RFL
Kigali

Perezida wa Madagascar Andry Rajoelina yakozwe ku mutima n’itsinda ry’i Kigali ryamutaramiye

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/08/2023 9:13
0


Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yatangaje ko yakozwe ku mutima n’itsinda ry’abaririmbyi b’i Kigali ryamususurukije mu ndirimbo zubakiye ku rurimi rwa Malagasy rukoreshwa muri kiriya gihugu, ubwo yari mu rugendo rw’akazi mu Rwanda.



Andry Rajoelina yakoreye urugendo rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, rwatangiye ku Cyumweru tariki 6 Kanama 2023 arusoza ku wa 8 Kanama 2023.

Ni urugendo rwabimburiwe no kwakirwa na mugenzi we Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro bagirana ibiganiro byihariye.

Nyuma ibihugu byombi byasinye amasezerano agamije guteza imbere ishoramari n’imikoranire hagati y’inzego z’abikorera ndetse n’ubucuruzi.

Ku wa 8 Kanama 2023, Perezida Kagame yakiriye ku meza mugenzi we wa Madagascar, Andry Rajoelina, mu muhango wabereye muri Kigali Convention Center.

Muri uyu muhango, Kagame yashimye Andry ku bwo gusura u Rwanda, amwizeza ko ibihugu byombi bizakomeza gukorana mu rugendo rw’iterambere ruhanzwe amaso.

Kuri uyu wa 9 Kanama 2023, Perezida Andry Rajoelina yanditse kuri konti ye ya Twitter avuga ko yakozwe ku mutima n’itsinda ry’abaririmbyi ry’i Kigali ryamususurukije ririmba indirimbo zubakiye ku rurimi rw'abanya-Malagasy.

Yavuze kandi ko yishimiye uburyo Kigali Convention Center yacanye amatara agaragaza amabara y’idarapo ry’igihugu cya Madagascar mu rwego rwo kumwakira.

Tugenekereje mu Kinyarwanda ubutumwa bwe, yagize ati “Ubwo twasangiraga ifunguro ry’abakuru b’Ibihugu ryateguwe na Nyakubahwa Paul Kagame, nashimishijwe na byinshi ariko nakozwe ku mutima cyane n’itsinda ry’abaririmbyi baririmbaga indirimbo z’abanya-Malagasy ndetse n’ubwiza bwa Kigali Convention Center igaragaramo amabara y’ibirango byacu. Tubeho mu bushuti Madagascar n’u Rwanda.”

Benshi mu banyamuziki bo muri Madagascar bakora indirimbo zubakiye cyane ku rurimi rwa Malagasy, kuko ari rwo rurimi rukoreshwa cyane mu gihugu. Amateka agaragaza ko rwatangiye gukoreshwa muri kiriya gihugu kuva mu kinyejana cya gatanu.

Imibare igaragaza ko ruriya rurimi ruvugwa n’abantu Miliyoni 25 bo muri Madagascar no mu birwa bya Comore. Ni ururimi rukoreshwa cyane n’abo mu Burengerazuba no mu Burasirazuba, no mu murwa Mukuru wa Madagascar, Antananarivo.

Muri kiriya gihugu kandi bakoresha cyane ururimi rw’Igifaransa, ni nyuma y’uko rwemejwe mu Itegeko Nshinga mu 2010.

Ikinyamakuru Last Fm kigaragaza ko muri iki gihugu hari abahanzi bakomeye barangajwe imbere n’abarimo Oboy, Rajery, Andriamad, Mahaleo, Eric Manana, Razia, Tarika Sammy, Jaojoby, Bessa, Marghe, Lala Njava, Tiharea, Damily n’abandi.

 

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yakozwe ku mutima n’itsinda ry’abaririmbyi b’i Kigali ryamususurukije  


Perezida Andry Rajoelina yagiriye uruzinduko rw'iminsi itatu mu Rwanda

Perezida Andry Rajoelina avuga ko yishimiye kubona Kigali Convention Center icanye amabara y’igihugu cye

Perezida Kagame yakiriye kandi agirana ibiganiro na mugenzi we wa Madagascar


Perezida Rajoelina yashimye imiyoborere y’u Rwanda yatumye igihugu kirushaho kwihuta mu iterambere

Perezida Rajoelina yavuze ko Madagascar bifuza kwihutisha iterambere ry’inganda 


U Rwanda na Madagascar basinye amasezerano y'ubufatanye mu bucuruzi no mu zindi nzego

Itsinda ry’abasore n’inkumi ry’i Kigali ryasusurukije abakuru b’ibihugu byombi mu ndirimbo zubakiye ku rurimi rwo muri Madagascar 


Kigali Convention Center yacanye amabara ashushanya igihugu cya Madagascar



AMAFOTO: Village Urugwiro- Flicker






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND