RFL
Kigali

Ikiganiro na Dr. Innocent Mugisha wagizwe Umuyobozi w'Inama Njyanama ya Mount Kigali University

Yanditswe na: Nadia Kangabe
Taliki:7/06/2023 17:11
0


Dr. Innocent Sebasaza Mugisha uherutse kugirwa Umuyobozi mukuru w'Inama Njyanama ya kaminuza ya Mount Kigali, yatangaje byinshi kuri we n'icyerekezo afite kuri uyu mwanya mushya ndetse n'intombero y'iyi Kaminuza haba mu Karere no ku ruhando mpuzamahanga.




Dr.Mugihsa  ahamya ko Mount Kigali University  izakomeza  guhamya  ibigwi. 

Mwatangira mutwibwira muri make ?

Ndi Dr. Innocent Sebasaza Mugisha, mfite imyaka 64. Navukiye hano mu Rwanda ariko nize muri Suede, Isiraheli, Lesotho, Botswana na Uganda. Nakoze muri kaminuza mu buzima bwanjye bw'umwuga. Nari Umuyobozi mukuru mu Nama Nkuru y’Amashuri Makuru muri Minisiteri y’Uburezi kuva 2014-2017, nkaba n’umuyobozi ushinzwe ubuziranenge muri kaminuza y’u Rwanda (UoR) kugeza mu mwaka wa 2021. Nigishije kandi muri UoR no muri Kaminuza nkuru ya Lesotho. Ndi umwarimu ku bw'umwuga kandi nkunda kwiyita umwarimu.

Ni iki cyahushishikaje cyane kurusha ibindi mu  burezi  ?

Birashimishije, ndakeka. Nkomoka mu muryango wicisha bugufi cyane. Natangiye amashuri yanjye ya mbere muri Uganda mu ntangiriro ya za 70 aho twabanaga nk'impunzi. Sisitemu yuburezi muri kiriya gihe  yari iy'Abongereza. Ku kizamini cya nyuma gikorwa  mbere yo kwinjira muri Kaminuza nakoze Science nibwira ko nziga umwuga ujyanye na Kaminuza. Ariko igihe ababyeyi banjye banjyanaga muri Lesotho (Afrika y'Epfo), nisanze nkora Uburezi. Buhoro buhoro narushijeho kubishaka kandi sinigeze nicuza guhitamo. Noneho, nshobora kuvuga ko gukurikirana umwuga wanjye mu burezi byabaye ku bw'amahirwe.

Nahawe impamyabumenyi ya Bachelor of Arts mu burezi muri Kaminuza nkuru ya Lesotho International School mu 1990, kandi mfite impamyabumenyi y'ikirenga yakuye mu kigo kimwe nyuma yimyaka itatu.

Nyuma yaho, nigishije muri Kaminuza imwe mbere yo kujya muri Kaminuza ya Linkoping muri Suwede aho nakuye impamyabumenyi y'ikirenga ya PhD mu burezi mu mwaka wa 2010. Icyo gihe nari maze kuba umunyamuryango w'ishami ry'uburezi muri kaminuza y'u Rwanda.

Ni  ayahe marangamutima  yawe ku izina  ' Mount Kigali University' by’umwihariko  uburyo  rishushyanya ugukunda igihugu kw'Abanyarwanda?

Izina 'Kaminuza ya Mount Kigali' ryemejwe binyuze mu  nama y'Abaminisitiri iyobowe  na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame. Ndemera ibyakozwe n’inama y’Abaminisitiri  ku guhindura izina rya  Mount Kenya University.

Mount Kigali  ni umusozi uzwi cyane mu mateka y’u Rwanda , kuwitirira Kaminuza ni ibintu biboneye.

Guhindura Mount Kenya ikaba  Mountu Kigali  University  bigaragaza ishema  ku Rwanda  ndetse  bikerekana  mu buryo butomoye  umwimerere-nyarwanda.Ikindi biha Kaminuza  ibirango  gakondo  nubwo nk’ikigo izakomeza kuba nyambere  mu z’indi Kaminuza.

Kaminuza ya Mount Kigali izubahiriza amahame yujuje ibisabwa mu Rwanda, n'amategeko agenga amashuri makuru mu gihugu. Ndahamya ko nk'uko  umubyeyi w'iyi  Kaminuza ari we Mount Kenya  yagwije ibigwi muri Kenya natwe tugomba  kugera ikirenge mu cye tukabigwiza na hano  mu  Rwanda. 

Ni ikihe  cyerekezo cyawe nk'umuyobozi w'Inama ya kaminuza ya Mount Kigali University?

Reka ntangire mvuga ko nshimishijwe izi nshingano nshya.Icyerekezo cyanjye ni kirekire   ariko birashoboka. Kaminuza ya Mount Kigali ije mugihe bimaze kugaragara ko hakenewe   kongerera   amashuri urwego.

Abarangije Kaminuza ntibagakwiye  gukora   gusa ibyo bize ma byumba by'amashuri ahubwo ko  bakwiye kuba umusemburo w'iterambere ry'aho batuye bibanda ku bushakashatsi bugamije  guhindura imibereho y'abaturage.

Reka nguhe urugero, Vuba aha, u Rwanda kimwe n’ibindi bihugu byinshi byo mu karere byibasiwe n’ibiza . Abantu benshi barapfuye. Nari niteze ko abanyeshuri biga amasomo ajyanye n'iterambere ry'imijyi , imicungire y'ubutaka, igenamigambi, hamwe n’imicungire y’ibiza bazagira uruhare runini mu gushakira igisubizo iki cyago  bakagishakira igisubizo  kirambye.

Umuti wihuse ni guhuza ubushakashatsi mu bikorwa byo kwigisha. .Si ibintu bigomba gukorwa nyuma .Uburyoamanota atangwa   ni ikigaragaza uruhare rw'umunyeshuri  mu  kunguka ubumenye biruseho mu byo yahisemo kwiga.

Tugomba  gushyiraho uburyo  bwihariye  gahunda y’amahugurwa  ku barangije  kaminuza hagendewe ku byo bize. Ntekereza ko  ibi bizatanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.

Tugomba kandi gushiraho imiyoboro ikomeye y’inganda (amabanki, amahoteri, ibitaro, amashuri yisumbuye nayibanze) kugirango abanyeshuri bacu bahabwe ubumenyi-ngiro.Iri  huriro cyangwa  umuyoboro  rizatanga amahirwe  yo kwimenyereza ndetse no kwihangira imirimo.Umunyeshuri urangije muri  Kaminuza ya Mount Kigali ntazakenera andi mahugurwa kugira ngo yinjire ku isoko ry’umurimo rijyanye n’inyo yize  kuko azaba afite impamba ifatika.

Nishimiye cyane  ko Kaminuza ya Mount Kigali irimo kubaka Hotel y'inyenyeri enye (Kigali Paramount), izatanga ubumenyi ngiro ku banyeshuri bacu biga  ibijyanye no kwakira abantu . Mugihe barangije bazaba bafite ubumenyi buhagije ku buryo  batazakenera  ubwunganizi  mu kazi.

Byongeye kandi tuzimakaza   iyi gahunda yo  kwimenyereza  umwuga ku  banyeshuri  ku buryo bizarangira bibaye umuco  bitakiri itegeko kuri bo mbere y’uko basoza.

Ikindi kandi  tuzashaka  abarimu   baturutse mu bisata bitandukanye  ku buryo  amanota  atariyo azabahuza n’abanyeshuri ko ahubwo bazaba ari abanjyanama babo.Birumvikana ko izo mbaraga zizuzuzwa no gusubiramo integanyanyigisho zisanzwe kugira ngo imyigishirize n’inyigisho bihure n’ibikenewe  ku isoko ry’umurimo mu gihugu.

Tugomba   kwizera kandi  ko Kaminuza ya Mount Kigali  igomba kugira uruhare  rukomeye mu mibereho myiza y’abaturage. Imwe muri gahunda zacu nyamukuru ni inkunga duha  Imbuto Foundation kandi  izakomeza.

Ikindi Tuzakoresha  ivuriro riri muri Kaminuza kugirango dutange serivisi z’ubuvuzi ku baturage. Muri Hotel ya Kigali Paramount turimo kubaka na Farumasi izatanga imiti ivura abaturage.

Byongeye kandi Kaminuza ya Mount Kigali izongera inkunga ku mashuri abanza n’ayisumbuye aturanye  nayo cyane cyane mu bijyanye na siporo, kubaka ibyumba by’ishuri, na bourse . Bourse izaba iri mu bice bitandukanye birimo siporo, ICT n'itangazamakuru.

Tuzongera kandi  uruhare rwacu  mu gushyigikira  gahunda ya Girinka  n’Umuganda ku nyungu z'abanyarwanda  muri rusange.

Ni gute Kaminuza ya Mount Kigali   izakomeza gusigasira ibigwi bya Mount Kenya University ?

Kugirango dukomeze guhatana haba mu Karere ndetse no ku rwego mpuzamahanga, Kaminuza ya Mount Kigali izabyaza umusaruro abakozi bayo baba abo mu gihugu cyangwa  mu mahanga.Kugeza ubu abashoramari  kimwe n’ibigo  by'ambukiranya imipaka bashoye  imari    haba ibikoresho  n’abakozi muri  Mount Kigali University . Biyemeje kandi gukomeza gushora imari mu bikorwa remezo kugirango abanyeshuri bacu barangije bashobore guhangana  ku isoko  atari mu Karere gusa ahubwo no no  ku rwego mpuzamahanga. 

Imiterere mishya yemerera Kaminuza gutegura ibirori byo gutanga impamyabumenyi  ku barangije, igakuraho inzitizi  ku barangije  basabwaga  kujya muri Kenya.

Munyemerere nshyire ahagaragara  ko Kaminuza ya Mount Kigali yasinyanye amasezerano y’ubwumvikane na kaminuza ya Mount Kenya kandi ko azakomeza gushyira mu bikorwa nta nkomyi.

Ni uwuhe mugambi ufitiye  Kaminuza ya Mount Kigali mu bijyanye  no kwiga hifashishijwe ikoranbuhanga?

Kwiga  hifashishijwe ikoranabuhanga  bizorohereza buri wese  aho ari hose gukurikirana amasomo ya Kaminuza. Ibi tuzabikora dushyiraho ibikorwa remezo bya ICT kandi tunagenzure   ibyo  gutanga impamyabumenyi hakoreshejwe ikoranabuhanga .

Byongeye kandi tuzashyiraho  uburyo bwo kwishyura ikiguzi kuri module cyane cyane ku banyeshuri bifuza kwiga amasomo yacu kugirango bunguke ubumenyi n’ubuhanga runaka  batagamije gushaka impamyabumenyi.

Ubu buryo bwacu bw’imyigishirize  hifashishijwe ikoranabuhanga  buzagera ku bantu benshi ku Isi  hose  bakeneye kwiyungura ubumenyi no kuba impuguke.  

Isi igenda  yinjira mu ikorershwa ry’ubwenge bw’ubukorano .Twabonye  abanyeshuri babukoresha  mu kwandika ubushakashatsi, ibinyamakuru  bikoresha ama-robo mu gusoma amakuru.Wowe ubona gute iki kintu?

Ndabona ari amahirwe ntabwo ari iri ikintu kigomba gutera abantu ubwoba. Igihe natangiraga kwigisha mu 1990, Microsoft PowerPoint yari  igezweho cyane . Bamwe mu barimu banje babishidikanyagaho cyane. Ariko ubu, nk’uko mubizi, hafi ya bose barabikoresha.

A.I (Artificial  Intelligence) ishobora kwigana ibiranga abantu ariko ni ngombwa kumenya ko nta munsi n’umwe ubwonko bw’umuntu buzigera busimburwa. Muri kaminuza ya Mount Kigali, tuzaharanira kuba igicumbi cya  A.I.

Tuzerekeza  gahunda yacu y’imyigishirize iganisha abanyeshuri  mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga  aho bizaba ngombwa tuzakoresha A.I  bitangije  ireme ry’uburezi dutanga.


Mount Kigali University  yiyemeje  kuyobora izindi Kaminuza mu ireme ry'uburezi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND