RFL
Kigali

Imitoma, Isengesho n'inzoga! Byinshi kuri Album nshya Juno Kizigenza yashyize hanze

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/06/2023 11:22
0


Umuhanzi Juno Kizigenza umaze imyaka itatu mu muziki yashyize ahagaragara album ye ya mbere yise ‘Yaraje’ iriho indirimbo 17 yakoranyeho n’abahanzi banyuranye.



Ni album yihariye mu rugendo rwe rw’umuziki, kuko yayikoranye n’abahanzi bakuru mu muziki barimo Butera Knowless, King James, Bull Dogg, Riderman, Bruce Melodie, Kenny Sol ndetse na Ally Soudy.

Yakozweho na ba Producer barimo MadeBeats usigaye abarizwa mu Bwongereza, Santana wo muri Hi5, Price Kiizi wo muri Country Records, Kozze, Bob Pro, Kina Beats, Nase Beat n’abandi banyuranye bagiye bahuza imbaraga mu gutuma  igira icyanga.

Ubwo yashyiraga  hanze iyi album, Juno Kizigenza yagize ati “Imfura yanjye mu mizingo yageze hanze ahantu hose bumvira imiziki. Reka mfate umwanya wo gushyimira buri wese wagize uruhare kuri iyi album, abahanzi bagenzi banjye, aba Producer n’abandi.”

Knowless Butera aherutse kubwira InyaRwanda ko iyi album iri mu zo yishimiye gutangaho umusanzu we. Ati “Juno ni umuhanzi mwiza nkunda, nawe afite album nziza cyane, hari n'indirimbo twakoranyeho. Muyitege, ni album iteye ubwoba, izabashimisha."

Iyi album iriho indirimbo ‘Yaraje’ ari nayo yitiriye iyi album ye ya mbere. Yitsa ku buzima bwe, ku kuntu yinjiye mu muziki ubwo yari afite imyaka 20 y’amavuko.

Mu ndirimbo ‘Umusore’ yiganjemo cyane umudiho wa Kinyarwanda, kandi ayiririmba ayumvikanisha neza amagambo ayigize.

Iyi ndirimbo 'Umusore' irazwi cyane mu myaka itambutse. Yakunze kwifashishwa cyane mu matorero anyuranye yo mu Rwanda, ndetse yanakunze kwifashishwa n'abasukuti.

Mu ndirimbo 'Champion', yigarukaho avuga uburyo hari abagiye bavuga ko azacika intege mu muziki, ariko akumvikanisha ko Nyina yamubwiye kujya ashyira imbere isengesho kuko byose bihira abakunda Imana.

Akavuga ko igihe kimwe, izina rye rizavugwa mu ruhando rw'abanyamuziki. Avuga ko ashima Imana kubera aho igeze ikora, kuko abona intambwe amaze gutera mu rugendo rwe rw'umuziki.

Indirimbo ye yise 'Roke' irabyinitse izizihira cyane abanyabirori. Aririmba yishyize mu mwanya w'umusore uri gutumira bagenzi be n'abandi kugira aho bahurira ubundi bakishimisha, aba avuga ko babyina kugeza bukeye, kandi ko Dj yateguye indirimbo nziza zibafasha kwizihiza ijoro ryose.

Muri rusange ni indirimbo yo kwishimisha, kuko abavuga ko basoma icupa kugeza ubwo n'amafaranga ariko kuri Sacco bayabikuje.

Indirimbo ye 'You' yakoranye na King James yubakiye ku mitoma cyane. King James yifashishije amagambo y'urukundo aririmba ataka umukunzi we amubwira 'kwizera ko atazagira ababara'.

Yunganirwa na Juno Kizigenza uririmba nawe abwira uyu mukobwa ko n'ubwo ab'isi bashaka kubatandukanya, bitazagira bibaho, kuko azamukunda kugera ku mpera y'Isi.


King James yahuje imbaraga na Juno Kizigenza bakoranye indirimbo 'You' iri kuri album 'Yaraje'

Indirimbo 'Abracadabra' yubakiye ku rukundo. Aririmba yishyize mu mwanya w'umusore ubwira umukobwa ko yiteguye gukora buri kintu cyose kizatuma urukundo rwabo rurashaho kuryoshya. Amubwira ko amukunda, kandi ko amurinda kwigunga.

Uyu musore avuga ko 'ndi igicumbi cy'ibyiza' ku buryo azakora ibishoboka bizatuma adasondeka uyu mukobwa. Ati "Kuko uri urukundo rwanjye, mukunzi wanjye...Ndagukunda.."

Indirimbo 'Umugisha' yayikoranye na Butera Knowless: Baririmba baterana imitoma, umwe avuga ko umutima we utuje 'kuko nkufite byuzuye'. Umwe aba avuga ko 'amarira ntarize sinshaka ko no kuyibuka, kuko ubu ndi ikiremwa gishya'.

Umusore aba avuga ko ashaka kujya abyuka amubona iruhande rwe 'kuko uri umugisha wanjye'. Juno aririmba yishyize mu mwanya w'umusore, akavuga ko 'amahirwe yagize ni ukuba witwa uwanjye'.

Muri iyi ndirimbo, Knowless aririmba yishyize mu mwanya w'umukobwa, agashima umusore ko yaje mu gihe  cyiza, kandi ko atamukinishirije umutima, amwizeza ko urukundo ruzahora rwiyongera. Ati "Ndiho ubuziraherezo... Ndi ikiremwa gishya."

Mu ndirimbo 'Isengesho', uyu munyamuziki aririmba avuga ko ashaka kuba uw'Imana  kandi  ko anyotewe no kuyoborwa n'ayo n'ubwo Isi kenshi imuvangira. Asaba Imana kumukurira mu nzira ibimusitaza. Ati "Uzamfate ikiganza ugeze aho ntacyeka."

Iyi ndirimbo yumvikanamo amwe mu magambo yaririmbye mu rurimi rw'Igifaransa. Avuga ko abantu banyura muri byinshi muri iyi Si 'yanduye', agasaba Imana kumuha imbaraga.


Umuraperi Riderman yahuje imbaraga na Juno Kizigenza bakorana indirimbo 'My Wife'

Mu ndirimbo 'Mama', aririmba ku musore wakiriye ibaruwa y'umubyeyi we amugira inama yo kwitondera ubuzima, kandi akamubwira ko amusengera umunsi ku munsi. Uyu musore avuga ko ibyo nyina yamwifurizaga birimo kubona umukunzi mwiza yamubonye, kandi ko barushinze.

Avuga ko uwo akunda ari imfura kandi ni umukristu nk’uko Nyina yabyifuzaga. Avuga ko amutetesha bitandukanye n'abandi bakobwa bakundanye, akabwira umubyeyi kudahangayika 'kuko ubu ndashikamye'. Ati "Umwiza wansabiraga naramubonye."

Mu ndirimbo 'Biraryoha', aririmba ku musore uryohewe mu rukundo uba wibaza impamvu uwo mukobwa ataje mu buzima bwe mu bihe byabanje, akamubwira ko ariwe butunzi afite, kandi 'amarangamutima yanjye niyo yawe'.

Uyu musore aba avuga ko akumbuye umukunzi we, ku buryo aba atariwe urota igihe kigeze ngo  atahe ave ku kazi bongere kubonana.

Mu ndirimbo 'Tonight' yakozwe na Santana Sauce. Aririmba ku musore uba wumvikanisha ko umukobwa atamukunda neza nk'uko byagakwiye. Bigera n'aho amubwira ko yabonye amafaranga akamusaba kwifatanya nawe bakishimisha, ariko umukobwa akagaragaza ko ataramwiyumvamo.

Mu ndirimbo 'Ikirara' yakozwe na Niz Beat, Juno Kizigenza aririmba ku musore utacyizerera mu rukundo, kuko ashingiye kubyo amaze kunyuramo abona nta hazaza h'urukundo. Aba avuga ko ari ikirara, akabwira umukobwa ko n'ubwo bakundana bitavamo.

Uyu musore agera aho asaba Imana kumuvana muri ubu buzima aba ari kunyuramo. Avuga ko ashobora kubera mwiza uwo mukobwa, ariko atazi niba ashobora kumwitaho nk'uko bikwiye.

Mu ndirimbo 'Overdose' yakoranye na Bulldogg yubakiye ku mudiho wa Trappish. Yubakiye ku rukundo, ku musore uba ubwira umukobwa ko yakora buri kimwe cyose cyatuma urukundo rw'abo rurenga igipimo.

Ni umusore uba uvuga ko azibira ikiyuya kugeza ubwo atsindiye uyu mukobwa. Juno

Indirimbo 'My wife' yakoranye na Riderman mu buryo bw'amajwi yatunganyijwe na Kozee. Ishingiye ku musore uba uvuga ko ashingiye ku myitwarire, uburanga bw'umukunzi we n'ibindi ariwe azabona bazabana ubuzima bw'abo bwose.

Yunganirwa na Riderman wisunga Hip Hop uririmba avuga ko uyu mukobwa adasanzwe, kandi ko ari umufana we w'igihe kirekire. Ati "Ni urukundo rwanjye, agomba kumbera umugore wanjye."

Indirimbo ye 'La Vie', ishingiye ku kubwira buri wese kugaragariza amarangamutima uwo akunda, agashishikariza abantu kwishimira ubuzima, avuga ko n'ubwo abantu bamwanga cyangwa se bakamukunda bose iherezo ari rimwe. Ati "Wabona uzanabanza."

Avuga ko n'ubwo muri iki gihe atari umwami, ariko ntazi icyo azaba ejo hazaza. Ati "Ishimira ubuzima ubu...Aha ku Isi nkunda cyangwa unyange nawe uzagenda, wabona uzanabanza."

Indirimbo 'Igitangaza' yakozwe na Element ayikorana na Kenny Sol na Bruce Melodie. Yubakiye ku mutoma itangaje, hari nk'aho bagira bati "Niba ushaka ifi baguhe ikivu'. Bruce Melodie aririmba abwira umukobwa ko adasanzwe mu buzima bwe 'kuko meze nk'uwatoye ifeza'. Yunganirwa na Kenny Sol uririmba abwira umukobwa ko yamwemeje, ku buryo amufata nka Malaika.

Mu ndirimbo 'Zezenge' aririmba ku muntu wabaswe n'inzoga. Avuga ko uburyo agaragara bituma buri wese amubonamo umusaza. Atanga urugero ku ijoro ryakeye, uburyo yasengereye akanasinda, ikofi ye bakayiba, kandi ko yiyumvamo amashagaga yo gusesera.  Aba avuga ko yayobotse inzoga za macye.

 Juno agaragaza indirimbo 17 yakubiye kuri album ye ya mbere zasabye ubwitange
 

Mu ndirimbo yakoranye na Butera Knowless bagereranya umugisha no guhirwa ku musore mu rukundo 

Mu ndirimbo ‘Zezenge’, Juno Kizigenza aririmba ku muntu wabaswe n’inzoga n’ingaruka zimugeraho


Iyi album iriho indirimbo ‘Igitangaza’ yakoranyeho na Bruce Melodie wabaye umujyanama we na Kenny Sol bahoranye muri Label

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 17 ZIGIZE ALBUM ‘YARAJE’ YA JUNO KIZIGENZA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND