RFL
Kigali

Exclusive: AMAFOTO y’umunya-Canada Cecile ugiye gukora ubukwe na Bahati

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/06/2023 9:34
1


Umwaka n’amezi atandatu birihitse, umunyamuziki Bahati wahoze mu itsinda rya Just Family atangaje ko yambitse impeta umukunzi we Cecile Unyuzimfura.



Icyo gihe hari tariki 27 Ukuboza 2021. Yasohoye amafoto amugaragaza ashinga ivi akambika impeta, ariko yagaragaje intoki z’uyu mukobwa.

Bahati yigeze kubwria InyaRwanda ko umuhango wo kwambika impeta uyu mukobwa wabereye muri Kenya mu nyanja y’Abahinde. Ariko icyo gihe, yirinze kugaragaza isura y’uyu mukobwa.

Kuva icyo gihe ntawigeze aca iryera uyu mukobwa usanzwe ufite ubwenegihugu bwa Canada, ndetse hari amakuru avuga ko Bahati azahita amusangayo. Ku mbuga nkoranyambaga za Bahati ntiwashoboraga kubona uyu mukobwa.

Icukumbura ryakozwe na InyaRwanda rigaragaza amwe mu mafoto yafashwe mu bihe bitandukanye Bahati ari kumwe n’umukunzi we Cecile Unyuzimfura, ubwo bari mu biruhuko muri Kenya.

Ni amafoto agaragaza akanyamuneza hagati y’aba bombi, batemberera ku mazi n’ibindi bikorwa kenshi bisiga urwibutso hagati y’abakundana.

Bahati aherutse kugaragaza ko tariki 5 Kanama 2023 aribwo azakora ubukwe mu muhango uzabera kuri Saint Paul mu Mujyi wa Kigali.

Ni mu gihe gusaba no gukwa bizaba tariki 29 Nyakanga 2023, mu birori bizabera kuri Prime Garden. Ati “Kuza kwanyu ni inkunga ikomeye cyane.”

Bahati aherutse kwakira Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza

Ku wa 28 Gicurasi 2023, Apôtre Alice Mignonne Kabera washinze Women Foundation Ministries ndetse akaba n’Umushumba Mukuru wa Noble Family, yabatije mu mazi menshi Bahati Makaca mu gihe ari kwitegura ubukwe bwe.

Icyo gihe, Bahati yatangaje ko anejejwe no gupfana na Kristo akazukana nawe, kandi ko anejejwe no kubatirizwa mu idini rya Pantekote.

Ati “Nejejwe binturutse ku mutima ku bwo gupfana na Kristo nkazukana nawe, ikindi kinshimishije ni uko nabatijwe muri Pantekote.”

Apôtre Alice Mignonne Kabera, yavuze ko ‘Imana yari yarambwiye ko nzaba Pasiteri w’abasitari’.Atangaza ko yishimiye guha ikaze Bahati mu itorero.

Bahati yasobanuye ko yatangiye gusengera muri Women Foundation Ministries bigizwemo uruhare n’umukunzi we. Yavuze ko Cecile Unyuzimfura ku nshuro ya mbere yamusabye kujya gusengera kwa Mignonne amwizeza kumugurira icyo kunywa.

Uyu munyamuziki avuga ko bitewe n’uburyo yakiriwe muri iri torero yagiye aryisangamo, bigeza n’aho atangira kujya yijyanayo yibwirije.

Nyuma yo kubatizwa, Bahati yasabiye umugisha Mignonne. Ati “Mana ya Apostle Mignonne Kabera, wowe yizeye akagukurikira, wowe utarigeze umutenguha, ndagusabye nk'uko wagendanye nawe igihe kinini ntakuveho, nanjye gendana nanjye bana nanjye ngusabye ubwenge Mana bwo kumenya kuba mu byanditswe byera, ibi mbisabye nizereye munsi y’amavuta y’umukozi wawe wizeye ukamuragiza intama nyinshi. Amen”.

Bahati wahoze mu itsinda rya Just Family ari kwitegura gukora ubukwe na Cecile Unyuzimfura  

  

Bahati n'umukunzi we Cecile ubwo bari mu biruhuko mu gihugu cya Kenya

 

Uyu mukobwa usanzwe ubarizwa muri Canada yahisemo guhurira na Bahati muri Kenya 

Cecile ugiye kurushinga na Bahati asanzwe afite ubwenegihugu bwa Canada 

Bahati amaze igihe ari mu rukundo na Cecile byagejeje ku kwiyemeza gukora ubukwe 

Bahati aherutse kwakira agakiza nyuma y'uko umukunzi we amusabye kujya gusengera kwa Mignonne












TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Julienne1 year ago
    Yoooh cecile mama urqmbqbaje pe Abandi barafinda bakagwa ku mugisha None Wowe utarinze uguye Kuri iyi makaca ya escro Yewe gukura si ikintu Ariko aho kugwa Kuri makaca nabaho njyenyine Uyu si umugabo Urambabaje pe ukuntu witondaga None uragamburujwe





Inyarwanda BACKGROUND