Ku
mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, umuvangamuziki Dj Marnaud
yongeye gusubiza agatima k’abanyabirori mu gitereko mu gitaramo ‘Marnaud Music
Therapy’ yahurijemo abahanzi bakunzwe barimo Bien-Aime uzwi muri Sauti Sol,
Ruti Joel na Mike Kayihura.
Uretse kuba abanyabirori bari bakumbuye kwitabira ibitaramo birangira bashize
ipfa, uyu muvangamuziki yahurije hamwe abahanzi b’abahanga cyane mu muziki w’umwimerere
[Live Music] kandi bafite indirimbo zikunzwe mu buryo butangaje.
Kuva ku isaha ya saa Tatu n’igice, umuvangamuziki akaba n’umuhanzi uzwi cyane
mu muziki nyarwanda, Dj Pius yatangiye gushyushya abantu bari bitabiriye iki
gitaramo cyabereye muri Kigali City Tower, mu njyana zakunzwe mu bihe bitandukanye.
Nyuma ye,aba-Dj barimo Dj Toxxyk na Dj Marnaud babanje kukanyuzaho basusurutsa
abitabiriye iki gitaramo mu njyana ziganjemo Afro Beats na Amapiano, benshi
barahaguruka barabyina, abandi bari gusoma ku gatama,natwe turi
kwandika.
Ku isaha ya Saa Yine zuzuye ibyamamare mu nguni
zitandukanye byatangiye kwinjira muri iki gitaramo birimo Umunyamakuru Martina Abera ukorera KC2, Bruce Intore uhagarariye
Intore Entertainment itegura ibitaramo, Nyampinga Meghan Nimwiza wegukanye
ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2019 n’abandi batandukanye.
Uretse ibyamamare,inkumi z’ikimero zari zambaye bitangaje ntizatanzwe kuko zitabiriye
ku bwinshi, abasore basohokanye abakunzi, abagabo bari kumwe n’abagore babo.
Kugeza ku isaha ya saa yine n’igice igitaramo cyatangiye guhindura isura nyuma
yo gutangaza ko bagiye kwakira umuhanzi wa mbere.
Abanya-Kigali bashimangiye urukundo bafitiye Ruti Joel
Saa yine n’iminota 40 [22:40PM] nibwo umuhanzi Ruti Joel yuriye urubyiniro yakirwa
n’akamo k’inkumi zitabiriye iki gitaramo abanza kubatera imitoma, atangirana n’indirimbo
‘Cunda’ iri kuri album nshya yise ‘Musomandera’, bamufasha kuyiririmba ijambo
ku rindi nk'uko amashusho ari ku mbuga nkoranyambaga za InyaRwanda abigaragaza.
Nyuma uyu musore yacanzemo ‘Amaliza’ nayo iri kuri album ‘Musomandera’ benshi
barambura amaboko batangira kubyina nk’intore, ari nako baririmba iyi ndirimbo
iri mu zakunzwe kuri iyi album. Uyu muhanzi yeretswe urukundo rutangaje
yongera guhamya ko ntawe bahanganiye umwanya wa mbere mu njyana ya gakondo.
Ageze ku ndirimbo ‘Igikobwa’ yamwubakiye izina cyane yavuze ko ‘Nyituye
ibikobwa byose byiza, ese abakobwa bo mu Rwanda murabizi ko muri beza, murabizi
se ko tubakunda? “ maze atangira kuyiririmba ari nako abanyakigali bakomeza kwizihirwa.
Bamwe mu baganiriye na InyaRwanda nyuma yo gutarama kwa Ruti Joel, bavuze ko ubuhanga
uyu musore yibitseho butandukanye n’ubwo abandi bahanzi kuko aba ari kuririmba
umuziki ufitanye isano n’abanyarwanda, kandi ugahuza nabo yaba mu mitima no mu
matwi.
Inkumi z’i Kigali zishimiye bikomeye Mike Kayihura
Saa 23:13 PM umuhanzi Mike Kayihura ukunzwe na benshi kubera ubuhanga yibitseho
mu kuririmba umuziki w’umwimerere, yuriye urubyiniro ari kumwe n’itsinda
rimufasha gucuranga batangirira ku ndirimbo ‘6:30’ imaze igihe hanze maze
abakobwa barishima karahava.
Agitangira kuririmba benshi muri bo bazamuye Telephone zabo, batangira gufata
amashusho y’uyu musore batangira kumufasha kuririmba zimwe mu ndirimbo afite
zikunzwe. Ageze kuri ‘Zuba’ indangurura majwi yayirekeye abantu bamufasha
kuyiririmba ari nako bakomeza kumufata amashusho.
‘Jaribu’ yashyize hanze mu ntangiriro za 2021, yatumye uyu muhanzi yongera
kubona ko akunzwe i Kigali ku kigero cyo hejuru kuko abantu bari bayizi kuva ku
itangira kugeza isoje. ‘Sabrina’ yakoranye na Kivumbi King ikamuzamurira izina
nayo iri mu zaririmbwe cyane n’abantu bitabiriye iki gitaramo.
Nyuma yo kuririmba indirimbo eshanu, abantu bakazakirana urukundo rwinshi, uyu
musore yarengejeho izindi ebyiri ‘Anytime’ na ‘Tuza’ ziri mu zakunzwe cyane
zakiranwa yombi asoza ashimira Dj Marnaud wateguye iki gitaramo n’abandi
bafatanyije.
Bien-Aime yeretswe urukundo rwinshi afatwa n’amarangamutima
Saa 23:55PM Umuhanzi Bien-Aime yakiriwe ku rubyiniro atangira kuririmba,
abakobwa bakoma akaruru bamwakirana ibyishimo byatumye yongera guhamya urukundo
afitiye u Rwanda ati “ Nkunda Kigali cyane "
Yahise atangirira ku ndirimbo ‘Extravaganza’ itsinda rya Sauti Sol ryashyize
hanze mu 2019, ikaba ikimenyebose ku mugabane wa Afurika. Iyi ndirimbo
byatunguranye cyane uburyo abanya-Kigali bayizi ijambo ku rindi.
Mu myambaro y’ubururu, isengeri y’umweru n’amarineti y’umukara, Bien-Aime yakomereje mu ndirimbo zakunzwe z’iri tsinda zirimo ‘Short
& Sweet’ bakoranye n’Umuraperi Nyanshiski n’izindi zitandukanye.
Nyuma yo kubanza indirimbo bakoreye hamwe nk’itsinda yanyujijeho
indirimbo ‘My baby’ yakoranye n’Umuhanzikazi Ayra Star agitangira urugendo rwo
kwikorana, abantu bari mu gitaramo bamwereka ko nayo iri mu zo babitse mu mitwe
ndetse bamufasha no kuyibyina.
Nyuma yongeye kuvangamo iyo yakoranye na Ayra Star ugezweho muri Afurika, Bien
yahise aririmba ‘Dimension’ yakoranye n’umu-Dj Mpuzamahanga, Fully Focus nayo
abanya- Kigali barayirimba kugeza irangiye, ahita acangamo ‘Nerea’ ya Sauti Sol
yamenyekanye cyane kubera amazina baririmbyemo.
‘Wenda yaba Kagame’ ijambo riri muri iyi ndirimbo ryatumye benshi iminwa
idakoranaho kubera kuyiririmba, iri jambo kandi ryatumye abitabiriye iki
gitaramo bongera gukoma akamo uyu musore ibyishimo bikomeje kumutaha.
Nyuma ya ‘Nerea’ yahise aririmba ‘Melanin’ bakoranye na Patoranking, yakirwa
neza, anyuzamo ‘Nobody’ iri mu zikunzwe mu Akarere muri iyi minsi yakoranye na ‘Darassa’
zakiranwa yombi. Nyuma y’izo zombi Bien yaririmbye ‘Nana’ yakoranye na JoeBoy
ndetse na Joshua Baraka ukubutse mu Rwanda.
‘Shake your Bum Bum’ na ‘Suzanna’ za Sauti Sol nizo uyu mugabo yasorejeho, nyuma
y’isaha irengaho iminota ibiri yari amaze ku rubyinro abanya-Kigali bataha
basingiza Dj Marnaud wateguye igitaramo gisoza ukwezi kwa Nyakanga kikabamara
ipfa bari bamaranye iminsi.
Nyuma yo gutarama, Dj Marnaud yatunguye Bien-Aime ku rubyiniro amuzanira
umutsima [Cake] wo kwizihiza urukundo yeretswe mu gitaramo cya mbere yakoze ari
wenyine hanze y’igihugu cye cy’amavuko cya Kenya.
Bien Aime yavuze ko yishimye cyane ndetse ko atazibagirwa urukundo yeretswe n’abanya-Kigali
ahantu afata nko mu rugo ha kabiri.
Uyu mugabo yaherukaga kubwira InyaRwanda ko
nasoza iki gitaramo arahita yerekeza muri Uganda gufata amshusho y’indirimbo
yakoranye na Mike Kayihura.

Bien-Aime wiyise ‘Ruhara’ yakiranywe ibyishimo byinshi n’abanya-Kigali mu
gitaramo cya Dj Marnaud

Bien-Aime yifashishije indirimbo zakunzwe z’itsinda Sauti Sol mu gususurutsa
abanya-Kigali bitabiriye iki gitaramo

Bien-Aime yanyujijemo indirimbo zikunzwe zirimo ‘My baby’ yakoranye na Ayra
Star na ‘Nobody’ yakoranye na Darassa zirishimirwa cyane

Dj Marnaud yatunguye Bien-Aime ku rubyiniro amuzanira ‘Umutsima’ wo kwishimira
urukundo yeretswe mu gitaramo cya mbere yakoze ari wenyine hanze y’igihugu cy’amavuko

Inkumi z’i Kigali zeretse urukundo rudasanzwe Bien-Aime uzwi mu itsinda rya
Sauti Sol

Ruti Joel yongeye gushimangira ubuhangange bwe mu gitaramo yahuriyemo na
Bien-Aime wo muri Kenya

Ruti Joel yaririmbye indirimbo zigize alubumu nshya ‘Musomandera’ zakirwa neza
n’abanya-Kigali bitabiriye igitaramo ‘Marnaud Music Therapy’

Indirimbo ‘Cunda’ na ‘Amaliza’ za Ruti Joel zazamuye amarangamutima y’abanyarwandakazi
bari bitabiriye iki gitaramo

Mike Kayihura yataramye biratinda mu gitaramio cya ‘Marnaud Music Therapy’ cyabaye
mu ijoro ryatambutse

Abanya-Kigali bongeye gushimangira urukundo bafitiye Mike Kayihura

Indirimbo zirimo ‘Tuza’ na ‘Anytime’ za Mike Kayihura zazamuye ibyishimo y’abitabiriye iki gitaramo

Meghan Nimwiza Nyampinga w’u Rwanda 2019 yari mu bitabiriye iki gitaramo
cyabereye muri Kigali City Tower


Martina Abera ukorera KC2 yishimiye abahanzi bataramye muri iki
gitaramo 
Igitaramo kirangiye benshi babwiye InyaRwanda ko bishimiye kongera gutaramirwa
bakimara ipfa, nyuma y’iminsi Umujyi wa Kigali uhagarika ibitaramo mu masaha yo
gutangira

Ibyishimo byari byinshi muri rusange muri iki gitaramo gisoje Ukwezi kwa Nyakanga
kwaranzwe n’ubushyuhe buri hejuru cyane

Ikinyobwa cya Heineken gikorwa na Bralirwa cyari kiganje ku meza y’abitabiriye ‘Marnaud
Musci Therapy’

Dj Toxxy yanyujijemo asusurutsa abanya-Kigali mu njyana ya Afro-Beats

Mbere yo kwakira Bien-Aime ku rubyiniro, ababyinnyi Grevis na Jordan Kallas
babanje gusurutsa abitabiriye iki gitaramo mu mbyino zigezweho z’Amapiano

Dj Marnaud yatunguranye yongera kwerekana ubuhanga yibitseho bwo kubyina,
umwuga yigeze kugerageza akiri umunyeshuri

Dj Pius niwe winjije abantu muri iki gitaramo mu ruvange rw’injyana
zakanyujijeho mu muziki zirimo Hip Hop n’zindi
BIEN YAKOREYE IGITARAMO CYA MBERE MURI KIGALI ATARI KUMWE NA SAUTI SOL
">
">
">
KANDA HANO UREBE UKO MIKE KAYIHURA YITWAYE MURI IKI GITARAMO
">
Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze iki gitaramo cya Bien-Aime muri Kigali
VIDEO: Murenzi Dieudonne-InyaRwanda.com
AMAFOTO: Rwigema Freddy-InyaRwanda.com
