RFL
Kigali

Ama G yahuje abarimo Bruce Melodie na Theo Bosebabireba mu kumurika album yise ‘Ibishingwe’

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:17/06/2023 19:18
0


Umuraperi Hakizamana Amani [Ama G The Black] yatumiye abahanzi b'inshuti ze z'igihe kirekire barimo Bruce Melodie, Theo Bosebabireba na Senderi Hit mu kumurika album ye nshya yise 'Ibishingwe' inshingiye ku bintu bimwe na bimwe abantu birengagiza kandi bifite agaciro mu buzima bwabo.



Ama G yabwiye InyaRwanda ko iyi album yahisemo kuyita 'Ibishingwe' nyuma yo kubona ko hari 'ibintu biba bifite agaciro abantu ntibabibone'.

Abigereranya na Zahabu iyo igitabye mu gitaka abantu baba batarabona agaciro kayo, ariko iyo yogejwe ivuye muri icyo gitaka ivamo ibuye ry'agaciro rihenze kandi ryihagezeho ku Isi yose.

Uyu muraperi wamamaye mu ndirimbo zitandukanye, anatanga urugero rw'uburyo abantu batajya batekereza ku bakozi bakoresha mu rugo, kenshi usanga aribo bamara igihe kinini mu nzu, ku buryo utagakwiye kuvuga ko iyo nzu ari iyawe wenyine.

Ati "Nubwo wiyemera ngo ni iyawe, ayiraramo kukurusha, ayirirwamo kukurusha,' akurerera abana wowe wakareze ariko kubera akazi kagutwaye ukanamuhemba, (warangiza) ukamufata nk'ibishingwe."

Muri rusange, Ama G avuga ko yatekereje iri zina yahaye iyi album, mu rwego rwo kugaragaza ko nta muntu uri hejuru y'undi muri ubu buzima bushira.

No gufasha abantu kongera gusubiza amaso inyuma bakareba urugendo rw'ubuzima banyuramo. Ati "Ubuzima ni magirirane."

Iyi album izaba iriho indirimbo 10. Hariho indirimbo nka 'Isi' yakoranye na Yago, 'Ibitendo' yakoranye na Muuv, Trizzie98&Real, hari kandi 'Irobo' yakoranye na Roddy n'izindi.

Mu kumurika iyi album, Ama G The Black avuga ko azakorana n'abahanzi barimo Bruce Melodie, Theo Bosebabireba, Senderi, Young Grace, Rafiki, Papa Cyangwe, Young Grace, Rodi, Tonalite, Melvis, Fifi Raya n'abandi. Ndetse, avuga ko ari gutekereza kongeramo abandi bahanzi bazakorana muri iki gitaramo.

Uyu muraperi avuga ko yagiye ahura n'imbogamizi mu gutunganya iyi album, kuko hari abahanzi yagiye yiyambaza bikarangira batabonetse bitewe n’ibyo babaga bahugiyemo.

Ndetse, avuga ko icyorezo cya Covid-19, cyatumye atabasha kumurika iyi album ku gihe yari yihaye. Ibi bituma iyi album ayifata nk’idasanzwe mu buzima bwe, kuko yamuvunye.

Ati "Naje gufata umwanzuro wo kuvuga nti ariko ubundi iyo umuntu agerageje, gerageza byange ariko wagerageje. Rero iyi album ikintu isobanuye mu buzima bwanjye bwa muzika, n'iyo album imvunye ariko inabereye ahantu heza mu Mujyi rwagati.”

“Izindi nazikoreraga hirya no hino, uretse ko iyi album inafite n'impanga nayo nzabamenyesha mu gihe kiri imbere."

Iki gitaramo cyo kumurika iyi album idasanzwe mu buzima bwa Ama G The Black kizaba ku wa 1 Nyakanga 2023 kuri City Tower Show Ground.


AmaG The Black yatangaje ko agiye gushyira hanze album yise 'Ibishingwe' mu gitaramo azakora ku wa 1 Nyakanga 2023 

Bruce Melodie na Ama G The Black bakunze kumvikana mu itangazamakuru mu nkuru z’umwuka mubi hagati y’abo 

Theo Bosebagireba agiye kugaragara muri iki gitaramo nyuma y’uko akomorewe muri ADEPR 

Senderi ni inshuti y’igihe kirekire ya Ama G  The Black byatumye amwiyambaza mu kumurika iyi album 

Ama G The Black yavuze ko agikomeje ibiganiro n’abandi bahanzi bazamufasha mu kumurika iyi album, ku wa 1 Nyakanga 2023

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO AMA G YAKORANYE NA YAGO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND