RFL
Kigali

Lt Col Simon Kabera yagizwe Umuvugizi Wungirije wa RDF

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/06/2023 8:59
0


Lt Col Simon Kabera uzwi mu ndirimbo zirimo nka ‘Hari inshuti’, ‘Mfashe Inanga’ n’izindi yagizwe Umuvugizi Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda (RDF).



Kuri uyu wa Kane tariki 8 Kamena 2023, nibwo Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yagize Lt Col Simon Kabera, Umuvugizi Wungirije wa RDF.

Indirimbo ‘Munsi yawe’, Mfashe inanga n’izindi nyinshi ni zimwe mu ndirimbo za Simon Kabera zakunzwe yaba hano mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.

Aherutse kugaragara mu bihumbi by’abantu bitabiriye igitaramo, umuhanzi Alex Dusabe aherutse gukorera muri Camp Kigali, yahurijemo Apollinaire Habonimana, David Nduwimana, Prosper Nkomezi n’abandi banyuranye.

Simon Kabera, ni umukristo usengera mu itorero rya ADEPR, akaba yararangije amashuri ye mu by’amategeko i Butare muri Kaminuza y’u Rwanda.

Mu 2014, uyu mugabo yagiye gukurikirana amasomo ye mu Bubuligi, nyuma agaruka mu Rwanda.

Ku wa 6 Kamena 2023, Perezida Kagame yakoze impinduka zikomeye mu Gisirikare, aho Juvénal Marizamunda yagizwe Minisitiri w'ingabo z'u Rwanda mushya, n’aho Liyetona Jenerali Mubarakh Muganga agirwa Umugaba Mukuru w'ingabo z'u Rwanda (RDF)- Kuri uyu wa 7 Kamena 2023, barahiriye izi nshingano.

Muri izi mpinduka kandi, Jenerali Majoro Vincent Nyakarundi yagizwe Umugaba Mukuru w'ingabo zirwanira ku butaka. Col Francis Regis Gatarayiha yagizwe umukuru w'agateganyo w'ubutasi bwa gisirikare, n’aho Jean Bosco Ntibitura agirwa umuyobozi mukuru (Director General) ushinzwe umutekano mu gihugu mu rwego rw'ubutasi bw'imbere mu gihugu (NISS).

Brigadiye Jenerali Evariste Murenzi yagizwe umukuru w'urwego rw'igihugu rw'igorora, asimbura Marizamunda wagizwe Minisitiri w’Ingabo.

Perezida Paul Kagame kandi yarirukanye mu gisirikare abajenerali babiri, abofisiye 14 n’abandi basirikare barenga 100.


 Lt.Col. Simon Kabera ni umunyamuziki ubifatanya n'inshingano za Gisirikare


Lt Col Simon Kabera yagizwe Umuvugizi Wungirije wa RDF



KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'HARI INSUTI' YA SIMON KABERA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND