RFL
Kigali

Indirimbo Buravan yahimbiye ababyeyi yashyizwe hanze-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/08/2023 22:17
0


Umuryango ‘YB Foundation’ washyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ituro’ Yvan Buravan yahimbiye ababyeyi be. Muri iyi ndirimbo aririmba avuga ko atabona icyo yitura ababyeyi be kuko barusha agaciro, ifeza n’izahabu zo mu Isi.



Iyi ndirimbo yamuritswe mu muhango wo kwizihiza ubuzima bwa Buravan umaze umwaka umwe yitabye Imana. Wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 17 Kanama 2023 ubera ku ishuri "Twaje Cultural Academy" ryigamo abanyeshuri 20.

Iyi ndirimbo Buravan yakoreye ababyeyi be yatunganyijwe na YB Foundation igaragaramo Ngarambe François Xavier n’umugore we Kagoyire Yvonne Solange n’abandi barimo Se.

Mu gitero cya kabiri, uyu muhanzi aririmba agira ati “Wowe utonesha umutware utwarana ineza. Ugira iyo uva ugenda nka so sogokuru. Imfura y’I Rwanda karuhorane papa. Nseko nziza. Uwukunda niwe Ikunda. Wowe ndwara nkaremba. Nakwishima ukizihirwa mama nakwitura iki?"

Uyu muhango wo kwizihiza ubuzima bwe witabiriwe n'abahanzi barimo Tom Close, Aline Gahongayire, Nel Ngabo, Ruti Joel, Ibihame by'Imana, Michael Makembe, Massamba Intore, Producer Clement, Bukuru Christian, Sharon, Angel&Pamella, Uwitonze Clementine [Tonzi], Ben Kayiranga n'umufasha we, Muheto Divine wabaye Miss Rwanda 2022, Ngarambe Francois n'umugore we n'abandi.

Kwizihiza ubuzima bwe byahuriranye no gutaha ishuri ryigisha abakiri bato umuco. Mutoni Raissa, mushiki wa Buravan wavuze mu izina ry'umuryango yavuze ko iri shuri rigamije "gukuraho icyuho kiri hagati y'abantu bakuru cyane bazi umuco cyane natwe turiho dukura, twifuza kuwumenya kugirango uwo murage dukomeze tuwuhabwe natwe tuzawuhe abandi bazadukurikira.' Ati "Icyo ni nacyo Yvan yifuzaga'.

Mutoni Raissa yavuze ko kuva umuvandimwe we yakwitahira kwa Jambo yakomeje kumutekerezaho, asanga 'ntabwo yari amuzi neza'. Ati "Nari nziko muzi, ariko nasanze ntari muzi neza."

Yavuze ko musaza we yari umuntu warangwaga n'urukundo rwinshi, ku buryo atari yarigeze abibona neza. Avuga ko yarangwaga n'umunezero, ku buryo nk'iyo umuryango wateranye, babona ko yasize icyuho cy'ibyishimo batakibona.  

Mutoni yavuze ko basubije inyuma amaso basanga ntawigeze ahitiramo Buravan icyo azakora. Kuko ubwana bwe bwaranzwe no gukunda umuziki, kugeza ubwo yari afite imyaka 14 yitabiriye irushanwa ry'umuziki ryamuhesheje igihembo cya Miliyoni 1.5 Frw.

Yavuze ko ubuzima bwa Buravan bumuha amasomo menshi. Kuko yisobanukiwe akiri muto. Ngo ubwo yari afite imyaka 14, yababwiye ko azakora umuziki mu buryo bw'umwuga, kandi ababwira ko adashaka kuwukora mu buryo bwo kwishimisha.

Ubwo yari asoje amashuri yisumbuye ku myaka 18, Buravan yagiye mu itorero yiga kubyina, agejeje imyaka 20 atangaza ko yinjiye mu muziki mu buryo bweruye.

Mutoni avuga ko Musaza we Mukuru we ariwe wafashije Buravan gutangira umuziki. Kandi ko ubwo yiteguraga kwinjira mu muziki yakoresheje ibirori byo gutangira urugendo rwe rw'umuziki.

Uyu mubyeyi avuga ko Buravan yari afite intego zo gukora umuziki, ariko kandi akubakira ku gukorana n'abandi kugeza umuziki w’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.

Yavuze ko bitewe n'intego yari afite 'ibintu bye byarihutaga'. Asobanura musaza we nk'umuntu 'wabaniraga neza abandi 'kugeza n'uyu munsi mukaba mukitubanira'.

Raissa anavuga ko ubwo musaza we yahatanaga muri Prix Découvertes RFI 2018, yavugaga ko azayegukana. Ati "Koko nk'uko yabivugaga arayitwara."

Buravan akimara kwegukana kiriya gihembo, nibwo yagize igitekerezo cyo gutangira umuziki ufite umwimerere nyarwanda, bituma yinjira muri gakondo 'kugirango azabone ibyo yereka Isi'. Ati "Urugendo yararutangiye koko, arabikora."

Mutoni avuga ko ubwo musaza we yatangiraga urugendo rwa gakondo, benshi batabyumvaga ariko yarashikamye kugeza agaragaje icyo ashoboye.

Buravan aho yagiye aririmba hose, yakoraga uko ashoboye 'Band' imucurangira igatangiza ‘Rwanda Nziza’ indirimbo yubahiriza u Rwanda.

Igihe cyarageza Buravan atangira kuvanga umuziki wo hambere ndetse n'umuziki ugezweho kugirango ajyanishe n'ibyo urubyiruko rwiyumvamo.

Ibi byatumye atanga umushinga wahembwe na Imbuto Foundation, kubera uruhare wari ufite mu guteza imbere umuco.

Mutoni Raissa yavuze ko Buravan yagize igitekerezo cyo gushinga ishuri ryigisha umuco 'kubera uburyo yabonaga ko abakiri bato batari kuvuga cyane ikinyarwanda'.


Mike Kayihura yaririmbye indirimbo 'Zuba', avuga ko Buravan yayikundaga cyane

Itorero Ibihame by'Imana, Yvan Buravan yaryigiyemo guhamiriza ryamutaramiye biratinda

Umuhanzi Ben Kayiranga ari kumwe na Mutoni Raissa, mushiki wa Buravan

Umuhanzikazi Bukuru Christian yaririmbye muri uyu muhango-Avuga ko hari byinshi yigira kuri Buravan

Abarimo Angel na Pamella bitabiriye kwibuka Buravan umaze umwaka umwe yitabye Imana

Umuhanzi Tizzo wo mu itsinda rya Active ari mu bitabiriye uyu muhango wabereye ku ishuri ryitiriwe Buravan

Umunyamakuru wa Kiss Fm, Sandrine Butera Isheja ari kumwe n'umugabo we Peter Kagame

Massamba Intore wizihiza imyaka 40 ari mu muziki yitabiriye uyu muhango wo kwibuka Buravan, umuhanzi yigishije igihe kinini

Massamba ari kumwe na Peter Kagame, umugabo wa Sandrine Isheja

Mutoni Raissa yashimye imiryango, inshuti n'abandi bababaye hafi cyane muri iki gihe

Umubyeyi wa Buravan [Uwa kabiri uvuye ibumoso] agaragara mu ndirimbo umuhungu we yamukoreye

Mutoni Raissa ari kumwe na Ngarambe n'umugore we Solange bagaragara mu ndirimbo 'Ituro'






Uwimana Basile wari umusangiza w'amagambo muri uyu muhango wo kwibuka Buravan


Producer Ishimwe Clement ari kumwe na Nel Ngabo bitegereza bimwe mu bikorerwa mu ishuri ryitiriwe Buravan


Umuhanzi Ruti Joel yaririmbye muri uyu muhango nyinshi mu ndirimbo za Buravan, babanye igihe kinini


KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'ITURO' BURAVAN YAHIMBIYE ABABYEYI BE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND