RFL
Kigali

Abenshi ni abanyamakuru! Aba-MC 8 bakunzwe cyane mu Rwanda

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:19/09/2023 8:26
1


Nk’uko bisanzwe, buri birori byose bigira umuyobozi ubiyoboye benshi bamenyereye ku izina rya MC (Master of Ceremony) cyangwa se umushyushyarugamba. No mu Rwanda rero abo bashyushyarugamba barahari kandi bumva neza ibyo bakora.



Mu bashyushyarugamba benshi b’abahanga bo mu Rwanda, harimo abakunzwe kurusha abandi bitewe n’impamvu zitandukanye zirimo ubuhanga n’ubunararibonye bwabo mu gushyushya ibirori, tekiniki zabo mu gususurutsa abantu no kubafasha kuryoherwa n’ibindi.

Muri bo twagutoranirijemo 8 bakunzwe kurusha abandi mu Rwanda ari bo:

1.     Lion Imanzi


Niba usanzwe witabira ibirori bitandukanye bibera mu mujyi wa Kigali ni ukuvuga ko uzi neza MC Lion Imanzi, ubimazemo imyaka isaga 20. Ubuhanga bwe mu gushyira ku murongo ibitaramo n’ibindi birori bitandukanye ndetse n’ijwi rye rinogera amatwi ya benshi byamugize ubukombe muri uyu mwuga ndetse binamuhesha amahirwe yo gukorera amatangazo yamamaza Kompanyi zikomeye zo mu Rwanda.

Lion Imanzi yabaye MC bwa mbere mu itangizwa ry’irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda mu 2013, aba MC mu itangizwa rya Primus Guma Guma Super Star ryashyizweho akadomo mu 2018 ndetse n’ibindi birori bikomeye.

2.     Anita Pendo


Anita Pendo, uzwiho kugaragaza imbaraga zidasanzwe haba mu birori yabereye umushyushyarugamba no mu kazi gasanzwe akora k’itangazamakuru, ni MC ukunze gususurutsa ibitaramo byinshi mu Rwanda.

Ibi byanatumye atangira kugirirwa icyizere n’abategura ibirori bikomeye haba abo mu Rwanda no hanze yarwo. Anita Pendo yiyemereye ko umwuga wo kuba MC ariwe akunda kuruta iyindi isanzwe harimo n’uwo kuba umunyamakuru wa Radio na televiziyo.

3.     MC Tino


MC Tino, ni umuntu uzwiho gufatanya imirimo itandukanye kandi yose akayikora neza haba ubunyamakuru, gukora umuziki no kuba umushushyarugamba mu birori bitandukanye.

Nubwo yakuze akunda umuziki cyane ariko urwenya rwe, uburyo azi gusetsa, kuririmba no kubyina byatumye aba umwe mu bashyushyarugamba beza u Rwanda rufite uyu munsi. 

Benshi bavuga ko muri uyu mwuga, MC Tino na Anita Pendo bafite akarushyo  kubera uburyo bahuza uwitabiriye ikirori barimo ntabe yatekereza gutaha.

4.     Lucky Nzeyimana


Uyu, asanzwe ari umunyamakuru umenyerewe mu biganiro by’imyidagaduro kuri Televiziyo Rwanda. Ariko kandi Lucky nawe ni umushushyarugamba ugaragara ku rutonde rw’abakunzwe kurusha abandi muri uwo mwuga. Yakunze kugaragara mu birori bitandukanye birimo ibya Miss Rwanda, Kwita Izina ingagi n’ibindi byinshi.

5.     Sandrine Isheja Butera


Yanyuze ku bitangazamakuru bitandukanye, ni umuhanga cyane mu kuyobora ibirori bikomeye, uwo nta wundi ni Sandrine Isheja umwe mu banyamakuru n’abashyushyarugamba bakunzwe cyane mu Rwanda. 

Ku bw’ijwi rye ritangaje, Sandrine yahindutse ikimenyabose aho yagiye yamamariza ibigo bikomeye mu Rwanda ari nako abategura ibirori bagenda bamutera imboni bagaheraho banamuha akazi ko gususurutsa abitabiriye ibirori byabo ibyo yatangiye acyiga i Butare muri Kaminuza y’u Rwanda.

6.     David Bayingana


David Bayingana, ubusanzwe amenyerewe mu gisata cy’imikino mu Rwanda cyane ko ari n’umwe mu banyamakuru ba siporo babisobanukiwe cyane. Kubera ubunararibonye bwe muri siporo, yagiye ayobora ibirori bitandukanye bifite aho bihuriye na siporo birimo Tour du Rwanda, African Volleyball Championships, n’ibindi.

7.     Martina Abera Kabagambe


Uyu mukobwa ufite ubwiza ndetse n’ijwi bikurura abatari bake nawe ari mu ba MC bato kandi b’abahanga cyane u Rwanda rwibitseho. Martina Abera usanzwe ari umunyamakuru wa Televiziyo Rwanda mu makuru y’Icyongereza no mu biganiro bitandukanye kuri Televiziyo Rwanda ishami ryayo rya kabiri [KC2] ni umwe mu bashyushyarugamba bagaragaye cyane mu irushanwa rya Miss Rwanda.

8.     Arthur Nkusi


Arthur Nkusi wamenyekanye cyane ubwo yakoraga kuri Kiss Fm, nawe ni umwe mu bantu bafite impano zitandukanye ariko muri zo akaba yishimira cyane umwuga wo kuba MC. 

Athur unamenyerewe mu gutegura ibiganiro by’urwenya mu Rwanda, ndetse ufatwa nk’icyitegererezo kuri benshi yishimira urwego agezeho uyu munsi, aho yavuye mu kwamamaza ibintu bito akagera ku kuba MC w’ibitaramo bikomeye n’ibindi birori.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • eric1 year ago
    nese ngo lion manzi yatangiye 2013???????????????????????????????????????????????????????????????????????????????





Inyarwanda BACKGROUND