RFL
Kigali

Munyaneza Fabrice yakubiye ishimwe rye mu ndirimbo “Imirimo y’Imana”

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:17/08/2023 13:49
0


Umuramyi Munyaneza Fabrice ubarizwa mu itsinda rya Asaph Music, yashyize hanze indirimbo yise “Imirimo y’Imana” ikubiyemo ishimwe rye, yatewe no kugirirwa neza kw’Imana ikamukiza uburwayi n’ibindi byinshi.



Munyaneza Fabrice ubarizwa mu Itorero rya Zion Temple, akaba umwe mu baririmbyi ba Asaph Music, yagarutse ku gukomera kw’Imana no ku rukundo rwayo ikunda abantu, ikabakingira byinshi byabahitana.

Umuhanzi Munyaneza yatangaje ko iyi ndirimbo ashyize ahagaragara, iri kuri Album ye iri gutegurwa yitwa “Ni muzima”, ndetse ikaba ibaye indirimbo ya 3 ashyize hanze kuva yagirirwa umugisha wo kuririmba ku giti cye.

Ubwo yagarukaga ku nkuru y’indirimbo ye, yavuze ko yibutse ubushobozi bw’Imana bwagaragaye ubwo yari arwaye, arembye, ariko Imana ikamukiza akagarurirwa ubuzima, yumva akwiye gushima no kuririmba izo mbaraga zamuzahuye.

Yagize ati “Nari nicaye, nibuka ukuntu nigeze kurwara cyane nkaremba ariko nkaza kubona ukuboko kw'Imana, insubiza ubuzima, ndongera mba muzima”.

Yakomeje agira ati “Cya gihe abaganga bananiwe, abakomeye babuze imbaraga, wabaye Imana yitamurura, undemera amashimwe ndaririmba”

Uyu musore w’umuhanzi yagize icyo atangariza abantu bose bari mu buzima bwo kwiheba n'icyo basabwa, kandi abarangira intsinzi yihuse mu kubaruhura, bagahindurirwa amateka.

Yagize ati “Abantu bari mu buzima bugoye, barwaye, batawe, ndetse bumva bari bonyine, ndababwira ko hari Imana ibasha gukora ibikomeye kandi ibasha kubahindurira amateka, muyizere”.

Yakomeje avuga ko abameze batyo, bazitiwe n'ubuzima bugoye, batakoze icyaha kurusha abandi, cyangwa ngo babe bangwa n'Imana, ahubwo atangaza ko ibyo byose biba kugira ngo imirimo y'Imana yerekanirwe muri bo.

Umuhanzi Munyaneza Fabrice yakiriye agakiza muri 2009 ubwo yari mu mashuri yisumbuye, muri 2010 yijira muri korari yo kwishuri yitwa Umucyo,.

Nyuma yo gusoza amashuri ye, yinjiye muri Asaph Music ishami rya Rusizi, ariko nyuma aza kwimukira muri Kigali atangira kuririmba muri Asaph ya Zion Temple Kimironko akaba ari naho yarerewe mu buryo bw’Umwuka.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Munyaneza Fabrice yatangaje ko yagiriwe umugisha wo kuririmba indirimbo ze, ndetse avuga ko gukorera Imana bitamutera isoni kuko yayibonye kenshi binyuze mu mirimo yayo n’ibitangaza ikora.

Ashimira byimazeyo abakunzi b’ibihangano bye, bakomeza kumutiza amaboko bakamuzamura, kugira ngo umurimo w’Imana waguke binyuze mu bihangano by’Umwuka.


Yibutse uko yakijijwe indwara yari ikomeye maze yatura ishimwe rye ku Mana


Umuhanzi Munyaneza Fabrice yavuze ko imirimo y'Imana isumba iy'abantu

REBA INDIRIMBO NSHYA "IMIRIMO Y'IMANA" YA MUNYANEZA FABRICE







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND