Abantu benshi bakunze kurwara umutwe udasanzwe uzwi nka "Migraine),nyuma y'uko banyweye inzoga ndetse benshi bakaba bahura n’ibindi bibazo bitandukanye ariko menya icyo usabwa gukora kugira ngo usubirane ubuzima butunganye.
Umutwe udasanzwe ukunze kwibasira abantu banyweye inzoga,ukunze
gufata uruhande rumwe rw'umutwe,bamwe bagahita bagira iseseme bakaba
baruka,isereri,kumva bazibye amatwi cyangwa bakumva amajwi menshi mu matwi yabo
ababangamira.
Inzoga zigera mu mubiri w’umuntu akihagarika kenshi. Iyo umuntu ari
kwihagarika kenshi ninako amazi ari mu mubiri agenda akamuka,umubiri ukagenda
ucika intege gahoro gahoro.
Mu bushashatsi bwakozwe n’ikigo cyitwa American Migraine Foundation,
bwagaragaje ko umuntu uhura n’iki kibazo ashobora kunywa inzoga nyuma y’iminota
30 kugeza ku masaha atatu akaba yamaze kwatakwa n’uyu mutwe ukabije.
Nubwo benshi badahura n’uyu mutwe ubababaza bikabije,bakunze gucika intege
babyutse nk'uko bakunze kubyita ngo bafite “hangover” ariko byose biterwa no
kunywa agasembuye kenshi bagatakaza amazi menshi mu mubiri.
Bamwe bafata inzoga zitandukanije ubwoko n’ubukana bakazivanga
ndetse ibyo bisa no gushyira uburozi mu mubiri kuko bisa no guhuza imbaraga
zirimbura umubiri.Inzoga zifite ubukana buremeye ziragenda zigatwika ibihaha
bikangirika.
Mu kiganiro na Dr Gasore wita ku ndwara zifata amagufa,yatangarije
InyaRwanda ko kunywa inzoga nyinshi bigira ingaruka nini ku mpyiko bigatuma
umuntu yihagarika buri kanya,amazi agashira mu mubiri.
Yakomeje avuga ko kubura kw’amazi ahagije mu mubiri bituma ubwonko
bwohereza amazi bwari gukenera mu mikorere yabwo kugira afashe izindi
ngingo,ibyo bigahita bitera umutwe udasanzwe igihe umuntu akomeje kunywa inzoga
asohora amazi ariko ntayandi anywa.
Ubwo yatangaga inama ku banywi b’inzoga,yasabye buri wese kuzirikana ko
akwiye kunywa mu rugero,ndetse unywa wese akazirikana kunywa amazi asimbura ayo
yasohoye ubwo yanywaga inzoga,bitewe n’urugero yanyweyeho.
Bimwe byakoreshwa kugira umuntu agarukane ubuzima bwiza igihe yahuye na
“Migraine” cyangwa umutwe ukabije utewe no kunywa inzoga,akwiye kunywa amasosi
menshi,imitobe y’umwimerere cyane cyane ikozwe mu mbuto zivanze,ndetse
atibagiwe amazi ahagije.
Bimwe mu biryo byakwifashishwa igihe wamaze gufatwa n’uyu mutwe, harimo
imboga rwatsi ziganjemo izitwa epinari (spinach) kuko zikungahaye kuri
manyeziyumu igarura intege mu mubiri,avoka,tangawizi,ibiryo bitera imbara
n’ibindi.
Ku bantu bakunze kunywa inzoga,bakanywa amazi mbere yo kuryama ntibapfa
kurwara uyu mutwe ukabije,ndetse benshi basobanukiwe n’ubukana bwazo mu mubiri
bakunze kuzinywa bafite n’amazi hafi yabodore ko hari n’abavanga amazi
n’inzoga bakagabanya ubukana bwazo mu mubiri.
Abandi bantu bahura n’ibibazo nyuma yo kunywa inzoga ni abantu
badakunze kurya.Iyo unywa inzoga zikagera mu mubiri urimo inzara,bibangamira
urwungano ngongozi bamwe bakaba bagarura izo nzoga bamaze kunywa zikigera mu
nda.
Dr. Paul G. Mathew inzobere mu buvuzi bw'imitsi n’ubuvizi bw’umutwe,akaba
na Assistant Professor wa Neurology mu
ishuri ry'ubuvuzi rya Harvard,mu nama yatanze ku bantu banywa inzoga yagize ati
“Irinde kunywa inzoga igihe mu gifu hawe harimo ubusa”
Dr. Paul G yibutsa abantu banywa inzoga kwibuka gufata indyo yuzuye
Ubushakashatsi bugaragaza ko 10% by’abatuye Isi bibasirwa n’uyu mutwe
ukabije ufata abantu banyweye inzoga rimwe na rimwe z’ikirenga,ndetse bugaragaza
ko hagati y’imyaka 20 kugeza kuri 50 bagira uyu mutwe banyoye ariko ugafata
igitsinagore cyane nk'uko bitangazwa na World Health Organization.
Ubushakashatsi bwakozwe na Amerika bugaragaza ko 17.1% by’abagore bafatwa
n’uyu mutwe,mu gihe 5.6% ari abagabo bahura n’ibi bimenyetso bigaragaza uyu
mutwe ukabije.
Igitsinagore kibasirwa n'uyu mutwe kuruta abagabo
Byatangajwe ko impamvu ituma igitsinagore gifatwa n’uyu mutwe kuruta
abagabo,ko biterwa n’imitere yabo yihariye,imisemburo yabo mu
mubiri,guhangayika bagira muri bo n’ibindi ibi bigatuma bagira uyu mutwe ku
kigero cyo hejuru kandi vuba kuruta abagabo.
Abantu bakangurirwa kwita ku buzima bwabo ndetse
bakamenya ubushobozi umubiri wabo ufite mu kwakira ingano runaka y'inzoga
banywa.Igihe umuntu yahisemo kunywa inzoga akwiye kumenya uburyo azinywamo abungabunga
amagara ye.
Uyu mutwe uryana bidasanzwe ndetse ukaba watera izindi ndwara mu mubiri zirimo isereri
Isereri ishobora kugufata ukaba wanagwa hasi
Irinde kuvanga inzoga zitandukanyije ubukana kuko gukara kwazo byafatanijwe bizonga umubiri
Kirazira kunywa inzoga igihe cyose munda yawe harimo ubusa uba ukwiye kurya mbere
Ibuke kunywa amazi mbere yo kuryama igihe cyose wanyweye inzoga
TANGA IGITECYEREZO