RFL
Kigali

Alex Dusabe, James&Daniella, Josh Ishimwe, Dominic Ashimwe bafashije abantu kwegerana n'Imana-AMAFOTO

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:3/09/2023 10:09
0


Igitaramo East Africa Gospel Fesival cyanditse amateka atazibagirana kubera urufaya rw’indirimbo z’abahanzi bakunzwe muri Gospel barimo James na Daniella, Josh Ishimwe, Dominic Ashimwe, ndetse na Alex Dusabe ndetse bakihanisha benshi biganjemo urubyiruko.



Iki gitaramo cyitabiriwe n’inzago z’abantu zitandukanye, yaba iza leta, iz’abikorera, abakozi b’Imana batandukanye ndetse n’abizera bo mu matorero atandukanye.

Kuwa 2 Nzeri 2023 nibwo habaye igiterane cyari gitegerejwe iminsi itari mike, hagamijwe guhimbaza Imana, kwamagana ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, inda ziterwa abana bakiri bato, agahinda gakabije kangiza intekerezo z’urubyiruko n’abakuze bitewe n’ubuzima bananiwe kwakira n'ibindi.

Karinijabo Issa Noël Umunyamakuru wa Isango Star yayoboye iki giterane, asaba buri wese guturiza imbere y’Imana akakira ijambo ryayo kuko ihora yiteguye kumva abana bayo no kubagirira neza.

Umunezero winjiye mu mitima y’abitabiriye,ubwo abahanzi bakunda batangiraga kuririmba.A lex Dusabe umaze imyaka irenga 20 mu muziki,yatangije igiterane aririmba indirimbo zakunzwe cyane zirimo iyitwa Mfite Umukunzi,Ni nde wavuguruza n’izindi.

James na Daniella itsinda ry’abahanzi bakaba n’umuryango ukundwa na benshi,bongereye umunezero wa benshi ubwo baririmbaga indirimbo zabo  arizo “Barihe?, Narakijijwe”,benshi babyinira Imana bahamya ko amahoro y’Imana yabatashyemo ku bwo guhitamo Yesu 'nkuko indirimbo y’iri tsinda ibivuga.

Umuhanzi ukiri muto Josh Ishimwe uririmba injyana gakondo,yaserutse ku rubyiniro n’itsina ribyina neza, maze aririmba zimwe mu ndirimbo zikunzwe n’abamukurikira umunsi ku munsi zirimo Reka ndate Imana Data n’izindi.

Dominic benshi bamenye nka Ashimwe kubera indirimbo ye yakunzwe cyane,yagaragaje ibyishimo nyuma yo kuba muri bamwe bahisemo ngo baririmbe muri iki giterane.

Ubwo yaririmbaga,yahereye ku ndirimbo “Ashimwe” abitabiriye banezezwa no kuririmbana nawe.Umuhanzi Dominic Ashimwe yakiriwe neza,kuko byagaragaraga ko yari akumbuwe n’abatari bake.

Iki giterane cyasize impinduka nyinshi zirimo gutaramira abantu bakanezerwa,umubare munini w’abantu biganjemo urubyiruko bihannye bakakira agakiza,guhuza abantu bavuye mu madini atandukanye bagafatanya kuramya n’ibindi.

Umugabura w’ijambo ry’Imana, Twahirwa Lemond yigishije ijambo ry’Imana rikubiyemo ubuhamya bwe, akora ku mitima ya benshi ariko benshi basobanukirwa n’ibitangaza by’Imana.

Yagize ati “Ndashimira Imana yankijije kuko nanjye nari umwe mu babaswe n’ibiyobyabwenge birimo n’urumogi, nari inzererezi ku muhanda,ariko ukuboko kw’Imana kunkoraho ndakizwa mba umwe mu bayivugira”.

Yasabye abantu bakiri mu byaha,ababuze ibyiringiro,ababaswe n’ingoyi za Satani,gusanga Imana bagahabwa icyerekezo kizima.

Umuyobozi wungirije  w’Umujyi wa Kigali akaba n’umushyitsi mukuru wari utegerejwe mu giterane, Martine Urujeni, yashimye Imana,ndetse ashimira iryo vugabutumwa ryakozwe hagamijwe kwegera Imana no kuvuga kugira neza kwayo,ndetse yitsa no ku ntego idasanzwe yacyo yo kurwanya ibiyobyabwenge mu bantu cyane cyane urubyiruko.

Yagize ati “Iri vugabutumwa ryakozwe rirahindura imico ya benshi harimo na bamwe babaswe n’ibiyobyabwenge nk’urubyiruko”.

Abitabiriye batashye batabishaka,ku bwo kumva bakomeza kwiyumvira indirimbo nziza zanyuze imitima yabo ndetse bagakomeza kubyinira Imana yabo yabahaye umunsi mwiza wo kuyiramya.


Umuyobozi w'igiterane akaba n'umunyamakuru wa Isango Star, Karinijabo Issa yasabye urubyiruko kubahiriza inama bahawe ntizibe amasigaracyicaro


James na Daniella mu ndirimbo yabo "Barihe?" bagaragarijwe urukundo n'abafana babo


Alex Dusabe n'itsinda bafatanya kuririmba  bagaragaje imbaraga ziva mu kwizera Imana binyuze mu ndirimbo nziza baririmbye


Dominic Ashimwe yakoze ku mitima y'abakunzi be ubwo yaririmbaga " ashimwe" indirimbo yatumye amenyekana


Dogiteri Nsabi ukundwa na benshi yitabiriye kandi afatanya n'abandi guhimbaza Imana


Abarimo Aline Gahongayire, Miss Nyambo bizihiwe mu giterane baramya Imana


Josh Ishimwe akaba umuhanzi mu njyana gakondo, afatanije n'itsinda rye, bahamije gukiza kw'Imana


Abantu binubiye gutaha kuko bifuzaga gukomeza gutarama bagakesha ijoro


Impinduka zasizwe n'igiterane harimo kwihana kwa benshi bakakira agakiza,kunezerwa no kwakira ijambo ry'Imana n'ibindi


Igiterane ntikizibagirana mu mitima y'abitabiriye kuko bamenye kugira neza kwayo

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze igitaramo Alex Dusabe yahurijemo abaramyi bakomeye

AMAFOTO: Ngabo Serge-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND