RFL
Kigali

Abafite ubumuga bwo kutabona barasaba guhabwa agaciro mu nsengero

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:12/09/2023 10:40
0


Ihuriro nyarwanda ry’abafite ubumuga bwo kutabona (RUB) ku bufatanye n’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (Sociète Biblique Rwanda) barasaba abantu bose byumwihariko amadini n’amatorero asengerwamo na bamwe mu bafite ubumuga bwo kutabona, kubaha agaciro kangana n’ako baha abandi bakristo.



Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 11 Nzeri 2023, bamwe mu bagize Ihuriro ry’Abafite Ubumuga bwo Kutabona (RUB) bagarutse ku kibazo cyo kuba badahabwa agaciro mu nsengero basengeramo kandi ariho hantu babona bakwitaweho kurusha ahandi hose.

Dr Kanimba Donatille ukuriye iri huriro rya RUB yavuze ko hari abapadiri n’abapasiteri bafite ubumuga bwo kutabona kandi babikora neza bityo ko abona nta mpamvu yo kubaheza mu nshingano zinyuranye zo mu itorero.

Atanga ubuhamya bwe, yavuze ukuntu yagiye gusengera muri Anglican i Masaka avuye i Ndera agasanga bari kuvugurura bubaka escariers bazi ko bari gufasha abafite ubumuga kandi mu by’ukuri bari kubahemukira kubera kutamenya, avuga ko yemeye agatanga amafaranga ye kugira ngo bazisenye bubake mu buryo bubanogeye.

Ati: ‘‘Ubujiji bwo kutamenya uburyo bwo kwita ku bafite ubumuga bwo kutabona ntabwo buri mu baturage gusa buri no mu bayobozi, nubwo twabyita kutamenya. Iyo babimenye bahita babikosora.’’


Dr Kanimba Donatille (uri hagati) yabwije ukuri abantu bashungera abafite ubumuga n'abatabaha agaciro mu nsengero

Dr Kanimba yakomeje yihanangiriza abantu bashungera abantu bafite ubumuga bwo kutabona, bakarebera gusa aho kubaha ubufasha bakeneye. Yavuze ko ari kibazo kikigaragara cyane mu Rwanda, aho umuntu aca ku wundi ufite ubumuga bwo kutabona yabuze uko yambuka akaba atamwambutsa ahubwo agahagarara agashungera ngo arebe niba ashobora kwiyambutsa.

Yavuze ko kandi bikwiye ko mu nsengero zose mu Rwanda habamo abafasha abafite ubumuga bwo kutabona kujya guhazwa no gutura kuko usanga hari aho batabitaho bakabura uko bagera imbere, aho bicaye bagasigara bagira bati: ‘Mana wambonye nari kugenda ariko ntibyanshobokeye.’

Dr Kanimba yavuze ko benshi mu bafite ubumuga bwo kutabona banga guhaguruka ngo bajye gutura kuko baba batinya kujya kure bagaruka bakabura aho bari bicaye. Aho usanga bene uwo warufite umutima wo gutura arahagarara agategereza ko hari uwabona ko yari yateye iyo ntambwe agaheba bose bakamucaho bigendera.

Yasabye ko mu nsengero zose hashyirwaho abashinzwe Protocol bakwita no ku bafite ubumuga bwo kutabona ndetse bakamenya n’abadashoboye kugera ku rusengero bakabafasha kandi bakagena igihe bakabasura kuko nabyo baba babikeneye cyane.


Mushimana Jean Marie Vianey (uri iburyo) yasabye abayobozi b'amatorero guha inshingano abafite ubumuga kuko nabo bashoboye nk'abandi

Mukeshimana Jean Marie Vianey uyobora ikigo gifasha abatabona gusubira mu buzima busanzwe gikorera i Masaka, yavuze ko bidakwiye kuba hari abantu bajya gusenga bagasiga abafite ubumuga bwo kutabona mu rugo, anashimangira ko n’amatorero akwiye guhindura imyumvire y’uko abafite ubwo bumuga ntacyo bashoboye ahubwo nabo bakabaha inshingano mu nsengero, bakaririmba ndetse bagahabwa b’inshingano muri Makorali .

Yasabye amatorero gutega amatwi abafite ubumuga bwo kutabona ubundi bakabereka ibyo bashoboye kandi ntibabaheze.

Iri huriro ry’abafite ubumuga bwo kutabona ryashinzwe mu 1994 nyuma y’uko bigaragaye ko abantu bafite ubu bumuga bibera mu ngo nta kintu na kimwe bazi gukora, rishingwa kugira ngo bigishwe iby’ibanze bashobora kwikorera bityo nabo bagire agaciro muri sosiyete nyarwanda.

Reba amwe mu mafoto yaranze itangizwa ry'ubu bukangurambaga


  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND