RFL
Kigali

Abanyamideli 111 batangiye guhatana mu matora muri SupraModel Rwanda

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/09/2023 10:05
0


SupraModel Rwanda, irushanwa rigamije kuzamura impano z'abamurika imideli ryagarutse aho bageze mu cyiciro cy'amatora ari kubera ku rubuga rwa Internet rwa Noneho Events.



Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Nzeri 2023, nibwo amatora yo kuri internet yatangijwe mu rwego rwo kuzayifashisha hatorwanya abakobwa bazahiga abandi.

Muri iri rushanwa hiyandikisheje abasanga 200 haza gutoranywa 111 bujuje ibisabwa.

Ni mubare wikubye 3 ugereranije n'umwaka ushize wa 2022 ubwo irushanwa ryatangira bigaragaza icyizere abitabira iri rushanwa bakomeza kurigirira.

Amatora yatangiye kuri uyu wa Gatatu akazasozwa tariki ya 06 Ukwakira 2023, Ni mu gihe umuhango wo gutanga ibihembo uzaba tariki ya 07 Ukwakira 2023 muri Century Park Hotel and Residences Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.

Mu cyiciro cyo gutora 5 ba mbere bazabona ticket ibageza kuri ‘final’ n’aho uwa mbere mu matora azatahana igihembo cya ‘People's Choice Award’.

Igihembo nyamukuru gitangwa muri iri rushanwa ni Miliyoni 1 Frw, ndetse no guhagararira u Rwanda mu marushanwa akomeye mpuzamahanga.

Uyu mwaka abanyamideli 2 ba mbere bazahagararira u Rwanda mu marushanwa akomeye ku rwego rwa Afurika n'Isi. Ikindi ni uko hazahembwa umunyamideli uberwa no kwamamaza.

Umuyobozi wa SupraFamily, Nsengiyumva Alphonse yabwiye InyaRwanda ko abanyamideli bahatanye muri iri rushanwa bakwiye gushyira imbaraga mu byo bakora kugirango bazabashe guhatana ku rwego Mpuzamahanga mu marushanwa anyuranye.

Ati “Abanyamideli bahatanye turabasaba gukomeza gushyiraho umwete no gukunda ibyo bakora ku buryo mu minsi iza u Rwanda rwaba isoko rya mbere ry'abamurika imideli ku Isi yose.”

Nyuma y'amasaha make amatora atangiye, Umumarangu Kelly Divine ufite Nimero 90 niwe   uyoboye abandi mu matora aho afite amajwi 754, Kaze Mignone Shania [Nimero 41] afite amajwi 523, Mukeshimana Jolie [Nimero 59] ari ku mwanya wa Gatatu n'amajwi 504, Uwikunda Cynthia ari ku mwanya wa kane n'amajwi 336, n'aho Ingabire M. Joella ari ku mwanya wa Gatanu n'amajwi 201.

KANDA HANO UBASHE GUTORA ABANYAMIDELI 111 BAHATANYE MU MATORA
Umurarungu Kelly Divine [Nimero 90] ayoboye abandi mu matora yo kuri internet 

Kaze Mignonne Shania [Nimero 41] ari ku mwanya wa kabiri mu majwi


Mukeshimana Jolie [Nimero 59] ari ku mwanya wa Gatatu mu matora

Uwikunda Cynthia [Nimero 103] ari ku mwanya wa kane mu matora

 

Ingabire M.Joella [Nimero 20] ari ku mwanya wa Gatanu mu matora 

Umutoni Shamim [Nimero 93] ari ku mwanya wa Gatandatu 

Mahoro Marie Ange [Nimero 46] ari ku mwanya wa Karindwi 

Umuhire Leslie [Nimero 88] ari ku mwanya wa Munani 




Umwaka ishize abanyamideli banyuranye bamuritse imyambaro yahanzwe n'inzu z'imideli









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND