Chorale BUUIA bagiye kumurika umusaruro wa Album bakoze mu myaka ibiri ishize

Iyobokamana - 05/09/2023 4:33 PM
Share:

Umwanditsi:

Chorale BUUIA bagiye kumurika umusaruro wa Album bakoze mu myaka ibiri ishize

Chorale BUUIA [Bikira Mariya Umubyeyi Umara Intimba Abayifite], yo muri Kiliziya Gatolika yatangaje ko igiye gukora igitaramo cyihariye cyo kumurika album yabo nshya bise “Nzashimira Imana."

Ni album iriho indirimbo zirimo ubutumwa bwo kwiringira Imana, kwemera kuyoborwa na Roho Mutagatifu abantu bakaruhuka imitwaro ibashengura, bakishimira ubuzima Roho w’Imana yabahaye akababumbira hamwe.

Bityo bakamugirira icyizere, bakagendana na Nyagasani mu byo bakora byose. Hejuru y’ibyo, bakishimira ineza abagirira n’uko abibutsa abantu no kwikinga mu gishura cy’umubyeyi ‘Bikira Mariya’ ngo ababere ingabo ibakingira.

Iyi korali ikorera ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo muri Paruwasi yitiriwe Umuryango Mutagatifu [Ste Famille]. Album bagiye kumurika bamaze imyaka ibiri n’amezi bayitegura, kuko batangiye kuyitegura neza kuva mu mwaka wa 2021.

Visi-Perezida wa Chorale BUUIA, Niyonsenga Cassien, yabwiye InyaRwanda ko kuva batangaza iki gitaramo batangiye imyiteguro, aho bayishyira ku ijanisha rya 70% kugeza ubu.

Iki gitaramo bazagikora ku wa 22 Ukwakira 2023 kuri Saint Famille. Ati “Kuko gahunda irateguye buri kintu mu mwanya wacyo. Abaririmbyi bariteguye indirimbo zizakoreshwa inyinshi zakorewe imyitozo."

Uyu muyobozi avuga ko ari igitaramo kidasanzwe kuko buri wese ‘azakibonamo’, yaba umwana, ari umusore n'inkumi ndetse n'ababyeyi.

Akomeza ati “Umuntu wese uzitabira iki gitaramo azishima bidasanzwe kuko azumva amajwi meza ayunguruye, azabyina, azishima yidagadure rwose by'agahebuzo azasingiza Imana."

Muri iki gitaramo abanyeshuri bazishyura ibihumbi 3 Frw. Niyonsenga avuga ko abanyeshuri bahawe umwihariko mu rwego rwo ‘kuborohereza ngo nabo ntibasaguke kuri ibyo byiza kuko tuzi neza ko n'ubushobozi bwabo buba bukeneye kunganirwa.’.

Imyaka ishize bari mu muziki avuga ko bafite ishimwe rikomeye ku Mana, kuko yabanye n’abo mu bikorwa byo kuyikorera binyuze mu ivugabutumwa

Ati “Turashima Imana ko ariho ibyiza byose itugenera byuzurizwa. Muri make turashimira Imana ko yatugiriye icyizere ukadushinga ubutumwa bwayo binyuze muri Chorale BUUIA dukunda kandi twishimira."

Baherukaga gukora igitaramo cy’indirimbo zisingiza Imana n’izirata u Rwanda. mu 2019 cyabanjirijwe n’icyo bakoze mu 2018.

Mu gitaramo cyo mu 2019 baririmbye indirimbo zirimo nka “Yezu kristu Mwami wacu ", “Amategeko yacu ", “Amahoro y’umutima ", ‘Tis so sweet’, “Allellua du Messie " n’izindi.

Muri iki gitaramo kandi hacururijwe 'CD' ziriho indirimbo zatunganyijwe mu mwaka wa 2018. 'CD' imwe yaguraga 5000Frw.

Benshi mu bitabiriye iki gitaramo baharaniraga gufata amafoto n'amashusho bazasangiza abo basize mu ngo akaba n'urwibutso kuri bo.

Chorale Bikiramariya Umubyeyi umara intimba abayifite yatangiye ivugabutumwa ku wa 23 Ukuboza 2001; icyo gihe yari ifite abanyamuryango barenga 60. Ibarizwa mu ikoraniro Bikiramariya Umubyeyi umara intimba abayifite.

Mu gihe cy’imyaka irenga18 bamaze mu iyogezabutumwa bamaze gukora ‘CD’ y’indirimbo 13; zimwe mu ndirimbo zamenyekanye ni nka: “Mariya mubyeyi utumara intimba ", “Ikaze iwacu Bikiramariya ", “Mubyeyi muzirantege " n’izindi. 


Indirimbo ziri kuri album "Nzashimira Imana" ku kwemera no kuyoborwa na Roho Mutagatifu

Visi-Perezida wa Chorale BUUIA, Niyonsenga Cassien, yavuze ko batangira imyiteguro y’iki gitaramo bazakora ku wa 22 Ukwakira 2023 

Chorale BUUIA yatangaje ko igiye kumurika album bamaze imyaka ibiri bategura 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO "NYEMERERA TUGENDANE"

">

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...