Akamaro k’umuziki mu myigire y’abana n’abakuze

- 17/07/2023 4:29 PM
Share:
Akamaro k’umuziki mu myigire y’abana n’abakuze

Umuntu wese wiyemeza kwiga , agomba kuba afite intekerezo nzima cyangwa yiteguye gukora iyo bwabaga kugira ngo ibyo yize abifate nawe azabimaze icyo yifuza mu gihe kizaza.Muri rusange, uwiga niwe umenya uburyo akoresha kugira ngo ibyo yize abihamye mu mutwe.Muri iyi nkuru turarebera hamwe akamaro ka muzika mu myigire.

Umuziki wahoze ku isonga ku Isi mu bintu bitandukanye , benshi bawifashisha nk’igikoresho cyabafashaga kurangiza inshingano zabo neza ndetse no kwita ku byo biyemeje gukora mu gihe runaka.Nyuma yo kugaragara ko umuziki ari igikoresho kidasanzwe, washyizwe no mu mashuri maze bamwe mu barimu batangira kuwifashisha kugira ngo abana babashe gufata neza.

Nugera ku bigo by’amashuri bimwe na bimwe byaba ibya Leta n’ibyigenga, hose uzasanga abarezi bakoresha uburyo bwo kwigisha binyuze mu ndirimbo.Umwarimu wigisha imibare, najya kwigisha kubara , azabinyuza mu ndirimbo, umwarimu wigisha ikinyarwanda , najya kwigisha inyajwi, gutondeka  azakoresha indirimbo, ibi bivuze ko mu burezi ari hamwe mu hakenera indirimbo kugira ngo mwarimu abashe kugera ku ntego ze.

Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko iyo umuziki ushyizwe mu ishuri, abanyeshuri babasha kwitonda kandi bagafata mu mutwe vuba amasomo bahawe kuko baba bari kumva ibinogeye amatwi yabo bikagera no kubwonko bwabo.Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko , umuziki utuma ishuri ryuzura umutuzo n’umunezero abana bakiga baseka kuko baba bigira mu ndirimbo cyangwa mu njyana bashaka.

Muri 2019 , hakozwe ubushakashatsi bugendanye no kumenya akamaro k’umuziki mu ishuri, bugaragaza ko , iyo mwarimu arimo gutanga isomo abinyujije mu ndirimbo bifasha abanyeshuri kwiga neza n’amarangamutima yabo agakorwaho.

Umuziki uzamura ubwonko bw’umwana.Iyo umwana yatashye yize binyuze mu ndirimbo, ntabwo ajya ashobora kubyibagirwa kuko bituma indirimbo yo imuhora mu matwi.

Ubushakashatsi bwakorewe muri  Kaminuza ya John Hopkins, bwagaragaje ibi tumaze kuvuga,bugaragaza ko  iyo umurezi akoresheje umuziki arimo kwigisha abana be bituma abana yigisha n’ejo bibuka ibyo yabahaye bityo kuba yajya ku bindi ntihagire icyo bitwaye.

Mu burezi bwo mu Rwanda, bavuga ko indirimbo n’ibindi byose bijyanye nazo, bishobora gukoreshwa mu gice cy’ivumburamatsiko ku buryo umwarimu uri mu isomo, ashobora gukoresha indirimbo runaka yihimbiye ijyanye n’isomo cyangwa indi runaka atihimbiye ariko nabwo ijyanye n’isomo kugira ngo abanyeshuri arimo kwigisha babanze binjire mu isomo kandi nanone baze no kumufasha kuvumbura isomo agiye kubigisha babihereye kuri iyo ndirimbo.

Ibi byigishwa mu buryo butandukanye mu burezi nyarwanda kugira ngo, abana bakomeze gufashwa kumenya no kugira ngo bagire icyo bacyura muri rusange.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...