RFL
Kigali

Ibyo wamenya ku bazatanga ibiganiro muri Story Telling Night

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/07/2023 16:16
0


Ku nshuro ya Gatatu Story Telling Night igiye kuba aho izibanda ahanini ku buzima burebana n’ibibera hakurya mu bihugu bitandukanye hifashishijwe inararibonye n'inzobere.



Kuri uyu wa Gatandatu guhera ku isaha ya saa Kumi n'imwe kuri Grand Legacy Hotel ,abanyarwanda n’abanyamahanga bazahurira muri Story Telling Night ,igikorwa kimaze kwamamara mu gutanga ubumenyi, guhuza abantu no komora imitima ya benshi.

Mu kiganiro InyaRwanda iheruka kugirana  n’ubuyobozi bwa Interact Rwanda itegura iki gikorwa, batangaje ko bishimira aho bamaze kugera mu gihe gito bamaze ku buryo bizera ko ku nshuro ya cumi ntakabuza n’ibinyamakuru mpuzamahanga bizaba byaratangiye kubandikaho.

InyaRwanda tukaka  twifuje gukomoza gato ku  bantu bazatanga ibiganiro ku ngingo irebana n’ibibera mu bihugu bitandukanye dore ko aba bagabo bazaganiza abazitabira banyuze muri byinshi yaba ibya Afurika no hakurya yayo.

Eugene AnangweNi umuyobozi wa CNBC Africa mu Rwanda,ari mu batangije televiziyo zitandukanye nka TV47 Kenya na Look Up TV. Kuri ubu afite ikiganiro ayobora kinyura kuri televiziyo Rwanda kitwa ‘The Summit’.

Ari mu banyamakuru n’inararibonye mu birebana n’itangazamakuru mu Karere k’Ibiyaga Bigari mu binyacumi amaze atangiye urugendo rw’itangazamakuru.

Yagiye akorana ibiganiro bitandukanye n’abayobozi bakomeye barimo Perezida Paul Kagame, Benjamin Mukappa wabaye Perezida wa Tanzania n'abashoramari batandukanye barimo  Patrice Motseppe wo muri Afurika y'Epfo.

Mikel Roberto QuintanaAri mu bayobozi b’Agahozo Shalom Village, ubuzima bwe yabwerekeje mu birebana n’uburezi bwambukiranya imipaka. Uyu mugabo akaba yaravuye muri Leta ya New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yabaye mu bihugu bitandukanye birimo Espagne, Mexico, Australia, Equador na Chile, ubu atuye mu Rwanda, yize muri Kaminuza ya Boston aho yize mu ishami ry’ububanyi n’amahanga.

Charline Prazen ChikomoYabayeho umwe mu bagize Inteko Ishingamategeko ya Zimbabwe, ibikorwa byatumye agenda atembera mu bihugu bitandukanye birimo Nigeria, Afurika y'Epfo , Uganda, Kenya n’ibindi.

Ni umwanditsi akaba n'intyoza mu bijyanye no gutanga ibiganiro, aho yagiye atanga ibiganiro bitandukanye binanyuze no muri Duce Leadership Initiative yatangije, igenda itanga ubujyanama mu bintu bitandukanye  byibanda ku miyoborere.

Wagura itike yawe unyuze ku rubuga rwa www.interactrwanda.com ukaba wanasura imbuga nkoranyambaga bagenda bakoresha yaba Instagram, Facebook na Twitter.Ushobora kwifashisha uburyo bwa Momo Code ugura itike yaweNi kuri Grande Legacy Hotel, Story Telling Night ku nshuro yayo ya Gatatu izabera guhera saa Kumi n'imwe kugera saa mbiri z'umugoroba kuri uyu wa 29 Nyakanga 2023 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND