RFL
Kigali

Bushali, Sintex n’abahanzi bo muri Uganda bategerejwe mu iserukiramuco rizaherekeza Kwita Izina

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:16/08/2023 12:16
0


Umuraperi Bushali, Sintex, Papa Cyangwe ndetse n’abahanzi babiri bo mu gihugu cya Uganda bahurijwe mu iserukiramuco “Ikirenga Cultural Tourism Festival” rizabera mu Mujyi wa Musanze rizaherekeza umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi.



Ni ku nshuro ya kabiri iri serukiramuco rigiye kuba mu murongo wo guteza imbera ubukerarugendo no gufasha abatuye umujyi wa Musanze mu Majyaruguru y'u Rwanda kwizihirwa.

Ryatumiwemo Bushali, Papa Cyangwe, Sintex, Navy Climax na Mr Large bo mu bihugu cya Uganda. Navy ni umuraperi uririmba cyane mu Kinyarwanda akavangamo na zimwe mu ndimi zikoreshwa muri kiriya gihugu, azwi mu ndirimbo zirimo nka ‘Nkaragira’.

Mr Large watumiwe muri iri serukiramuco yavutse yitwa Mugisha Fred. Ni umunya-Uganda kavukire wakuriye mu gace ka Mubende muri Makindye.

Iri serukiramuco kandi ryatumiwemo Selena Rosy, umuhanzi w’indirimbo zubakiye ku muco w’u Rwanda.

Niwe uzaririmba mu birori byo gufungura ku mugaragaro iri serukiramuco, aho azifatanya na Mushabizi Jean Marie Vianney ndetse Ntamukunzi Theogene bazwi mu ndirimbo zo hambere.

Iri serukiramuco rizamara icyumweru riba, kuva ku wa 26 Kanama 2023 kugeza kuya 1 Nzeri 2023 ari nabwo hazaba umuhango wo Kwita Izina.

Rizarangwa n'ibikorwa byo gususurutswa n'abahanzi batandukanye  ndetse n'ibikorwa bitandukanye biranga umuco w'abanyarwanda mu duce dutandukanye tw'umujyi wa Musanze.

Nyuma y'umuhango wo Kwita Izina, bamwe mu bawitabiriye n'abandi bazahurira ahitwa Goico basusurutswe n'abahanzi Sintex, Bushali, Papa Cyangwe, Jaz, Q Boy, Navy Climax na Mr Large.

Iri serukiramuco ritegurwa n’umuryango udaharanira inyungu ukorera mu Rwanda ‘Ikirenga Art and Culture Promotion’ ufite intego yo guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku muco ndetse no gufasha urubyiruko kwihangira imimo by’umwihariko mu bijyanye n’ubuhanzi n’ubugeni.

Rifatwa nk’urubuga rugamije guteza imbere imico itandukanye ndetse no kumenyekanisha u Rwanda bishingiye ku muco warwo.

Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango, Hakizimana Pierre aherutse kubwira InyaRwanda ko bazasoza iri serukiramuco bakira abashyitsi bazitabira igikorwa cyo Kwita Izina abana b'ingagi.

Ati "Ni ukuvuga ngo twe tuzatangira mbere y'uwo munsi. Gusoza kwacu iserukiramuco bizaba bamaze kwita izina abana b'ingagi. Ni ukuvuga ngo bizaba ari ku wa Gatanu."

Kuri iyi nshuro iri serukiramuco rizitabirwa n'Igihugu cya Uganda, aho iki gihugu kizaba ari umushyitsi Mukuru muri iri serukiramuco.

Hakizimana Pierre avuga ko bazakorana na Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, (Rtd) Maj Gen Robert Rusoke 'mu rwego rwo kugaragaza imico y'ibihugu byombi'.

Ni ku nshuro ya 19 umuhango wo Kwita Izina abana b’ingagi ugiye kuba. Uzaba ku wa Gatanu tariki 1 Nzeri 2023.

Uzabera mu Karere ka Musanze muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu Kinigi. Uyu muhango uhuzwa n’ibikorwa bya Guverinoma bigamije guhindura imibereho myiza y’abaturage baturiye za Pariki, bagerwaho n’inyungu iva mu bukerarugendo.

RDB ivuga ko hamaze gukoreshwa nibura Miliyari 10 Frw mu mishinga irenga 1000 yegereye Pariki zitandukanye zirimo nka Gishwati-Mukura, Nyungwe, Ibirunga na Pariki ya Akagera.

Uyu muhango kandi uhuza abayobozi mu nzego zinyuranye, ibyamamare mu ngeri zinyuranye yaba mu Rwanda no mu mahanga, abaturiye Pariki n’abandi bishimira uruhare rwa buri umwe mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

Abana 23 nibo bazitwa amazina bavutse mu mezi 12 ashize. Kuva mu 2005, abana 374 bamaze guhabwa amazina kuva iki gikorwa cyatangizwa.

Mu minsi iri imbere hazatangazwa amazina y’abazagira uruhare mu kwita izina abana b'ingagi, barimo abazwi ku rwego Mpuzamahanga, inshuti z’u Rwanda n’abandi.

Imibare ya RDB igaragaza ko u Rwanda rwinjije Miliyoni 247$ [Asaga miliyari 290 Frw] mu mezi atandatu ya mbere ya 2023 avuye mu bukerarugendo, bingana n’izamuka rya 56% kuri Miliyoni 158$ yinjijwe n’ubukerarugendo mu mwaka wa 2022. 


Bushali wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Kugasima', 'Kirika' n'izindi ategerejwe mu iserukiramuco rizaherekeza Kwita Izina

Papa Cyangwe uherutse gusohora indirimbo 'Bakalo' ategerejwe i Musanze

Sintex uherutse gusohora indirimbo 'Ye Ye Ye' agiye kongera kuririmba muri iri serukiramuco 

Umuraperi Navy Climax utegerejwe muri iri serukiramuco 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'NDIRIMBO 'YE YE YE' YA SINTEX

">

REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'AKAFANANYI' YA MR LARGE

 ">

REBA HANO AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NKARAGIRA' YA NAVY CLIMAX

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND