RFL
Kigali

Mitima Isaac umwana uvuka iwabo w’Urukuta rw’Ibitangaza ari mu kwezi kwa buki

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:13/09/2023 16:38
0


Mitima Isaac umwaka uvuka i Gahini ku butaka bw'amateka mu karere ka Kayonza, ari mu cyumweru cy'amateka nyuma yo gukinira Amavubi bwa mbere akanasohokera i gihugu bwa mbere.



Mitima Isaac myugariro wa Rayon Sports, ni umwe mu bakinnyi bahiriwe n'umwaka wa 2023 aho tugereye aha, ariko bikaba umwihariko muri Nzeri uyu mwaka. 

Urukuta rw’Ibitangaza, rwagaragaye muri 2004, ubwo urukuta rw’inyubako ya Diyosezi Angilikani ya Gahini mu Karere ka Kayonza, rwiyasaga nta kirusagariye, byahuriranye n’uko mu Itorero rya Gahini harimo ibibazo by’amacakubiri.

Ni igitangaza gikomeye cyatangaje abatari bacye, na n’ubu. Ibyo bitangaza ni byo byashibutseho igiterane ngarukamwaka gikomeye kiba buri mwaka muri uyu murenge. 

I Gahini hafatwa nko ku gicumbi cy'ububyutse mu Karere ka Afrika y'Uburasirazuba dore ko mu myaka 100 ishize abakristo baho bamanukiwe n'Umwuka Wera ubwo bari barimo gusenga.

Mitima Isaac avuka mu Metero 800 uvuye aho uru rukuta twasadukiye mu Karere ka Kayonza, umurenge wa Gahini, wanacyeka ko ari ho ari gukura uyu mugisha.

Urukuta rw'ibitangaza, rwasadutsemo kabiri, nyuma y'imonota 15 rurongera ruriteranya 

Mitima Isaac ku bw'ibitangaza yahamagawe mu ikipe y'igihugu yagombaga gukina na Senegal mu mukino wa nyuma wo mu itsinda L mu gushaka itike y'igikombe cy'Afurika kizabera muri Cote d'Ivoire umwaka utaha. Mitima yahamagawe nk'umukinnyi w'umugereka, nyuma yaho Manzi Thierry wari wahamagawe mbere, byari byanze ko yitabira ubutumire.

Ni umwe mu bakinnyi bagize ibihe byiza mu mukino ikipe y'igihugu yahuyemo na Senegal 

Mitima Isaac yitabiriye ubutumire nk'ibisanzwe ndetse ku munsi w'umukino, yisanga ari mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga n'ubwo yaje mu ikipe atizewe. Uyu mukinnyi yakinnye iminota ye myiza ihwanye n'ibyo abantu bagenderaho bavuga ko atari gusigara.

Wari umukino we wa mbere mu myenda y'ikipe y'igihugu Amavubi ndetse utanga icyizere ko ariwe mukinnyi uvuka muri Kayonza uzakinira Amavubi igihe kinini.

Ntabwo byarangiriye kuri ako gahigo, kuko kuri uyu wa Kabiri, Mitima Isaac yari mu bakinnyi 22 buriye indege basohokeye ikipe ya Rayon Sports. 

Kari akandi gahigo ka kabiri ashyizeho mu cyumweru kimwe, kuko bwari ubwa mbere asohokeye ikipe iyo ariyo yose yaba mu ikipe isanzwe cyangwa ikipe y'igihugu.

Mitima uri iburyo uru ni urugendo rwe rwa mbere yagize ubwo yari asohokeye ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya CAF, aha akaba ari kuri uyu wa 2 Rayon Sports yerekeje muri Libya 

Mitima Isaac yakuze ate?

Mitima Isaac ufite inkomoko muri Kenya, yavukiye mu Karere ka Kayonza, akurira mu murenge wa Gahini, ari na ho yize amashuri abanza. Uyu musore yizeho amashuri yisumbuye mu Karere ka Gatsibo muri Kiziguro S.S, ariko asoreza muri Ecole secondaire de Rukara ari naho yagaragarije impano y'umupira w'amaguru ubwo yakinaga nka nimero 6.

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye, mu 2017 yerekeje mu ikipe ya Pépinière FC yakinaga icyiciro cya kabiri, ayivamo ajya mu Intare FC. Mitima mu Ntare FC yaje kugira ibibazo cy'imvune, bituma atakaza itambara cy'ubukapiteni guhabwa Ishimwe Fiston, icyo gihe Intare FC zikaba rarangije imikino ya shampiyona zidatsinzwe.

Mitima wa 3 uvuye ibumoso, ubwo yari mu ikipe ya Pepinieri FC atangiye gukina kinyamwuga mu cyiciro cya kabiri

Mitima yaje kuva muri iyi kipe ajya muri Police FC, ari bwo yari akinnye icyiciro cya mbere. Ntabwo imikinire ye nk'uko yayishakaga yagenze neza, kuko yaje kongera kuvunika. 

Nyuma yo kwivuza, muri COVID-19 ni bwo yerekeje muri Kenya mu ikipe ya Sofapaka FC. Yayikiniye umwaka umwe umwe neza ariko kubera amikoro, bituma agaruka muri Rayon Sports, ari naho ari gukorera amateka, ku rwego rwo hejuru.

Mitima Isaac w'imyaka 26, yifuza gukina nk'umukinnyi wabigize umwuga mu makipe y'Iburayi, dore ko ari nakimwe mu kimuraje inshinga mu guhe yaba ashoje amasezerano ye muri Rayon Sports.

Mitima ubwo yari kapiteni w'Intare FC mu 2018, basoza shampiyona badatsinzwe 

Mitima Isaac ubwo yari umukinnyi wa Police FC ahanganye na Rayon Sports ari gukoramo amateka






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND