RFL
Kigali

Amafoto y'abakobwa 5 bafite amahirwe yo kugera kuri 'final' ya Rwanda Global Top Model

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:20/09/2023 17:20
0


Abakobwa batanu batangiye kugaragaza inyota yo kuvamo umwe uzagira amahirwe yo kugera mu cyiciro cya nyuma cy'irushanwa Rwanda Global Top Model riri kuba ku nshuro ya kabiri.



Amategeko y'iri rushanwa agena ko umukobwa uzageza ku wa Gatandatu tariki 23 Nzeri 2023 ari ku mwanya wa Mbere azahita abona amahirwe yo kugera mu cyiciro cya nyuma bidasabye ko ahatana n'abandi.

Ku wa Gatandatu nibwo iri rushanwa rizasozwa. Hazamenyekana abakobwa batatu batsinze bazafashwa guserukira u Rwanda mu bikorwa bitandukanye by'imideli.

Kugeza ubu Mushimiyimana Anita ufite Nimero 31 niwe ukomeje kuyobora abakobwa bagenzi be bahatanye mu matora yo kuri internet ari kubera kuri Noneho Events.

Uyu mukobwa amaze igihe ariwe uri ku mwanya wa Mbere aho agejeje amajwi 1,743, ni mu gihe akurikiwe na Alliance Muziranenge uri ku mwanya wa kabiri n'amajwi 1,674. 

Camila Uwiza ufite Nimero 2 ari ku mwanya wa Gatatu n'amajwi 872, Bella Bernice Izere ufite Nimero 8 ari ku mwanya wa kane n'amajwi 777 n'aho Angel Kabatesi Rosine [Nimero 13] ari ku mwanya wa Gatatu n'amajwi 708.

Abakobwa 20 nibo bahatanye mu matora yo kuri internet. Ndekwe Paulette uhagarariye Embrace Africa aherutse kubwria InyaRwanda ko 44 batoranyijwe hashingiye ku bintu bitandukanye.

Ati “Dushingira cyane ku kureba umukobwa wujuje iby’amarushanwa Mpuzamahanga y’imideli dukorana n’ayo (ibyo) adusaba, hanyuma tugahitamo ababikwiriye kurusha abandi.”

Akomeza ati “Ariko bitavuze ko atabashije gukomeza batabikwiye, ahubwo ni uko batahiriwe. Turabifuriza kuzageragera kuyindi nshuro.”

Ndekwe Paulette ashima Leta "idufasha mu gushyigikira impano z’urubyiruko" kuko bibafasha muri byinshi, aho guta umwanya mu biyobyabwenge n’ibindi byabangiriza ejo hazaza.

Abakobwa 44 batsinzemo biganjemo amasura mashya uretse Gretta Iwacu wagarutsemo nyuma yo gutahana muri iri rushanwa ku nshuro ya mbere.

KANDA HANO UBASHE GUTORA UMUKOBWA USHYIGIKIYE


Anita Mushimyimana [Nimero 31] ari ku mwanya wa Mbere n'amajwi 1,743

Alliance Muziranenge [Nimero 10] ari ku mwanya wa Kabiri n'amajwi 1,674
 

Camila Uwineza [Nimero 2] ari ku mwanya wa Gatatu n'amajwi 872


Bella Bernice Izere [Nimero 8] ari ku mwanya wa Kane n'amajwi 777


Angel Kabatesi Rosine [Nimero 13] ari ku mwanya wa Gatanu n'amajwi 708






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND