Kigali

Burundi: Zuby Comedy, Mitsutsu na Nyaxo bagiye gukina umukino wigisha gushyira hamwe

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:17/07/2023 12:29
0


Abanyarwenya bakomeye barangajwe imbere n’itsinda rya Zuby Comedy, Kazungu Emmanuel [Mitsutsu] ndetse na Kanyabugande Olivier [Nyaxo] bagiye guhurira mu iserukiramuco mu gihugu cy’u Burundi, aho bazahakinira umukino wigisha abantu ku gushyira hamwe.



Iri serukiramuco ryiswe ‘Iwacu Comedy Festival’ ryateguwe n’itsinda ry’abanyarwenya rya Zuby Comedy, rizaba tariki 6 Kanama 2023. Ni ubwa mbere rigiye kubera muri iki gihugu kiri mu Majyepfo y’u Rwanda.

Integuza y'iri serukiramuco igaragaza ko Zuby Comedy izaba ishyigikiwe muri iki gitaramo n'abanyarwenya barimo Fred Rufendeke wo muri Giti Business Group, 'Mitsutsu', umunyarwenya ugezweho muri iki gihe mu bihangano binyuranye ndetse na Nyaxo uzwi cyane mu rwenya atambutsa ku muyoboro we wa Youtue. Ni mu gihe kandi bazanifatanya n'umunyarwenya MC Tricky uri mu batanga icyizere mu gihugu cya Kenya.

Samu uri mu bagize Zuby Comedy yabwiye InyaRwanda ko biteguye gushimisha abakunzi babo mu Burundi, no kubagaragariza umukino w’urwenya rwigisha bagamije gushishikariza buri wese gushyira hamwe na mugenzi we.

Ati “Twiteguye gushimisha abakunzi bacu. No kubakinira umukino twese tuzahuriramo uzigisha abantu gushyira hamwe.”

Yavuze ko intego z’uyu mukino ‘ni ukugaragaza uburyo abatuye mu bihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bakwiye gushyigikirana no gufashanya’.

Ati “Hari icyo nshoboye wowe udashoboye. Hari icyo ntashoboye wowe ushoboye. Rero, uyu mukino uzereka abarundi n’abandi batuye muri EAC impamvu zo gushyigikirana mu buzima bwa buri munsi’.

Samu avuga ko batangiye gutegura uyu mukino, kandi bizeye ko uzafasha benshi bazitabira iri serukiramuco.

Uyu munyarwenya avuga ko avuga ko muri rusange batekereje gutegura ibi bitaramo by'urwenya bashingiye ku busabe bw’abakunzi b’abo bari i Burundi.

Akomeza ati “Icyo iserukiramuco rigamije, ni ukwegera abakunzi bacu bari i Burundi no kwagura ibikorwa byacu muri rusange.”

Yavuze ko ibitaramo by’iri serukiramuco bazabikorera no mu Rwanda, muri Kaminuza zinyuranye ndetse no mu bigo by’amashuri yisumbuye.

Ati “Nyuma y’aho tuzakora ikindi gitaramo kinini cyagutse nk’ibisanzwe, kizabera muri Camp Kigali. Dutangiranye n’iserukiramuco nk’uko umwaka ushize twatangiriye Nairobi, tubona gukora i Kigali, none duhereye i Burundi.”

Zuby Comedy ni tsinda rizwi cyane mu mashusho y’urwenya banyuze kuri Youtube, Tik Tok, Instagram n’izindi mbuga nkoranyambaga zikoreshwa na benshi. Kuva mu 2020 iri tsinda ryigwijeho umubare munini w’abafana.

Rizwi cyane mu rwenya bise ‘Miss Mulenge’ bakurikije n’izindi nyinshi zibanda ku banyamulenge. 

Zuby Comedy batangaje ko bagiye gukorera iserukiramuco ry'urwenya mu Burundi

Fred Rufendeke, umunyarwenya uherutse gutembagaza abantu muri 'Gen-Z Comedy' ategerejwe mu Burundi
Umunyarwenya uzwi nka 'Mitsutsu' ugezweho muri iki gihe agiye gutaramira ku nshuro ya mbere mu Burundi
MCA Tricky wo muri Kenya azashyigikira Zuby Comedy mu iserukiramuco mu Burundi

Umunyarwenya 'Nyaxo' wamamaye muri filime zatambukaga kuri Afrimax Tv nyuma agatangiza umuyoboro we wa Youtube 


Iri serukiramuco ry'urwenya rizaba tariki 6 Kanama 2023 mu Burundi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND