RFL
Kigali

Umuramyi Tonzi yagiriye inama 4 zikomeye abifuza kwinjira mu muziki -VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:9/08/2023 15:41
0


Umuhanzikazi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Uwitonze Clementine uzwi ku izina rya Tonzi, ni umwe mu baramyi urubyiruko rucyinjira mu muziki rufata nk’umubyeyi ndetse n’icyitegererezo cyabo nk’umwe mu bantu babimazemo igihe kandi ufite aho yavuye naho ageze muri urwo rugendo.



Umwe mu bahanzikazi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana babimazemo igihe mu Rwanda, Uwitonze Clementine wamenyekanye nka Tonzi, avuga ko  urugendo rwe rutari ruto amaze mu muziki ndetse ko abishimira Imana.

Aganira na InyaRwanda Tonzi yagize ati: ‘‘Kuba hari abahanzi bacyiinjira mu muziki bamfata nk’umubyeyi cyangwa ikitegererezo cyabo ni ishimwe ku Mana, ni ubuntu bwayo kandi biranshimisha.’’


Tonzi ufatatwa nk'icyitegererezo cya benshi mu bakiri bato bifuza kugera kure mu rugendo rw'umuziki, yabagiriye inama zabafasha

Tonzi, nk’umuramyi ukunzwe na benshi kandi ufatwa nk’icyitegererezo yagiriye inama 4 urubyiruko rwifuza ndetse n’urwamaze kwinjira mu muziki.

1.   Kwiyumvamo ibyo gukora

Kwiyumvamo ibyo ukora cyangwa ibyo ushaka gukora, niyo nama ya mbere y’ibanzi Tonzi yagiriye abantu bacyinjira mu muziki. Tonzi ahamya ko iyo ukora ibintu ukunda, no mu gihe haje ibigeragezo ubasha kubitsinda.

Yagize ati'‘Icya mbere ni ukubanza kubyiyumvamo, ukumva ko ufite iyo mpano, warangiza ukisobanukirwa kandi ugashushanya inzozi zawe neza. Ukavuga uti wenda ndashaka kuririmba ku byerekeye iki n’iki,ndashaka kugera aha naha. Ugakora umwuga wawe ariko uwufitiye ishusho yawo wayihaye.''

2.   Kwegera abakubanjirije

Inama ya kabiri Tonzi agira abantu bacyinjira mu muziki bashaka kugera kure, ni ukwegera abababanjirije muri uwo mwuga bakabigiraho.

Ati‘‘Ikindi, ni ukureba abakubanjirije, ukabegera kandi ukabigiraho. Ukareba aho byagenze neza ukabyigiraho, aho bitagenze neza ukagerageza kuzana itandukaniro.’’

3.     Kugira indangagaciro

Tonzi abona indangagaciro zikwiye kuranga ikiremwamuntu ndetse n’umuntu wubaha Imana, ari intwaro ikomeye mu rugendo rwo gukora umuziki.

Yagize ati: ‘‘Ni ngombwa kugira indagagaciro.Indagagaciro zibereye ikiremamuntu kandi zubaha Imana.’’

4.     Kugerageza kubana neza n’abandi

Inama ya nyuma ariko itari akana umuramyi Tonzi agira abacyinjira mu muziki, ni ukugerageza kubana neza n’abandi.

Yakomeje agira ati ‘‘Birakwiye ko witoza kubana neza n’abandi, ugakorana n’abandi kandi ukubaha abandi kuko kuri iyi Si nta muntu wigira.’’


Tonzi avuga ko kuririmbira Imana ari umuhamagaro we

Tonzi, avuga ko kuririmba indirimbo zihimbaza Imana ari umuhamagaro we atari we ku giti ke wabyihitiyemo ariko yishimira ko abigiriramo umugisha.

Ati ‘‘Kuri njyewe kuririmba ni umuhamagaro, ni ibintu nisanzemo,si ibintu nasabye ahubwo byampisemo, rero ndabikora Imana ikampa umugisha. Kuririmbira Imana ni ubuzima bwanjye. Nishimira ko bimbeshejeho ari mu mwuka, ari mu marangamutima, ari mu bifatika, Imana ibimperamo umugisha. Ikindi nishimira ni uko Imana yampayemo umuryango mugari cyane.’’


Tonzi n'umuryango we mbere yo kwibaruka ubuheture

Nyuma yo kwibaruka ubuheture bwe mu mpera z’umwaka ushize, Tonzi yatangaje ko ahugiye mu gutegura neza album ye ya Cyenda aherutse no gushyira hanze indirimbo yayo ya mbere yise ‘Nahisemo.’ Yatangaje ko kandi ateganya gushyira hanze iyi album uyu mwaka wa 2023 utararangira.


Tonzi n'umuryango we nyuma yo kwibaruka umukobwa wabo wa gatatu

Umuhanzikazi Tonzi yakunzwe mu ndirimbo nka Humura, Umugisha, Ubukwe, Ushimwe, Amakuru, Gumana nanjye n’izindi nyinshi. Kuri ubu, uyu muramyi afite umugabo n’abana batatu b’abakobwa.

">Reba hano ikiganiro inyarwanda yagiranye na Tonzi

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND