RFL
Kigali

Kuba nta ntambara ihari ntibivuze ko hari amahoro! - Hon Mukabalisa Donatille abwira urubyiruko

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:21/09/2023 18:41
0


Ku munsi mpuzamahanga w’amahoro, urubyiruko rusaga 500 rwari ruteraniye i Kigali ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko aho rwibukijwe ko amahoro atangirira kuri bo ubwabo ndetse ko badakwiye kuyihererana ahubwo bakwiye no kuyasakaza mu bandi bakirinda icyayahungabanya.



Uyu munsi tariki 21 Nzeri 2023, ni umunsi mpuzamahanga w’amahoro watangiye kwizihizwa ku rwego rw’Isi mu 1991. Mu Rwanda, uyu munsi wizirijwe Kimihurura ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko. 

Uyu mwaka, hibanzwe cyane ku rubyiruko nk’imbaraga z’igihugu hagamijwe kurebera hamwe ingamba urubyiruko rukwiye gufata mu kubungabunga amahoro no kurwanya icyayahungabanya icyo aricyo cyose.

Umushyitsi mukuru muri ibi birori Hon Mukabalisa Donatille yavuze ko abanyarwanda bakwiye kwishimira intambwe igihugu kimaze gutera mu kubaka amahoro arambye ariko ko badakwiye kwirara ahubwo bakwiriye gushaka icyakorwa kugira ngo u Rwanda rukomeze kwiyubaka kurushaho.

Hon Mukabalisa yanakomoje ku muhango wakozwe wo kuhira igiti cy’amahoro cyatewe umwaka ushize ndetse n’ikindi cyatewe kuva uyu munsi w’amahoro watangira kwizihizwa, avuga ko aribyo kwishimira kuba icyo giti cyatangiye kwera imbuto. 

Yibukije urubyiruko ko uyu muhango ari ikimenyetso n’urwibutso ko amahoro agomba kubungabungwa no gusigasirwa ku buryo buhoraho kandi buri wese akabigiramo uruhare.

Kuri uyu munsi, yibukije urubyiruko ko ubumwe n’ubudaheranwa ari inkingi y’iterambere rirambye, ndetse ko ari umwanya wo kongera kuzirikana agaciro k’amahoro ku batuye isi muri rusange n’abanyarwanda by’umwihariko, yongeraho ko ari umwanya buri wese yagakwiye kongera gutekereza ku ruhare rwe mu kubungabunga amahoro.


Urubyiruko rusaga 500 rwaganirijwe ku ruhare rwabo mu kubungabunga amahoro u Rwanda rumaze kugeraho

Yagize ati: ‘‘Ubuyobozi bw’u Rwanda hamwe n’abanyarwanda bose twakoze amahitamo yubakiye ku masomo twakuye mu mateka igihugu cyacu cyanyuzemo. 

Isomo nyamukuru ni uko intandaro yo kubura amahoro ari imiyoborere mibi yimakaje amacakubiri, itotezwa n’ihezwa aribyo byaje kutugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Irindi somo, ni uruhare runini urubyiruko rwagize mu gusenya igihugu kuko rwarakoreshejwe. Ariko na none tukazirikana ko uruhare urubyiruko rufite mu gusana no kubaka igihugu cyacu ari ntagereranwa.’’

Hon Mukabalisa yaganirije uru rubyiruko ku rugamba rwo kubohora igihugu, abibutsa ko iterambere igihugu gifite kiricyesha inkingi y’ubumwe bw’abanyarwanda. Yabibukije kandi ko nubwo bahura n’ibibagoye cyane bagomba gushikama bagahagarara kigabo bakarwanya icyahungabanya igihugu kandi bagakorera hamwe cyane ko bari mu gihugu kibakunda.


Munezero Clarisse, Umunyamabanga Uhoraho muri MINUBUMWE

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Uburere Mbonezagihugu (MINUBUMWE) Munezero Clarisse impamvu umunsi nk’uyu bibanda ku rubyiruko aruko abanyarwanda basobanukiwe agaciro k’amahoro.

 Yavuze ko urubyiruko rukeneye kumenya amateka n’icyo byasabye ngo u Rwanda rugere ku mahoro rufite uyu munsi, hanyuma nabob bone uko bafata ingamba zo kuyasigasira.


Urubyiruko rwibukijwe ko Ubumwe n'Ubudaheranwa ariyo nkingi y'iterambere rirambye

Clarisse yakomeje avuga ko kuva uyu munsi watangira kwizihizwa mu Rwanda, MINUBUMWE yishimira intambwe urubyiruko rumaze gutera kuko rwafashe iya mbere mu gusakaza no kubungabunga amahoro, binyuze muri gahunda bashyizeho zibahuza bagafashanya komorana ibikomere mu rwego rwo kudasigana mu rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa.

Yibukije urubyiruko ko amahoro bakwiye kubanza kuyishakamo kuko no muri bo hari abagifite ibikomere bagomba kubanza gukira. Nyuma, bakabona kuyasakaza mu miryango yabo, mu gihugu no ku isi yose.


Hishimiwe intambwe urubyiruko rukomeje gutera

Uyu munsi ngarukamwaka w’amahoro wizihijwe nyuma y’umunsi umwe gusa inzibutso enye zo mu Rwanda zishyizwe mu murage w’isi, intambwe yishimiwe n’abanyarwanda bose by’umwihariko urubyiruko rwizihije uyu munsi kuko amahanga agiye kurushaho kumenya amateka mabi yaranze u Rwanda maze agafatanya n’abanyarwanda kwirinda ko hari ahandi yaba ku isi.


Urubyiruko rwacyuye umukoro wo gukomeza kubungabunga amahoro birinda icyahungabanya igihugu


Ibi birori byaranzwe no kuhira igiti cy'amahoro cyatewe kuri iyi tariki umwaka ushize



Abitabiriye baganirijwe n'abayobozi bo mu nzego zitandukanye barimo Hon Mukabalisa Donatille






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND