RFL
Kigali

Sobanukirwa n’akaga gaterwa no kuba umunyantege mu mahitamo

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:7/06/2023 14:09
0


Ubunyantege nke ni ijambo rigaragaza ko umuntu atihagije mu kugira imbaraga zikwiye yaba mu mitekerereze cyangwa mu bikorwa, ariko amahitamo abantu bagira niyo agena ibyishimo n'umubabaro bazagira ahazaza ndetse bamwe bahura n'akaga ko kutakira ingaruka.



Amahitamo ni ikintu gikomeye ku buzima bwa muntu kuko bigira ingaruka ku buzima bwe bwose. Bamwe bavuga ko guhitamo neza ari ubutwari ariko guhitamo nabi bikaba ubugwari.

Hari ubwo amahitamo aryoha mu ntangiriro ariko agasharira nyuma, ndetse agahindura icyerekezo cya muntu bikaba byaganisha no kwangiriza ahazaza he, n’ah’abandi.

Mu buryo bwumvikana umuntu yakagombye kuba umunyambaraga igihe afite amahitamo mabi akazibukira mbere yo kugwa mu mutego.

Iyo umuntu yagize amahitamo mabi kandi byararangiye ahura n’akaga gakomeye karimo agahinda gasaze, kwiburira icyizere, kwiheza mu bantu bafite ibitekerezo, bamwe bariyahura kuko batagarura ahashize, n’ibindi byinshi.

Kuba umunyantege nke mu guhitamo ikibi biba bisobanura ko amahitamo mabi yamaze kukuganza kandi urindiriye ingaruka mbi zizava muri ayo mahitamo, kuko umusaruro w’ikibi ni agahinda n’amarira.

Bamwe bahitamo nabi bitewe no kureba ku bintu bitarama, gushimisha abantu, kudatekereza ku mahitamo cyane, kutikunda, kuba umuntu yarakuriye mu buribwe butandukanye akumva ntacyo amaze, n’ibindi.

Dore bimwe mu ngaruka ziterwa no guhitamo nabi nk'uko bitangazwa na Toppr

1.     Kwicuza: Ubuzima butanga inzira nyinshi,umuntu akagira amahitamo. Ubwinshi bwamahitamo hari igihe butuvanga tukaba twakwitiranya ibintu mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Kwicuza kuba igihe udatewe ishema n’amahitamo wagize,ugahora wumva wanga uburyo utekerezamo, ukiburira icyizere,ukifuza gukosora iby’ahashize kandi bitagaruka.

Umuntu uri mu gihe cyo kwicuza hari byinshi atakaza birimo ibyishimo no gutekereza neza kuko aba atekereza ibibi byatewe n’amahitamo ye, ibyo nabyo bikagira ingaruka ikomeye ku buzima bwe.

2.     Gutakaza ubumuntu: Bamwe bahura n’ibihe bibagoye byo kutakira ingaruka batewe n’amahitamo mabi bagize bakaba nk’abihebye noneho bagafata imyanzuro mibi kurutaho irimo kwiyahura, kwishora mu biyobyabwenge bibwirako bituma batuza,kuba imfabusa muri sosiyete barimo.

3.     Kugorwa no gukosora ibyangijwe: Amahitamo mabi wagira yose siko akosorwa, ndetse hari n’ibifata igihe kugira ugaruke ibuntu. Hari bimwe bikosorwa ariko ukaba utakuraho ingaruka byateje.

Niba warishoye mu ngeso z’ubusambanyi ukandura agakoko gatera SIDA, ushobora kwihana gusambana ariko gukira indwara nk’iyo ntibyakorohera, ndetse no kugarura icyizere cya benshi biragoye.

Amahitamo ku buzima bwa buri wese agomba kwitonderwa, igihe uhitamo ukibanda ku byo uhitamo ugasesengura, ukareba ku hazaza wifuza, ndetse ukareba ko ayo mahitamo yazatanga ingaruka nziza cyangwa mbi bikagufasha kuba mwiza mu guhitamo no gufata imyanzuro ifasha ubuzima bwawe.


 Amahitamo mabi atuma umuntu yiyanga akabona adakwiye kujya mu bandi


Bamwe baheranwa n'agahinda bakaba banakwiyahura cyangwa bakishora mu biyobyabwenge


Abakobwa bamwe basanga baratwise bagahitamo kwica umwana kubera kutakira umusaruro w'amahitamo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND