RFL
Kigali

Ubu ni ugupfa no gukira - Abakinnyi b'Amavubi bamaramaje - AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:14/06/2023 7:58
0


Bamwe mu bakinnyi b'Amavubi baremeza ko nta yandi mahitamo ahari, usibye gutsinda umukino wa Mozambique, ubundi bakaguma mu murongo wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika kizabera muri Cote D'Ivoire umwaka utaha.



Amavubi ari kwitegura umukino wa gatandatu wo mu itsinda L aho azakira kuri iki cyumweru ikipe y'igihugu ya Mozambique, mu mukino uzabera kuri sitade ya Huye. N'itsinda ry'abakinnyi bakiri bato, bahuje imyumvire ndetse n'inyota yo guhesha ishema abanyarwanda bakora ibyo buri umwe wese uririmba Rwanda Nziza yifuza. Abakinnyi b'ikipe y'igihugu Amavubi baremeza ko igihe kigeze bakabona amanota atatu kandi ko nta mahitamo yandi ahari, gusa bagasaba abafana kizaza kubashyigikira.

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE N'UMUTOZA CARLOS

">Manzi Thierry ni umwe mu bakinnyi bakuru bari muri iyi kipe, yemeza ko igihe ari iki bakagira icyo bakora. Yagize Ati”Ndatekereza ko umukino turi kwitegura, ari nk'umukino wa nyuma kuri twebwe, ibyo turi kuganira byose imyitozo turi gukora nta kindi igamije usibye kubona amanota 3. Icyo navuga, abanyarwanda nibaze badushyigikire, akenshi dukunze kugerageza bikanga ariko kuri iyi nshuro turi kwirebaho kandi tugomba kugerageza tugaha intsinzi abanyarwanda banyotewe."

Amanzi Thierry, niwe mukinnyi uheruka gutsindira Amavubi igitego mu mikino iyariyo yose 

Ntabwo ari Thierry gusa kuko na Djihad ushobora no kuba Kapiteni, nawe yunga mu rye. Yagize Ati''ubu tumaze iminsi itari mike  twitoza, imyitozo turi gukora iragaragaza ko uyu ari nk'umukino wa nyuma wacu. Nta yandi mahitamo dufite, urebye umukino wa Benin uheruka uko byagenze, so rero uyu mukino ni ugupfa no gukira kugira ngo dusubire mu irushanwa neza."

Djihad Bizimana, umwe mu bakinnyi bo gutanga icyitegererezo mu ikipe y'igihugu bigendanye ni igihe ayimazemo 

Ntabwo u Rwanda rwari ruherutse kugira itsinda ry'abakinnyi bafite impuzandengo y'imyaka mito, dore ko ukoze igereranya, wasanga nibura ikipe yahamagawe ifite ikigero cy'imyaka 26, kuko umukinnyi mukuru urimo, ni Usengimana Faustin ufite imyaka 29.

Abandi bakinnyi baganiriye n’itangazamakuru nabo bemezaga ko kubera ubufatanye bafitanye hagati yabo, bizeye ko bizagenda neza mu mukino ukurikira

Amavubi arasabwa nibura gutsinda Mozambique akuzuza amanota 5, ubundi Senegal igatsinda Benin bakanganya amanota, hanyuma U Rwanda rugasigara rusabwa gutsinda Senegal.

"Uyu ni umukino wa mbere tugiye gukinira mu rugo dufite abafana, kandi n'umukino wa mbere uheruka twakinnye neza. Ubu nta mukinnyi n'umwe tubura, ndizera ko uyu mukino wa Mozambique twakwizera intsinzi kuko ni umukino ufite igisobanuro gikomeye." Umutoza Carlos aganira n’itangazamakuru 


Amavubi arerekeza i Huye kuri uyu wa Gatatu nta gihindutse

Kanda hano urebe amaforo menshi y'imyitozo y'Amavubi

Amafoto: Ngabo Serge - InyaRwanda.com

Video: Nyetera Bachir - InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND