RFL
Kigali

Diamond yahigitse Meddy muri Afrimma

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/09/2023 15:51
0


Umunyamuziki Diamond Platnumz wo mu gihugu cya Tanzania, yegukanye igihembo cy'Umuhanzi w'Umugabo Mwiza muri Afurika y'Iburasirazuba (Best Male East Africa) ahigitse abarimo Meddy ukorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.



Ni mu bihembo Afrimma byatanzwe kuri iki Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023 mu muhango wabereye mu nyubako y’imyidagaduro ya Meyerson Symphony Center muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Byatanzwe hizihizwa imyaka 10 yabyo, hashimwa umusanzu byagize mu guteza imbere no gushyigikira abahanzi bo muri Afurika, yaba ababarizwa kuri uyu mugabane ndetse n’abandi bakorera umuziki ku migabane y’indi ariko bakomoka muri Afurika.

Komite itegura ibi bihembo ivuga ko ‘iyi sabukuru y’imyaka 10 bizihije ari ‘ikimenyetso cy’uruhare rw’ibihembo rwa Afrimma mu muziki’.

Basobanura ko iyi myaka yabaye urugendo rwiza rwo guteza imbere umuziki n’abahanzi muri rusange, yaba abakizamuka, abamaze igihe, guhuriza hamwe abakunzi b’umuziki bo mu bihugu bitandukanye byo ku Isi n’abandi.

Mu kwizihiza iyi sabukuru, harebwe ku bihe by’ingenzi byaranze itangwa ry’ibi bihembo, kandi harebwa icyakomeza gukorwa mu guteza imbere abahanzi bo muri Afurika.

Biteganyijwe ko kwizihiza iyi sabukuru bizamara iminsi itatu, kandi bigahuzwa n’ibirori byo kumurika imideli.

Diamond yegukanye igikombe cya ‘Best Male Artist’ ahigitse Meddy [Umuhanzi rukumbi wari uhagarariye u Rwanda], Lij Michael wo muri Ethiopia, Eddy Kenzo wo muri Uganda, Mbosso, Harmonize na Diamond bo muri Tanzania, Single Dee wo muri Sudan y'Epfo, Nyashinski wo muri Kenya ndetse na Bien-Aime wo muri Kenya.

Umukobwa witwa Nadia Mukami wo muri Afurika y’Epfo niwe wegukanye igikombe cy’Umuhanzikazi Mwiza muri Afurika y’Iburasirazuba (Best Female Artiste East Africa).

Nadia uzwi mu ndirimbo nka ‘Maombi’ yahitse abarimo Zuchu ufashwa mu muziki na Diamond binyuze mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Wasafi. Yanditse kuri konti ye ya Instagram abwira abafana be n’abakunzi b’umuziki ko yabashije kwegukana igikombe.

Davido uheruka i Kigali yegukanye igikombe cya Album y'umwaka 'Afrimma Album of the year' yahigitse album ‘Fountain Baby’ ya Ammarae, ‘5TH Dimension’ ya Stonebwoy, ‘Ugcobo’ ya Nomfundo Moh, ‘Boy Alone Deluxe’ ya Omah Lay, ‘Work of Art’ ya Asake, ‘London Ko’ ya Fatoumata Diawara na ‘Mass Country’ ya Aka.

Fabregas wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) niwe wegukanye igikombe cya 'Best Male Central Africa', aho yahigitse Adekunle Gold, Bnxn, Asake na Omah Lay bo muri Nigeria, King Promise na Black Sheriff bo muri Ghana, Santrinos Raphel wo muri Togo, Didi B wo muri Cote d'Ivoire na Tonton Pal wo muri Mali.

Umuhanzikazi Ayra Star byari biteganyijwe ko ataramira mu Rwanda muri uyu mwaka niwe wegukanye igikombe cy'Umuhanzikazi Mwiza wo muri Afurika y'Iburengerazuba (Best Female West Africa). Yahigitse Ammarae na Gyakie bo muri Ghana, Tiwa Savage na Tems bo muri Nigeria, Josey wo muri Cote d'ivoire, Manamba Kante wo muri Guinea na Fatoumata Diawara wo muri Mali.

Flavour wo muri Nigeria yegukanye 'Best Live Act', indirimbo 'Who's Your Guy' ya Spyro na Tiwa Savage yegukanye igikombe cya 'Best Collaboration', ni mu gihe Tima yegukanye igikombe cya 'Afrimma Life Time Achievement Award'

Fally Ipupa yegukanye igihembo cya Lifetime Achievement Award; mu ijambo yavuze yakoresheje cyane ururimi rw'Igifaransa, avuga ko 'kenshi simbasha kuvuga neza Icyongereza iyo naniwe'.

Uyu munyamuziki yashimye buri wese 'wanshyingikiye mu rugendo rw'umuziki kugeza n'uyu munsi', ashima kandi abategura ibihembo bya Afrimma, kandi asaba buri wese gushyira imbaraga mu byo akora. Ati "Nk'uko mpora mbivuga ni ugukora."

Yakanguriye kandi abahanzi bagenzi gushyira imbaraga mu byo bakora. Uyu muhanzi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanegukanye igihembo cya 'Best Francophone'. Nyuma yo guhabwa ibi bihembo byombi yataramiye abakunzi be n'abandi bitabiriye itangwa ry'ibi bihembo.

Umunya-Nigeria, Eziokwu uzwi mu ndirimbo nka 'Charass' niwe wegukanye igikombe cy'umuhanzi ukizamuka (Best Newcomer)

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Mike Kalambay yahigitse bagenzi be yegukanye igikombe cya 'Best Gospel', yanataramiye abitabiriye itangwa ry'ibi bihembo. Uyu muhanzi yamamaye cyane mu ndirimbo zirimo 'Adoration'.

Umuraperi Blaqbonez [Emeka The Stallion] niwe wegukanye igikombe cy'umuraperi mwiza (Best Rapper) ahigitse bagenzi be. Uyu munya-Nigeria w'imyaka 27 agezweho muri iki gihe binyuze mu ndirimbo zirimo nka 'Like Ice Spice'.

Itangwa ry'ibi bihembo kandi ryaririmbyemo umuhanzi Spyro ugezweho muri iki gihe binyuze mu ndirimbo 'Who is your Guy' yasubiyemo afatanyije na Tiwa Savage uherutse gutaramira i Kigali. Byaririmbyemo kandi Lisa Yaro uzwi mu ndirimbo zirimo 'Savage'.


Diamond yegukanye igikombe cy’Umuhanzi w’Umugabo Mwiza muri Afurika y’Iburasirazuba ahigitse abarimo Meddy


Meddy yongeye gutaha amara masa muri ibi bihembo ahatanyemo mu bihe bitandukanye


Umunyamuziki Fally Ipupa yegukanye ibikombe bibiri mu byatanzwe muri Afrimma 


Nadia Mukami yegukanye igikombe cya 'Best Female Artist East Africa'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND