Sports izakira Al-Hilal Benghazi kuri uyu wa Gatandatu saa 18:00 PM.

Rayon Sports, yari yatangaje ko, uburyo bwo kugura itike yo kwinjira kuri uyu mukino, umuntu azajya akanda akanyenyeri 702 urwego, ubundi agakurikiza amabwiriza.

Rayon Sports irashaka kwishyuza amafaranga yose ku mukino bazakira kuri uyu wa Gatandatu, mu gihe umujyi wa kigali uKeka ko Rayon Sports ishobora kuzabapyeta 

Nyuma y'uko umujyi wa Kigali wandikiye FERWAFA, wayimenyesheje ko nta wundi muntu wemerewe gucuruza aya matike, usibye sosiyete ya Urid isanzwe igurisha amatike ukanze akanyenyeri 939 urwego. Ubusanzwe sosiyete ya Urid ifite amasezerano yo kugurisha imikino yateguwe na FERWAFA.

Kuki kuri iyi nshuro Rayon Sports yihitiyemo kugurisha amatike?

Ubusanzwe imikino ikipe yateguye ninayo ishyiraho uburyo bwo kwishyiza abaza kureba iyo mikino. Nk'uko Rayon Sports yabikoze ku mikino irimo n'uwa Vital'O FC, niyo yishyuze iyi mikino ndetse ibera kuri Kigali Pele Stadium igenzurwa n'umujyi wa Kigali.

Ku mikino itegurwa na FERWAFA ikabera kuri Kigali Pele Stadium Umujyi wa Kigali ufata 6.5% by'amafaranga aba yinjiye ku mukino.

Umujyi wa Kigali bivugwa ko utajya unyurwa n'amafaranga uhabwa, iyo Rayon Sports ariyo yishyuje, bikaba ariyo mpamvu bashaka ko sosiyete ifitanye amasezerano na FERWAFA, ariyo yakishyuza ku mukino wo kuri uyu wa Gatandatu.

Rayon Sports nayo, ivuga ko amafaranga ihabwa ku mukino wishyujwe na Urid aba atanga n'amafaranga babona iyo aribo bishyuje ubwabo, ariyo mpamvu nabo bashaka kwishyuza umukino wabo kuko n'ubundi utateguwe na FERWAFA.

Urwandiko umujyi wa Kigali wandikiye FERWAFA





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND