RFL
Kigali

Gauchi yakoze ubukwe bw’akataraboneka, Intayoberana na Yverry basusurutsa ababwitabiriye-AMAFOTO 50

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:11/07/2023 11:39
0


Umuhanzi akaba n’umushabitsi Mbabazi Innocent [Gauchi] yatangiye urugendo rushya n’umukunzi we Mucyo Unice nk’umugabo n’umugore, ni nyuma y’uko bakoze ubukwe bw’akataraboneka bwitabiriwe n’abantu barenga 600 bari batumiwe mu kwizihiza uyu muryango mushya.



Biyemeje kubana byemewe n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda kandi bahana isezerano ryo gushyingirwa imbere y’Imana, nyuma y’imyaka ibiri yari ishize bari mu munyenga w’urukundo kugeza biyemeje guhuza imiryango, inshuti n’abavandimwe.

Gauchi usanzwe uzwi mu ndirimbo nka ‘Nezerwa’ ntiyigeze agaragaza uyu mukunzi we ku mbuga nkoranyambaga, kugeza ubwo yashyiraga hanze ubutumire ‘Invitation’ mu bukwe bwe.

Ubwo yashyiraga hanze ‘invitation’ z’ubukwe mu minsi ishize, yavuze ko umukunzi we yujuje buri kimwe ‘nashakaga ku mugore tuzabana ubuzima bwanjye bwose’.

Amwe mu mafoto yasangije abamukurikirana, yayaherekeresheje amagambo y’urukundo yumvikanisha ko yahisemo neza, kandi akunda uyu mukobwa byimazeyo.

Ubu iminsi itatu irashize atangiye ubuzima bushya n’umukunzi we; kuko barushinze ku Cyumweru tariki 9 Nyakanga 2023. Gusaba no gukwa byabereye kuri Panorama ku i Rebero, gusezerana imbere y'Imana bibera muri Christ's Church Rwanda i Gacuriro.

Gauchi ari mu bahanzi b’abanyamafaranga mu Rwanda, ushingiye ku bikorwa birimo amazu, imodoka zihenze agendamo n’ibindi. Asanzwe anakora imirimo irimo ifata agaciro k’abarirwa muri za Miliyari.

Aherutse kubwira InyaRwanda ko agiye gushora imari mu muziki, ku buryo nawe azashyira itafari rye ku muziki w’u Rwanda akawuteza imbere binyuze mu gufasha abanyempano, gukorana indirimbo n’abahanzi bakomeye ku Isi n’ibindi.

Gauchi aherutse gupfundikira album ye ya mbere yise ‘Collabo’ iriho indirimbo zirenga 15. Asanzwe azwi mu ndirimbo nka ‘Nezerwa’, ‘Ikaze’, ‘Ceza’ n’izindi.

Gauchi yakoze ubukwe n'umukunzi we Mucyo- Avuga ko yujuje buri kimwe yari akeneye ku mufasha 

Ku Cyumweru tariki 9 Nyakanga 2023,  nibwo Gauchi na Mucyo batangiye urugendo rwo kubana nk'umugabo n'umugore

 

Imiryango yombi yashyigikiye uyu muryango mushya

Wari umunsi udasanzwe mu buzima bwa Mucyo warushinze Gauchi usanzwe ari umuhanzi n'umushabitsi
Gauchi amaze imyaka irenga itanu ari mu muziki, yaherekejwe n'ibikorwa bifasha abandi bahanzi 

Gauchi ari mu bahanzi b'abanyamafaranga batavugwa! 

Ni cyo gituma umuntu azasiga Se na Nyina akabana n'umugore we akaramata, bombi bakaba umubiri umwe byanditse mu Intangiriro 2: 24  

Umuhanzi Yverry uzwi mu ndirimbo z'imitoma yaririmbye mu bukwe bwa mugenzi we Gauchi

Bahanye isezerano ryo gushyingirwa imbere y'Imana, biyemeza kubana Gikirisitu 

Itorero Intayoberana rizwi mu mbyino gakondo ryasusurukije abarenga 600 bitabiriye ubukwe bwa Gauchi n'umukunzi we Mucyo 

Imyaka ibiri yari ishize Gauchi na Mucyo bari mu munyenga w'urukundo wagejeje ku kwiyemeza kurushinga















KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'IKAZE' YA GAUCHI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND