RFL
Kigali

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi zanditswe mu murage w'Isi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:20/09/2023 16:47
0


Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Nzeri 2023 nibwo inzibutso enye za Jeniside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 zirimo Murambi, Nyamata, Gisozi na Bisesero zashyizwe ku rutonde rw’umurage w’isi. Ibi, birashimangira intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kurwanya ihakana rya Jenoside kandi bifite uruhare mu kwigisha ab'iki gihe ndetse n'ab’ibigihe k



Mu nama ya UNESCO yateranye uyu munsi tariki 20 Nzeri 2023 ku nshuro yayo ya 45 i Riyadh muri Saudi Arabia, niho hafatiwemo icyemezo cyo kwinjiza Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi  mu Rwanda mu 1994 ,zirimo urwa Gisozi, Nyamata, Murambi na Bisesero mu murage ndangamateka w’Isi.

Abinyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana yatangaje ko izi arizo nzibutso za mbere muri Afurika yose zinjijwe mu murage w’Isi, ikaba ari intambwe ikomeye itewe mu guhesha icyubahiro Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gushimangira ukuri kwayo.

Minisitiri yakomeje agira ati: ‘‘Kuba inyandiko z’amateka ya Bisesero, Murambi, Gisozi na Nyamata ziyongereye ku rutonde rw’umurage w’Isi byongera uburyo amahanga abona ibintu kandi bikanaha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.’’

Ibi bibaye nyuma y’uko mu mwaka wa 2014, Akanama k'Umuryango w'Abibumbye gashinzwe Umutekano(United Nations Security Council) gakurikije urugero rw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (International Criminal Tribunal for Rwanda), kemeje ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ari ikibazo cy’ubumenyi rusange kitagomba guhakanwa.

Ni mu gihe kandi muri 2018 Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yemeje ko tariki 7 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo gutekereza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.


 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND