RFL
Kigali

Abarimo Emma Claudine, Sandrine na Juno Kizigenza bagarutse ku musanzu wa Ally Soudy washakaga kuba umusirikare

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/08/2023 22:03
0


Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Uwizeye Ally Soudy, yatangaje ko imyaka 15 ishize ari mu itangazamakuru yabanjirijwe n’inzozi zo gushaka kuba umusirikare, ni nyuma y’uko abo babanye mu itangazamakuru bagarutse ku buzima babanyemo n’inzira yabaciriye.



Ally Soudy yivuga nk'umunyamakuru w'umunyarwanda wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye, kandi akaba akorana n'ibiganiro byo kuri Televiziyo.

Mu rugendo rw'imyaka irenga 15, ari mu itangazamakuru avuga ko yakoranye n'ibigo binyuranye.

Uyu mugabo usanzwe ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akora ikiganiro ngarukakwezi yise 'Ally Soudy On Air' yifashishije konti ye ya Instagram.

Ku gicamundi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Kanama 2023, Ally Soudy yanditse kuri konti ye ya Instagram avuga 'umunsi wageze'.

Ashishikariza inshuti ze kwifatanya nawe muri iki gitaramo yakoreye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Iki gitaramo 'Ally Soudy&Friends Live Show' yagikoze nyuma y'amezi atanu yari ashize acyamamaza kandi yagiye atumira abantu banyuranye basanzwe bazwi mu ruganda rw'imyidagaduro.

Yatumiye abarimo Massamba Intore, umunyarwenya Patrick Rusine, Rocky Entertainment, Bushali, Kigali Boss Babes, Drama T wo mu Burundi, Makanyaga Abdul, Bruce Melodie, Fally Merci, Platini, Bwiza, B-Threy n'abandi.

Cyatangijwe n’amashusho y’ubuhamya bw’abantu bwafashwe mu bihe bitandukanye bagarutse ku buzima babanyemo n’ibindi bamwibukaho. Aya mashusho yakozwe na Secret Memory yakozwe na Gato Felecien.

Emma Claudine ukorera mu Biro by'Umuvugizi wa Leta wabaye igihe kinini Umunyamakuru wa Radio Salus, yavuze ko imyaka 15 ishize Ally Soudy ari mu mwuga w'itangazamakuru bigaragaza 'gukunda cyane ibyo ukora bikarushaho kuba byiza cyane iyo ujyanye n'igihe'.

Uyu mubyeyi yavuze ko yanashimishijwe no kubona Ally Soudy akora ikiganiro 'Ally Soudy On Air' kuri Instagram. Ati "Uko wafashijwe nawe uzabikorere n'abandi utibagiwe n'aba Kigali."

Sandrine Isheja wakoranye igihe kinini na Ally Soudy, yamushimiye kuko intambwe yateye mu buzima bwe yayigizemo uruhare. Ati "Kuva 2008, warakoze gutuma nubaka uwo ndiwe none, Imana ikomereze ikumpere umugisha ku bw'itafari washyize ku rugendo rwanjye rw'itangazamakuru nkora ubu."

Uyu mubyeyi yavuze ko bamenyanye bakiga muri Kaminuza, kandi ko Ally Soudy yamufashaga cyane mu gutegura no gutunganya amakuru y'imyidagaduro.

Umuhanzi Juno Kizigenza uherutse gusohora album ye ya mbere yise' Yaraje', yavuze ko mu 2020 Ally Soudy yamwandikiye ubutumwa bugufi amubwira ati "Petit Frere urimo gukora ibintu byiza."

Uyu muhanzi avuga ko yari asanzwe azi Ally Soudy ariko kuva icyo gihe baramenyanye birushijeho.

Ati "Mu by'ukuri nari nsanzwe muzi. Navuga ko aribwo twamenyanye ahubwo ariko namumenye cyera ndi umupeti mwumva kuri Radio Salus na Isango Star." Yavuze ko ubu butumwa yakiriye bwamuteye umurava mu rugendo rwe rw'umuziki.”

Muri ubu buhamya, umukinnyi wa filime Isimbi Alliance wamamaye nka Alliah Cool avuga ko kuba ari umukinnyi wa filime 'ni wowe mbicyesha'. Ati "Nibuka ko ari wowe wanteye imbaraga ukanambwira ko nabikora kandi byarakunze. Warakoze cyane."

Umuyobozi Wungirije Radio Isango Star, Jean Rambert Gatare yavuze ko umusanzu wa Ally Soudy mu guteza imbere uruganda rw'imyidagaduro ari ntagereranwa, kandi amushimira umusanzu we mu rugendo rw’itangazamakuru rwa Radio Isango Star.

Ati "Warakoze, haba mu izina ry'ubuyobozi bwa Radio Isango Star mu izina ry'abakozi ba Isango Star ari abo mwakoranye n'abagusimbuye."

Akomeza ati "Twese tuzirikana ko Isango Star wagize uruhare ntagereranywa rwo kuba igeze aho igeze ubu."

Umuhanzi Nizzo wo mu itsinda rya Urban Boys, avuga ko yamenye Ally Soudy 'akiririmba muri Testament'. Yashimye ku bwo kudacika intege no gucira inzira abandi. Ati "Warakoze kuko igihe cyose twagucyeneraga (Urban Boys) twarakubonaga."

Uyu muhanzi avuga ko azi cyane Ally Soudy bari muri Kaminuza, kandi nka Urban Boys baramwifashishije igihe kinini mu bikorwa nka Urban Boys.

Umuhanzi Ziggy 55 yashimye Ally Soudy ku bw'umusanzu we, guhanga udushya mu muziki no guteza imbere uruganda rw'imyidagaduro. Ati "Warakoze kuba waratubereye ikitegererezo kubera ko ibintu ukora biratangaje."

Akomeza ati "Ndagusaba kutazarekera, uzakomeze ube wowe, uzakomeze ugire ibyo bitekerezo byo guhanga ibintu bishya."

Ubwo yatangizaga iki gitaramo, Ally Soudy yavuze ko imyaka 15 ishize ari mu itangazamakuru atari 'ikintu cyoroshye'. Yavuze ko hari benshi yafatiyeho urugendo, kandi ashimira buri wese 'watumye ntacika intege'.

Yavuze ko iki gitaramo ari icya mbere mu mateka, gihuza abakunzi be kandi kitabiriwe n'abantu bakunze ibiganiro birimo Salus Relax, Isango na Muzika, Ally Soudy mu mihanda ya Kigali n'ibindi.

Uyu mugabo yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yifuzaga kuba umusirikare, ariko Nyirasenge we ntiyatumye arotora izo nzozi kuko yamubwiye kujya kwiga amashuri abaza ayasoza atagifite izo nzozi.

Yahamagaye ku rubyiniro Col. Mugisha wo mu Ingabo z'u Rwanda. Ally Soudy yavuze ko n'ubwo atabaye umusirikare ariko buri gihe yakoraga yifuza ko igihe kimwe yateguye igikorwa azaba ari kumwe n'Ingabo z'u Rwanda.

Col. Mugisha ahawe ijambo yashimye Ally Soudy ku bwo kumutumira. Yavuze ko 'bimuteye iteka nk'Ingabo y'Igihugu kuba ndi hano'. Avuga ko ari ibyishimo kuri we kuba abona bantu bahuriye hamwe.

Ati "Amahoro mu gihugu cyacu arahari [...] Igihugu cyanyu kirarinzwe, kirinzwe n'abagabo bashoboye... Duterane, tugire umwanya mwiza wo gusabana."

Mugisha avuga ko igitaramo nk'iki ari umwanya wo gusabana, kungurana ibitekerezo no kureba ku zindi ngingo.

Col. Mugisha wari uhagarariye Inganzo z'u Rwanda muri uyu muhango, yabwiye buri wese kumva ko ibyo akora bifitiye akamaro abantu benshi, kandi akwiye gukora ibikorwa atekereza kubaka igihugu.

Yanasabye gusigasira ibimaze kugerwaho no gushingira ku mahirwe buri umwe. Ati "Nimwige, mucuruze ku manywa na nijoro kuko hari amahoro [...]."

 Ally Soudy yatangaje ko yakuze ashaka kuba Umusirikare, ariko yishimira imyaka 15 ishize ari mu rugendo rw'itangazamakuru 

Col. Mugisha yabwiye abitabiriye iki gitaramo gusigasira ibyagezweho mu rugendo rw'iterambere rw'u Rwanda 


Umuhanzikazi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Uwitonze Clementine uzwi nka Tonzi [Uri hagati]


Umuhanzi Makanyaba Abdoul utanga ibyishimo ku bisekuru byombi yitabiriye iki gitaramo


Abakinnyi ba filime barimo 'Soloba' [Ubanza ibumoso], Killerman [Uri hagati] ndetse na 'Nsabi' ugezweho muri iki gihe


Gato Felecien uri ibumoso ndetse na Klepy wa KC2










Juno Kizigenza avuga ko kuva mu 2020 aganiriye na Ally Soudy byamwongereye imbaraga mu muziki we 


Ally Soudy yaje muri iki gitaramo ari kumwe n'abana be







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND