RFL
Kigali

Club Intwari igiye gutangiza ishuri ryigisha abana kubyina Kinyarwanda n’Ikirundi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/07/2023 17:26
0


Imyaka 25 irashize itsinda ry’abaririmbyi n’ababyinnyi rya Club Intwari ribonye izuba! Ryatangijwe n’umurundi witwa Ildephonse Rubumba ritangira n’abantu 8 baje kwaguka bagera kuri 36 mu rugendo rugamije gusigasira ibirango by’umuco w’u Burundi.



Uyu mugabo usanzwe ari umuhanga mu kuvuza ingoma, avuga ko yageze mu Rwanda nyuma y’imyaka ine yari ishize Ingabo zari iza RPA zihagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, yatwaye ubuzima bw’abarenga Miliyoni imwe.

Ildephonse Rubumba yabwiye InyaRwanda ko gushinga iri torero byabaye urugendo rutoroshye, kuko bajyaga mu ngo bashakisha abantu bazi kuvuza neza ingoma z'ikirundi. Ati "Icyo gihe ntarujya n'uruza rw'abantu rwari uhari. "

Avuga ko gushinga Club Intwari byaturutse ku gushaka ikintu cyatuma abantu bahura, bakaganira, bakangurana ibitekerezo nyuma y'ibihe u Rwanda rwari rumaze kunyuramo.

Rubumba anavuga ko yakuriye mu Burundi, aho yamenye neza ibijyanye no kubyina no kuvuza ingoma, byanamufashije gutoza bagenzi be.

Mu 2001, bisunze Ballet Mutabaruka baririmbiye kuri sitade Amahoro, nyuma bakomeza umuco wo kuvuza ingoma ariko nako basabana n'abandi.

Mu 2015, nibwo Club Intwari yakiriye bamwe mu barundi b'ababyinnyi bari bahungiye mu Rwanda nyuma y'intambara yari mu gihugu cy'abo.

Abari basanzwe babyina mu matorero batangiye gusaba kwinjira muri Club Intwari, hakorwa isuzuma bumenya ryasize hatoranyijwe ibice bibiri.

Ati "Bahungiye mu Rwanda ariko baturutse mu matsinda atandukanye bijyanye n'umuco w'ikirundi. Baravuga rero twahura gute kugirango dukomeze umuco wacu. Biba ngombwa ko banshaka ari njye watangije kuvuza ingoma ndundi mu Rwanda nyuma ndabakira, dutangira rero gukorana n'abo."

Ildephonse yavuze ko nyuma yo kuba ikaze muri Club Intwari, bahise bakorana inama yavuyemo imirongo migari iri torero rigomba kugenderaho.

Uyu muyobozi yavuze ko isuzumabumenyi bakoze ryasize hamenyekanye abagomba kujya baseruka mbere y'abandi. Ariko kandi n'abari badafite ubumenyi budahagije mu kubyina no kuvuza ingoma babazamuriye ubumenyi.

Ati "Icyo gihe twari 36 ubwo twahitagamo. Tukaba dufite ikipe ya mbere n'ikipe ya kabiri. Ikipe ya mbere ni iy'abahanga cyane, ikipe ya kabiri usanga ari abantu batarabimenya neza."

Ildephonse avuga ko hari bamwe mu babyinnyi baje kuva muri Club Intwari nyuma y'uko mu Burundi hagarutse amahoro, ariko bakomeje kuba inshuti z'iri torero ubu ribarizwamo abahungu 26 n'abakobwa 32.

Club Intwari yahinduye imibereho y'ababyinnyi bahungiye mu Rwanda:

Ildephonse avuga ko bakigera mu Rwanda aba babyinnyi yabahaye ikaze, kandi abereka ko ibintu byose bishoboka bafatanyije, abakangurira kwisanzura, bituma babona akazi kenshi mu bukwe, ibirori n'ahandi.

Avuga ko bagiye bakorera amafaranga menshi bifashishije mu mibereho bari mu Rwanda, kandi bamwe muri bo bagiye koherereza amafaranga imiryango y'abo yari mu Burundi.

Uyu muyobozi anavuga ko 'hari benshi bahise bakomeza amashuri barangiza kwiga'. Akomeza ati "N'ababyeyi babo basigaye mu Burundi hari akantu baboherereza. Rero iyo umubyeyi umwoherereje akantu ahita abona ko uri mu gihugu cyiza gifite iterambere kimufasha, adashobora kuburara cyangwa ngo abwirirwe."

Ildephonse anavuga ko hari abahungiye mu Rwanda bafite imiryango, ku buryo binyuze muri iyi Club Intwari babashije kugura amazu yo guturamo, abandi babasha kubona ubufasha bwo kwita kubabo.

Club Intwari yabashije kwitabira amaserukiramuco arimo 'Nyege Nyege' yabereye muri Uganda, yahurijemo hamwe abo mu Rwanda, Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n'ibindi. Iri torero ryanataramiye muri Cameroon mu iserukiramuco.


Icyerezo cya Club Intwari   

Ildephonse avuga ko mu myaka 25 ishize bafite byo kwishimira, ariko mu rugendo rw'abo barashaka cyane gutangiza imishinga irimo korora inkoko, ubudozi no gutangiza ishuri ryigisha abana kuvuza ingoma.

Ibi biri mu byatumye bategura igitaramo kizaba ku wa 21 Nyakanga 2023 kuri Kaso ku Kicukiro mu rwego rwo gukusanya amafaranga azifashishwa mu gutangiza iyi mishinga.

Uyu mugabo avuga ko iri shuri rizakira abana, kandi bazigishwa kubyina Kinyarwanda n'ikirundi mu rwego rwo guteza imbere umuco. Ati "Turashaka gutangirira mu bana bacu n'iyo ntego yacu dufite."

Yavuze ko bashaka ko abana bazakurira muri iri shuri, bazanigishwa imyuga inyuranye izabafasha kwiteza imbere.

Avuga ko bahisemo guhera mu bato, kugirango abo bato bazabe aribo basizagasira amateka n'ibigwi bya Club Intwari.

Ildephonse avuga ko bazabanza guhitamo abana b'ababyinnyi babarizwa muri itorero mbere y'uko bahitamo abandi bazaba bavuye ahandi.

Ildephonse Rubumba avuga ko nyuma y’imyaka 25 ishize batangije Club Intwari igihe kigeza kugirango batangize ishuri ryigisha abakiri bato kubyina Kinyarwanda n’ikirundi 

Nzoyisenga Omer yavuze ko igitaramo ‘Heart of Africa’ bazakora ku wa Gatanu kigamije kugaragaza ubumwe bw’Abanyarwanda n’Abarundi

Bamwe mu babyinnyi bo muri Club Intwari biteje imbere- Barimo abahungiye mu Rwanda mu 2015 n’abandi batangiranye n’iri torero
Club Intwari ivuga ko igamije guteza imbere umuco w’ikirundi ihereye mu bakiri bato n’abandi

AMAFOTO: Ngabo Serge-InyaRwanda.com





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND