RFL
Kigali

Umujyi wa Kigali wasobanuye ibyo guhagarika ibikorwa by’abakodesha amahema aberamo ibirori

Yanditswe na: Habineza Gabriel
Taliki:21/09/2023 16:27
1


Nyuma y’uko bamwe mu bashoramari bo mu Mujyi wa Kigali bakodesha amahema akorerwamo ibirori birimo ubukwe, bagaragaje ko batunguwe n’Icyemezo cy’ubupbozi bw’Umujyi wa Kigali cyo guhagarika ibyo bikorwa, ubuyobozi bw’uyu mujyi buvuga ko ikigenderewe atari ukurandura aya mahema ahubwo ko ari ukubahiriza igishushanyo mbonera.



Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 21 Nzeri 2023, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yavuze ko  hagamijwe  kureba isuku  no kurwanya urusaku  bityo  ko  hatagamijwe kurandura amahema  cyangwa se  gukuraho  ahakorerwa  ubukwe.

Avuga ko   ikigambiriwe  ari  ukubahiriza  igishushyanyo mbonera  cy’Umujyi wa Kigali  kuko  atari  amahema  gusa   n’izindi nyubako  zirimo Insengero,Ibiro ndetse n’inzu zo guturamo n'zindi  zitandukanye  zirebwa n’iyi gahunda.

Ati’’ Ntabwo umujyi wa Kigali  ugamije gusa amatente  ahubwo ni ukureba ko ibisabwa   byubahirizwa   harimo no kubahiriza  iby’urusaku, isuku, aho imodoka ziparika, umubare w'abantu ’’

Akomeza avuga ko  ikigmijwe ari ukwegera abafite ibi bikorwa  by’amahema yaba ayakira ubukwe , ibirori ndetse n’inama  bagasabwa kugira icyo  bubahiriza hagamije  kutabangamira ababituriye ndetse   n’ibikorwa byabo ubwabo.

Ati’’ Ni uko ubukwe ushobora gukorera  ahantu hose ariko ntubangamire  abaturanyi.

Icyari kigamijwe ni ukugirango  abantu bibutswe kubahiriza igishushyanyo mbonera , iyo ugiye gushyira ihema ahantu runaka  ugomba kubisabira uburenganzira bivuze ko ibyakozwe ku ihema rimwe bigomba no  kubahirizwa  ku yandi yose.

Ni ukureba , ese ufite ibirwanya inkongi , ufite ibishobora kuba byagufasha mu kugabanya urusaku''.

Yemeza ko nta muntu uragaragariza umujyi wa Kigali   ko yaba yarahuye n’igihombo kandi ko niba anahari  bizaganirwaho  harebwe  igikorwa.

 Ku hari ababa  barishyuye  gukorera muri aya mahema , Meya Rubingisa avuga ko  hazarebwa abasohoye ubutumire hakagira  igikorwa.

Meya  Rubingisa yakomeje avuga ko  ntahantu  Umujyi wa Kigali  ufite wavuga ngo iki ni icyanya cy’ubukwe  nk’uko  hari icyanya  cy’inganda ahubwo ni  ukureba ibipimo byubahirizwa  muri ibi bikorwa  ati ‘’Uwubaka arubahiriza iki, ushyizemo urusengero  arubahiriza iki , ibyo ni ibikorwa tuba dufite mu buzima busanzwe ndetse no muri gahunda  dufite y’igishushanyo mbonera ni uko wajya  ugera ku kintu cyose utiriwe utega imodoka yewe no gutaha ubwo bukwe’’

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije Ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, Dr. Merard Mpabwanamaguru yavuze ko  umuntu wese ugiye  gukora ibikorwa byakira abantu bose  ni uko agomba kureba niba koko  ibikoresho  akoresha  bitanga ubuzima ku bari hanze y’inyubako  cyangwa hema  ndetse no ku bari imbere  ari nayo mpamvu  hababo bwa bugenzuzi  buhoraho  harebwa ko byubahirizwa.

Abayobozi batangaje ibi nyuma y'uko bamwe mu  bafite ibikorwa amahema yakira  amakwe mu Mujyi wa Kigali bagaragaje impungenge ko  iki cyemezo gishobora kubashyira mu gihombo  dore ko bamwe banavuga ko hari amafaranga y'abakiriya barangije kwakira  bateganya gukoreramo ibirori mu bihe bitandukanye.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Haragirimana7 months ago
    Abakene ntibyemewe nyine





Inyarwanda BACKGROUND