RFL
Kigali

UEFA: Burna Boy yaciye agahigo katarakorwa n’undi muhanzi muri Afurika – AMAFOTO & VIDEO

Yanditswe na: Daniel HAVUGARUREMA
Taliki:11/06/2023 11:39
0


Burna Boy yaririmbishije ibihumbi 75 by’abafana bitabiriye umukino wa nyuma wa UEFA Champions League, ururimi rw’iki-Igbo n’iki-Yoruba abinyujije mu ndirimbo ze zakunzwe zirimo ‘Last Last’, ‘Plenty’ n’izindi.



Umuhanzi Burna Boy ukomoka muri Nigeria yaciye agahigo ko kuba umuhanzi wa mbere muri Afurika utaramye ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, wahuje Man City na Inter Milan ku mu goroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kamena 2023.

Uyu mukino wari witezwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu Isi hose, wahuruje abafana barenga ibihumbi 75 bakoraniye muri Sitade Atatürk Olympic iherereye Istanbul muri Turukiya bihera ijisho uburyo Man City itsinda 1-0 Inter Milan mu buryo butari bworoshye.

Burna Boy na Anitha umwe mu bahanzikazi bakunzwe ku mugabane w’Amerika y’Epfo by’umwihariko mu gihugu cya Brazil nibo bafunguye ibyishimo by’aba bafana mbere y'uko Man City ihetswe n’abakinnyi bakomeye barimo Erring Haaland n’abandi yegukanye iki gikombe, ikigereka ku cya Shampiyona y’Ubwongereza [Premier League] ndetse n’icya FA Cup.

Ageze ku ndirimbo ‘Last Last’ yaciye uduhigo dutandukanye, mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga abafana bayiririmbye ijambo ku rindi nubwo abenshi batumva indimi z’iki-Igbo, n’iki-Yoruba ndetse n’icyongereza k’iki-Pidgin [Kivanze n’ururimi gakondo] yaririmbwemo.

Abafana kandi bishimiye indirimbo ‘Plenty’ n’izindi ziri kuri album ye nshya ‘Love Damini’ bikomeje gushimangira ingingo y'uko umuziki ubwawo ari uririmi mpuzamahanga.

 Nyuma yo gutarama ubwo yari ku meza y’Ubusesenguzi hamwe n’abanyabigwi mu mupira barimo Thierry Henry, Jimmy Carragher na Micah Ricards yavuze ko atifuzaga ko Man City itsinda kubera ko afana mukeba wayo.

Yagize ati” Ndi umufana wa Man United kandi sinifuzaga ko Man City itsinda ariko nta kundi. Abafana banyakiranye ibyishimo.”

Burna Boy aciye aka gahigo nyuma y'uko mukuru we mu muziki David Adeleke wamamaye nka Davido nawe  ukomoka muri Nigeira , yataramiye abarenga ibihumbi 90 bari bakoraniye muri sitade ya
Lusail Iconic Stadium yo muri Qatar aho bari bitabiriye umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi wahuje Argentina na France.

Iki gihe Davido yabaye umuhanzi wa mbere muri Nigeria wari uciye aka gahigo naho ku mugabane w’Afurika abarimo Youssou N’Dour 
wo muri Senegal na Angelique Kidjo ukomoka muri Benin nibo babimburiye abandi gutaramira abafana bangana batyo mu gikombe cy’Isi.


Burna Boy yaririmbishije abarenga ibihumbi 75 b'abazungu indimi z'iwabo muri Nigeria zirimo Iki-Igbo n'iki-Yoruba

Anitha umwe mu bahanzikazi bakunzwe muri Amerika y'Epfo na Brazil yari mu btaramiye abafana ibihumbi 75 bitabiriye EUFA Champions League

Uyu mukino warangiye Man City itsinze 1-0 Inter Milan yegukana igikombe cya EUFA Champions League ku nshuro ya mbere 

Davido yaciye agahigo ko kuba umuhanzi wa mbere muri Nigeria wataramiye abarenga ibihumbi 90 bitabiriye umukino wa nyuma w'igikombe cy'isi muri ruhago m 2022

">Burna Boy  yaciye agahigo

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND