RFL
Kigali

U Rwanda utayoboye twararubonye! Umusizi mushya Niyo Queen yatuye inganzo Perezida Kagame-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/09/2023 8:37
1


Kuva mu mpera za ‘weekend’ ishize abantu banyuranye bakoresha imbuga nkoranyambaga batangiye guhererekanya amashusho y’umwana w’umukobwa ukuri muto witwa Irumva Niyo Queen wasohoye igisigo kigaruka kuri Perezida Paul Kagame.



Ni igisigo gifite iminota 3 n’amasegonda 38’. Kigaruka kuri bimwe bikubiye mu buzima bwa Perezida Kagame n’icyizere Abanyarwanda bamufitiye mu rugendo rwo gukomeza kubabera umuyobozi.

Uyu mwana w’umukobwa w’imyaka 18 asobanura Perezida Kagame nk’umuntu urangwa n’ubumwe, imbabazi n’urukundo, akarenzaho ko gahunda ‘ni ugukomeza kumutora’. Avuga ati “Nta kintu utatugejejeho Nyakubahwa […] u Rwanda utayoboye twarabubonye.”

Mu kiganiro na InyaRwanda, Queen Niyo yavuze ko yahimbye iki gisigo nyuma y’uko agize inzozi zamuhuje na Perezida Kagame ahita abona amagambo yo kumuhimbira umuvugo.

Akomeza avuga ko atagowe no kwandika iki gisigo kuko ari ibintu byamujemo. Ati “Rero sinavuga ko byangoye kuko uriya muvugo nawanditse mu gihe kitarenze isaha imwe.”

“Icyongeyeho, navuga ko bitangoye kwandika uriya muvugo kubera ko ibyo Perezida Kagame yadukoreye cyangwa yatugejejeho n’ubu akidukorera bigaragarira buri wese ushaka kubibona, ntabwo byihishe.”

Yavuze ko nta muntu ugira urukundo utakunda Kagame. Yungamo ati “Rero nanjye ndamukunda birenze urugero, niyo mpamvu namuhimbiye biriya mbikuye ku mutima.”

Uyu mwana w’umukobwa yiga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri yisumbuye mu gihugu cya Uganda.

Avuga ko nubwo abarizwa mu muhanga adashobora kwibagirwa kuvuga Ikinyarwanda kuko n’imiryango y’abo ihora ibibatoza ubutitsa.

Ati “Ababyeyi bacu nabo badutoje kuvuga Ikinyarwanda, nubwo twaba turi mu mahanga dukoresha ururimi rw'Ikinyarwanda.”

Niyo Queen agaragaza ko gukora ibisigo n’imivugo atari ibintu bishya kuri we, kuko kuva akiri muto yajyaga ahimbira imivugo ababyeyi be. Akagira inzozi zimuganisha ku kubyuka akandika inyandiko zikubiyemo amagambo y’ubuhanga ariko ntabashe gusobanukirwa neza.

Yavuze ko ubwo yari agejeje imyaka 14 y’amvuko yatangiye kwandika indirimbo zihimbaza Imana, yumva ko azaba umuhanzi ariko inzozi zamwerekeje mu busizi.

Niyo Queen avuga ko mu mwaka wa 2020 ari bwo yisobanukiwe neza, ni nyuma y’uko yandikiranye ku rubuga rwa Whatsapp na nyakwigendera Buravan akamubwira ko ashingiye kubyo abona n’ibyo atari umwanditsi w’indirimbo gusa ahubwo ko ‘nakwandika n’imivugo’.

Avuga ko ibi yaganiriye n’uyu muhanzi aribyo byamuteye imbaraga yumva ko ashoboye atangira kwandika imivugo. Ati “Yampaye imbaraga (Buravan), kandi anyumvisha ko nshoboye nanjye ndatinyuka ntangira kwandika imivugo. Ibi Niwe mbikesha Yvan Buravan, Imana imuhe iruhuko ridashira.”

Uyu mukobwa avuga ko ubusizi abufata nk’impano isaba ubuhanga buhanitse n’ibitekerezo bituje, bigahaba umurongo mbere y’uko ubigaragaza. Kandi avuga ko urugendo rw’ubusizi rwe rufatiye ku musizi uzwi cyane muri iki gihe, Rumaga.

‘Malaika Muntu’ ni cyo gisigo cya mbere yashyize hanze. Kandi agaragaza ko hamwe n’urugendo rw’amasomo mu gihugu cya Uganda, azakomeza gukora ibindi bihangano.

Ati “Nongere nshimire nyakwigendera Yvan Buravan wantinyuye akanabinkundisha, ananyumvisha ko mbishoboye kandi cyane.”

Ashimangira ko intego ye muri uru rugendo ari ugusangiza abantu ibimurimo abinyujije mu bihangano bye.

Yungamo ati “Mu myaka 5 iri imbere ndifuza ko ubusizi buzaba buri ku rwego rushimishije mu Rwanda, dufatanyirije hamwe twese nk'abasizi muri rusange.”

Minisitiri w'Urubyiruko, Dr Abdallah Utumatwishima ari mu banyuzwe n’inganzo y’uyu mukobwa. Mu butumwa bwo kuri Twitter yanditse agira ati “Mumbwirire uyu mwali ko: gahunda yo kugira yahindutse porogaramu.  “None se nyine, iyo usanzwe ufite ijabo, ninde wakwima ijambo?”

Muri iki gisigo, uyu mukobwa yumvikanisha ko ari ihame gutora Perezida Kagame. Hari aho agira ati “…Ku gutora byo ni ihame! Kuko erega u Rwanda utayoboye twararubonye, rero ntidushaka kubona urundi Rwanda utayoboye tukigufite..."

Niyo Queen aravuga ibi mu gihe kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Nzeri 2023, Perezida Kagame yabwiye Ikinyamakuru Jeune Afrique cyo mu Bufaransa ko muri 2024 aziyamamariza kuyobora u Rwanda. Yaganiraga n’umunyamakuru akaba n’umwanditsi mukuru wa Jeune Afrique, Umufaransa François Soudan,

Jeune Afrique isubiramo amagambo ya Perezida Kagame agira ati “…Mumaze kuvuga ko byagaragaye mu maso ya rubanda. Ni ko rero bimeze. Nshimishijwe n'icyizere Abanyarwanda bangaragariza. Nzabakorera buri gihe, igihe cyose nzaba mbishoboye. Yego, rwose ndi umukandida."

 

Niyo Queen, umusizi w’imyaka 18 y’amavuko urangamiwe kumvikanisha ibitekerezo bye


Queen yavuze ko yahimbiye igisigo Perezida Kagame ashingiye ku iterambere amaze kugera ku Abanyarwanda n’u Rwanda


Niyo Queen yavuze ko ashaka gukora ubuhanzi ku buryo u Rwanda ruzamenyakana

KANDA HANO UREBE IGISIGO ‘MALAIKA MUNTU’CYA NIYO QUEEN

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Emmanuel Bizimana 11 months ago
    Ndashima Imana kubw’unuvugo w’umwana wacu Queen Niyo yashyize hanze muri weekend ishyize n’aho ugeze usakazwa ndetse bigaragara ko wakunzwe na benshi. Reka bawukunde kuko ibyo avuga bigaragarira buri wese nuko twese tutabasha kubivuga cg ngo tubone aho kubivugira. Ndashimira na Inyarwanda.com kumufasha kugeza kuri benshi iki gihangano cye. Ibyiza bindi bir’imbere, tuzakomeze tumushyigikire. Murakoze





Inyarwanda BACKGROUND