RFL
Kigali

Hugh Jackman yajugunye impeta ya Deborra- Lee Furness bamaranye imyaka 27

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:18/09/2023 11:07
0


Umukinnyi wa filime ukomoka muri Australia, Hugh Jackman nyuma yo gutangaza ko yifuza gutandukana n’umugore we Deborra-Lee Furness bari bamaranye imyaka 27,yagaragaye atembera ku igare nta mpeta yambaye birangaza abaturage.



Nyuma y'uko Jackman atangaje gatanya n’umugore we,yagaragaye mu mujyi atwaye igare,atembera nta mpeta yambaye kuva yashyingiranwa na Deborra.

Iki ni kimwe mu bimenyetso bigaragara ko icyemezo cyo gutandukana na Deborra cyamaze kwemerwa n’umutima nama we,kuko bitangazwa ko nta gihe na kimwe yigeze agaragara atambaye impeta.


Abaturage batuye hafi ye batangarije Pagesix ko aribwo bamubonye atambaye impeta

Ikinyamakuru Pagesix  cyatangaje ko uyu mukinnyi wa filime, Hugh Jackman yagaragaye atwaye igare anyura mu mujyi yambaye umupira (T-shirt) y’umukara,ipantaro yijimye,urutoki rwe rw’ibumoso rwambaye ubusa nta mpeta.

Mu minsi mike ishize ,Jackman w'imyaka 54 na Furness w'imyaka  67 batse gatanya.

Ubwo batangazaga gutandukana kwabo bagize bati “ Twahawe imigisha yo gusangira akabisi n’agahiye hafi imyaka mirongo itatu  nk’umugabo n’umugore mu rukundo ruhebuje,gusa urugendo rwacu  rurangiriye aha, kandi twahisemo gutandukana ku bushake bwacu,kugirango dukurikirane iterambere ryacu n’abana bacu”.

Mu myaka bamaranye babyaranye abana babiri umuhungu witwa Oscar w’imyaka 23  n'umukobwa Ava w'imyaka 18, ndetse batangaza ko ntakizahungabanya abana babyaranye.

Aba bakinnyi ba filime  Hugh Jackman na Deborra-Lee bahuriye muri uyu mwuga mu 1995 nyuma y’umwaka barashyingiranwa,babana mu rukundo rudasanzwe nk’umugore n’umugabo nubwo umubano wabo utagikomeje.

Hugh Jackman ni umwe mu bakinnyi bakomeye bakomoka muri Australia ndetse ategerejwe muri filime zirimo “Dead Pool” ndetse n’iyitwa “The Mateur”.

Deborra-Lee ni umukinnyi wa filime  nawe ukomoka muri Australia wakunzwe muri filime nyinshi zirimo Voyager,Shame,Force of Nature,Blessed n’izindi nyinshi.


Batangaje ko bagiranye ibihe byiza bitazibagirana mu mateka yabo nubwo bahurije ku mwanzuro wo gutandukana 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND