RFL
Kigali

#Kwibohora29: Indirimbo 10 zahaye ‘Morale’ ingabo za RPA ku rugamba

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/07/2023 17:45
0


Mu gihe u Rwanda rwizihiza ku nshuro ya 29 Umunsi wo Kwibohora, ni byiza gusubiza inyuma amaso hakarebwa uruhare inganzo y’abahanzi yagize mu rugamba Ingabo zari iza RPA zarwanye, aho indirimbo zagiye zisohoka mu bihe binyuranye zabateye ‘Morale’.



Ubwo yari mu kiganiro na Televiziyo Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Nyakanga 2023, Perezida Kagame yavuze ko icyo asaba Abanyarwanda ari uguhora biha agaciro, kandi bagaharanira kuba abo bari bo.

Ati "Icyo nsaba Abanyarwanda ni icyo ngicyo cyo guhora biha agaciro, bumva amateka, amabi ya mbere twanyuzemo, icyabiteye kigahinduka mu bihe tugezemo, tukabikorera, tukabiharanira bityo tukaba  abo dukwiriye kuba abo turi bo."

Urugamba rwo kubohora Igihugu rwaranzwe n’ubwitange bw’Ingano zari iza RPA, uruhare rw’abanyarwanyanda bari mu mahanga, imbere mu gihugu n’ahandi kugeza ubwo Ingabo zibashije gutsinda urugamba.

Mu rugendo rw’urugamba, Ingabo za RPA zagiye zihimba indirimbo zabafashije mu kwishakamo ‘Morale’, ndetse amatorero nk’Isamaza, Indahemuka n’abandi babarizwaga mu Bubiligi bahimba indirimbo zabaye iz’ibihe byose.

Masamba ni umwe mu bahanzi bakoresheje inganzo mu rugamba rwo kubohora Igihugu. Yaririmbiye ahantu hatandukanye mu bitaramo zigata izazo, binjiza amafaranga atabarika harimo n’ibitaramo yafatanyaga n’Itorero Indahemuka. Buri wese yitangaga uko yari yifite, utari ufite amafaranaga yatangaga inka n’ibindi.

Uyu muhanzi yakoreye igitaramo i Lugogo muri Kampala n’ahandi. Amafaranga yakoreraga mu gitaramo yahitaga ajya mu isanduku y’Ingabo zari iza RPA, akifashishwa ku rugamba, ku buryo nta mafaranga na macye yasigaranaga.

Mu nshingano yari afite harimo gukora ibyo bitaramo bizana amafaranga, ariko akanigisha abakiri bato umuco no kuwusigasira, byanatumye agirwa Umutoza mu Itorero ry’Igihugu, Urukerereza.

Masamba yagiye ku rugamba kugira ngo afatanye n’abandi ‘Gushaka Igihugu’. Byaturutse ku buzima bw’iheza yari abayemo mu Burundi, nk’ukuntu Abanyeshuri b’Abarundi bakoraga ikizamini cya Leta cy’amashuri ku manota 45% ariko Abanyamahanga barimo n’Abanyarwanda bagakorera ku manota 80%.

Binoyengeraho ku kuba yaragiye yibutswa n’Abarundi ko n'ubwo ari umusitari mu gihugu cyabo, ariko ari Umunyarwanda.

InyaRwanda yakoze urutonde rw’indirimbo 10 zumvikanamo ubutumwa bukomeye, zahaye ‘Morale’ ingabo zari iza RPA ubwo zari ku rugamba.

Indirimbo ni nyinshi zakozwe mu gihe cyo kubohora urugamba, ariko twahisemo indirimbo 10, ndetse hagarukwa ku butumwa bukubiyemo.

1.Turaje 

Iyi ndirimbo yahimbwe n’itsinda ryabaga mu Bubiligi ririmo Nyiranyamibwa Suzane. Uyu muririmbyi waboneye izuba benshi, mu Kuboza 2016 nibwo yagarutse gutura mu Rwanda nyuma y’imyaka 40 yari ishize atuye mu Bubilgi.

Muri iyi ndirimbo ‘Turaje’ babwira abanyarwanda ko baje n’ibihumbi harimo ababyeyi, abasaza, abasore, abana, ko baje gutabara igihugu.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'TURAJE'

">

2.Indege irahinda

Iyi ndirimbo yahimbwe n’Itorero Isamaza yavugaga ko bagiye kuza gutabara igihugu; babwira abahungu bitegure bakere urugendo.

Ababyebyi babyaye babambarire impumbya ubundi babahe impundu abo baje gutabara; babwira abasigaye ko n’ubwo batagiye ku rugamba nibura babahe impamba ibaherekeza ku rugamba.

Iyi ndirimbo ‘Indege Irahinda’ yahimbwe Nyiranyamibwa Suzanne. Uyu mubyeyi arazwi cyane kandi mu ndirimbo nka ‘Ese mbaze’, ‘’Ndavunyisha’, ‘Nkumbuye iwacu’, ‘Nimuberwe bakobwa’, ‘Ituze’, ‘Telefone’ n’izindi.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'INDEGE IRAHINDA'

">

3. RPF turatashye

Yahimbwe n’inkotanyi. Bavuga ko imyaka imaze igihe barabujijwe gutaha barabahejejew ishyanga.

Kandi ko umuzungu ariwe wabibyemo Abanyarwanda amacakubiri abereka ko bagahuje inkomoko, ko bamwe bavuye muri Tchad abandi muri Ethiopia.

Rero ko biteguye guhashya uwo wababujije gutaha ko bashaka gukorera igihugu bose hamwe ari umwe.

Iyi ndirimbo iherutse gusubirwamo n’umuhanzi Cyusa Ibrahim. Iri mu ndirimbo 14 yakubiye kuri album ye ya mbere yise ‘Muvumwamata’.

Cyusa aherutse kubwira InyaRwanda ati “Iyi ndirimbo yibutsa abanyarwanda icyabatanyije kikaba cyarabaviriyemo ikibi bitewe n’umuzungu. Nkayikundira ko igaragaza ukwibohora kwa nyako, igasoza ivuga ko tugomba twese kunga ubumwe nk’abanyarwanda.”

CYUSA  AHERUTSE GUSUBIRAMO INDIRIMBO 'RPF TURATASHYE'

">  

4. Intsinzi

Iyi ndirimbo yahimbwe na Mariya Yohana ayihimba mbere y’uko Ingabo zari iza RPA zitsinda urugamba, ariko biyumvagamo intsinzi.

Gusa yifashishije ‘melodie’ (Ururirimbo) y’indirimbo ya gisirikare yo hambere. Ivuga ngo singe na matalala singee; singe na matalala singe. gusa yaririmbaga avuga ko abona intsinzi ahantu hose; yaraguza umutwe; yabaza Imana hose arahabona intsinzi.

Mariya yigeze kuvuga ku mvano y’iyi ndirimbo agira ati “Indirimbo “Intsinzi” nayihimbye ubwo abana bacu bajyaga ku rugamba, ngira ngo nibayumva ijye ibatera imbaraga bakomeze umurego aho barwanirira igihugu.”

“Nibyo koko bararwanye kandi baratsinda, ndetse naje kumenya ko hari n’Abanyarwanda bayumviraga hirya no hino aho bari bihishe bumvaga bagiye gutabarwa.”

“Ubu barishima iyo bongeye kuyumva kuko bibuka ibihe bitoroshye banyuzemo n’uko batabawe.”

Iyi ndirimbo yifashishijwe cyane mu gihe cyo gukusanya inkunga yo gufasha ababaga bari ku rugamba, abababaye n’abandi. Yacuranzwe cyane mu kwishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame mu matora.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'INTSINZI' YA MARIYA YOHANA

">

5. Girubuntu

Iyi ndirimbo ‘Girubuntu’ yahimbwe na Karigirwa Jeanne. Hari abavuga ko hafi 90% by’indirimbo z’Itorero Indahemuka zahimbwe na Karigirwa Jeanne.

Abandi bakavuga ko hafi 90% by’indirimbo z’Itorero Isamaza, zahimbwe na Nyiranyamibwa Suzane afatanyije na Karigirwa Jeanne.

Isamaza ryari Itorero rinini cyane mu Bubiligi bateraga inkunga Inkotanyi ku rugamba.

Mu ndirimbo ‘Girubuntu’, Isamaza bayihimbye kugirango basabe abantu kwitanga bababwira ko bagomba kwitangira urugamba.

Bati dore Rwigema yaritanze na Bayingana bajyana na Bunyenyezi. Bati ‘ndabasanze imfura z’u Rwanda baritanze’.

Muri rusange yahimbwe hagamijwe gukusanya inkunga yo gufasha inkotanyi ziri ku rugamba.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'GIRUBUNTU'

">
 

6. Iya mbere Ukwakira (Iya 1 Ukwakira)

Iyi ndirimbo yahimbwe n’inkotanyi bavuga ko iyo tariki aribwo binjiye. Ubwo binjiye ingazo za mouvoma (Ubwo bavugaga ingabo za kera) ko zababonye zigahunga; habyarimana agahamagaza amahanga bakaza nabo bakabatsinda.

Muri rusange ni indirimbo yo kwirata ubutwari. Hari aho baririmba bati 'Iya mbere ukwakira ku wa 90, twarose inzozi nziza ko tugiye kwambuka, mu gitondo cya mbere twari dusesekaye ntawadukomeye imbere, oye Nkotanyi.

Bavugamo uduce bari bamaze gufata nka Ruhengeri, Kagituma, Umutara, Gatanu, i Burunga n'ahandi. 

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'IYA 1 UKWAKIRA'

">

7. Dushengurukanye isheja

Iyi ndirimbo yahimbwe n’Itorero Indahemuka. Yavugaga yirata ibigwi n’intsinzi by’inkotanyi.

Aho yavugaga iti “Twarwaniye amahoro none turayatsindiye muze tuyature hano iwacu i Rwanda.” Bavuga aho bagiye batsindira gutyo gutyo.

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'DUSHENGURUKANYE ISHEJA'

">

8. Fourteen

Iyi ndirimbo yahimbwe n’inkotanyi bivuga ibigwi ko babise ingegera bakanabita inyangarwanda ariko babakubise umuriro babona ko bikomeye basaba imishyikirano.

Baririmba bavuga ko Ingabo za RPA zinjiye mu Rwanda zinyuze i Gatuna, Kagitumba, bati 'ku Murindi turahata'. Bavuga ko bamaze gufata Kanombe boboheye Kigali.

Banagaruka ku duce turimo Gisenyi, Kibuye n'ahandi bari bari mu birindiro biteguye urugamba. Iyi ndirimbo mu myaka ine ishize yasubiwemo n'umuhanzi Massamba Intore.

9.Inzovu

Iyi ndirimbo n’iy’itorero Indahemuka. Gusa irazimije kumenya impamvu iyo nzovu, intare yayibonye ubundi abahungu bakayigota yabura aho ica bakayifata.

Umuhanzi Cyusa Ibrahim yabwiye InyaRwanda ko atekereza ko inzovu bavugaga ari umwanzi ufite ibikoresho n’ubuhangange ariko ko byarangiye afashwe.

Iyi ndirimbo isoza bahumuriza abanyarwanda bati “Yemwe bana muhumure ntidusenya turubaka; turi bene mugabo umwe. Bivuga ko twese turi umwe.”

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'INZOVU'

">

10. Demokarasi

Iyi ndirimbo yahimbwe n’Indahemuka,bavugaga ko abanyarwanda bagomba kuba umwe. Ko inkotanyi zizira umuze zigira intego na gahunda ihamye zanga umwanda zihorana umucyo.

Ko zitivuruguta mu bibi. Ni indirimbo yari iyo gukundisha abanyarwanda inkotanyi; no kumva ko demokarasi igomba kwimirizwa imbere.

Bati “Reka twiririmbire Demokarasi. U Rwanda ni urwacu ntawe utuburanya agatsinda turi bene mugabo umwe.”

“Inzira ni ubumwe ibindi byose byaza ejo ikindi ni ukuri, kuko iyo ubeshye umara inka. Twijukire ibyo twasinyiraga Arusha hato tutazarimba nk'umwe w'inkoko kandi ururimo inda ntirukirimbanwa.”

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'DEMOKARASI' Y'ITORERO INDAHEMUKA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND