RFL
Kigali

Umwe yatahiwe ubukwe na Perezida Kagame: Urutonde rw’Ibikomangomakazi n'Abamikazi 13 b’uburanga buhebuje ku Isi -AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:5/06/2023 14:19
0


Nubwo bishobora gutungurana kuri benshi kumva ko hirya no hino ku Isi hakiriho ibihugu bigifite Ubwami ariko birahari kandi bitari bike ndetse ubuzima bw'abukomokamo buri mu bugarukwaho kenshi cyane kuri ubu inkuru irimo kubica bigacika ni iyo mu Bwami bwa Jordanie kubera ubukwe bw'Igikomangoma Hussein na Rajwa Al Saif.



Imiryango y’ibikomerezwa n’i Bwami imenyereweho kubaho ubuzima buhenze kandi bwiza buri wese yifuza dore ko hari naho uzasanga abantu biyita abami, abamikazi, ibikomangoma n’ibikomangomakazi byose kubera igitinyiro n’ubwiza bazi bwabo baba biyitirira.

Nubwo benshi bafata ko abava mu miryango imeze ityo  baba buje ubwiza bose siko bose babunganya uyu munsi twifashishije ibinyamakuru bitandukanye tukaba twabateguriye urutonde rw’ibikomangomakazi n’abamikazi baza imbere mu bwiza.

1.Igikomangomakazi Rajwa

Yabye Igikomangomakazi nyuma y'uko asezeranye kubana akaramata n’Igikomangoma gifite ikamba Hussein bivuze ko igihe kimwe uyu mugore azaba Umwamikazi wa Jordanie.

Uyu mukobwa akaba akomoka mu gihugu cya  Arabia Saudite , yize ibijyaye  n’ubwubatsi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

 Ubukwe bwe bwitabiwe n’Abanyacyubahiro batandukanye barimo Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Kuva inkuru y’urukundo rwe na Hussein yamenyekana ibinyamakuru byinshi byagiye bimugaragaza nk'ufite uburanga budasanzwe ndetse kuri ubu aza mu b’imbere mu bo mu miryango y’i Bwami ku Isi bafite ubwiza budashidakinywaho.

2.Umwamikazi wa Bhutan Jetsun PemaJetsun Pema ni we mwamikazi wa Bhutan u Bwami buherereye mu Majyepfo ya Aziya afatwa nk’umwe mu beza ku Isi. Yabonye izuba kuwa 04 Kamena 1990 mu gace ka Thimphu ho muri  iki gihugu.

Yabaye Umwamikazi ubwo yashyingiranwaga n’Umwami Jigme Khesar Namgyel Wangchuck mu Ukwakira 2011. Ni umwamikazi ukunzwe cyane n’abaturage b’u Bwami bwe kubera umutima n’ibikorwa bya kimuntu bimuranga.

Kuva yaba Umwamikazi yatangiye guharanira iterambere ry’abari n’abategarugori hamwe n’abana bo mu Bwami bwa Bhutan imbaraga ashyira mu byo akora byose zaramamaye kugera n’imahanga.

Ku myaka 33 akaba ari we mwamikazi muto ku Isi yabaye kuko yambitswe ikamba   afite imyaka 21.

3.Beatrice Borromeo wo mu bwami bwa Monaco

Donna Beatrice Borromeo Arese Taverna ni izina rikomeye mu ruganda rw’imideli aho anakora kandi nk’umunyamakuru.  Afite impamyabumenyi ebyiri yakuye muri Kaminuza zirimo Bocconi na Columbia.

Yakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo Fatto Quotidiano, Newweek na The Daily Beast. Uyu mugore nubwo akomoka mu miryango y’i Bwami ariko si igikomangomakazi.

Yashyingiranwe na Pierre Casiraghi umuhungu w’Igikomangomakazi Caroline cyo muri Hanover aba bombi bafitanye abana 2 mu mwaka wa 2021 yagizwe umwe bamamaza ibikorwa by’uruganda rurangiranwa mu mideli rwa Dior.

4.Igikomangomakazi Salva Aga Khan

Salwa wamamaye nka Kendra Irene Spears ni umugore w’Igikomangoma Rahim Aga Khan ari mu bari n’abategarugori b’i Bwami bafatwa nk’ibirango by’ubwiza ku Isi. Yasezeranye kubana akaramata na Rahim kuwa 31 Kanama 2013 mu birori byabereye i Geneva bihagurutsa abakomeye.

Uyu mugore yabonye izuba kuwa 05 Kanama 1988 muri Washington ,yakuranye ubuhanga bukomeye  aho afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza muri Sociology.

Yinjiye mu kumurika imideli muri Mutarama 2008 kuva icyo gihe atangira kuza imbere cyane bitewe n’ubuhanga n’ubwiza bwe budasanzwe. Umutungo we ubarirwa muri Miliyari 13.3 z’amadorali.

Urubuga rwa Forbes ruheruka kumushyira ku mwanya wa 15 mu batunzi bo mu Bwami butandukanye ku Isi.

5.Sofia PalazueloAfatwa nk’umwe mu bagore b’ubwiza bo mu bwami mu Burayi bwose no ku Isi .We n’umugabo we ni abantu bakomeye mu Bwami bwa Huescar muri Espagne bakaba n’ibyamamare mu birebana n’imideli.

Umugabo we yitwa Don Fernando Juan Fitz James Stuart y Solis Beaumont. Urukundo rwabo rwatangiye ubwo bajyanaga kwiga muri Kaminuza bamara imyaka itari mike bakundana baza kwiyemeza kubana mu Ukwakira 2018.

6.Umwamikazi Rania wa Jordanie

Rania Al Abdullah yabonye izuba ku wa 31 Kanama 1970 ni umugore w’Umwami Abdullah II wa Jordanie babyaranye Igikomangoma Hussein uheruka gukora ubukwe bwitabiwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame hari kuwa 01 Kamena 2023.

Rania avuka ku babyeyi bo muri Palestine, yize ubucuruzi muri Kaminuza y’Abanyamerika ya Cairo aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri. Yageze muri Jordanie nk’impunzi mu 1991 ari naho yatangiye kumenyanira n’Umwami Abdallah icyo gihe wari ukiri Igikomangoma.

Yakoze muri Citibank igihe kitari gito nyuma aza gutangira gukorana Apple Inc mu ishami rishinzwe kwamamaza bikorwa ry’iyi kompanyi rurangiranwa mu ikoranabuhanga.

Mu 1993 nibwo yashyingiranwa na Abdullah atangira kugira uruhare rukomeye mu burezi, ubuvuzi, ubucuruzi, kuzamura urubyiruko n’ibindi. Ari mu bagore 100 bavuga rikijyana nk'uko ikinyamakuru cya Forbes giheruka kubitangaza.

7.Igikomangomakazi Kate Middleton

Catherine Elizabeth Middleton yabonye izuba kuwa 09 Mutaram 1982 ari mu bagore beza ba  mbere mu bafite aho bahuriye n’u Bwami mu isi. Nk’umugore w’Igikomangoma William isaha ku isaha yaba Umwamikazi w’Ubwongereza mu gihe umugabo we yaba yimye ingoma.

Uyu mugore yamamaye cyane mu birebana n’imideli yagiye agarukwaho inshuro zitari nyeya mu binyamakuru mpuzamahanga kubera uruhare rukomeye akomeza kugira mu iterambere ry’imideli by’umwihariko mu Bwongereza.

8.Igikomangomakazi Charlene

Yabonye izuba kuwa 25 Mutarama 1978 yitwa Charlene Lynette Wittstock yamamaye cyane mu mikno yo koga aho yanegukanye imidali itandukanye mu mikino Olympic.

Umugabo we Albert II ni Igikomangoma cya Monaco muri Spain bafitanye abana 2. Charelene yavukiye mu gace ka Bulawayo muri Zimbabwe ababyeyi be bimukiye muri South Africa mu 1989.

Umutungo w’uyu mugore ubarirwa muri Miliyari y’amadorali.

9.Ameera Al Taweel

Ameera bint Aidan bin Nayef Al-Taweel Al-Otaibi yahoze ari Igikomangomakazi ubu ari mu bagore biyeguriye ibikorwa byo gufasha abatishoboye yabonye izuba kuwa 06 Ugushyingo 1983.

Nyuma yo gusezerana n’Igikomangoma Al Waleed bin Talal Saud yatangiye gukora ibikorwa bitandukanye birimo guharanira uburenganzira bw’abari n’abategarugori muri Saudi Arabia.

Gusa yaje gutandukana Al Waleed binatuma anamburwa kuba Igikomangoma hari muri 2013, muri Nzeri 2018 yaje gusezerana na Khalifa bin Butti Al Muhairi mu birori bikomeye byabereye i Paris mu Bufaransa.

10. Kitty SpencerKitty Eleanor Spencer ari mu banyamideli bakomeye mu Bwongereza yabonye izuba kuwa 28 Ukuboza 1990 ni mubyara wa w’Igikomangomakazi Diana ni we mu muvugizi w’ikompanyi kabuhariwe mu mideli ya Dolce&Gabbana.

11.Charlotte Casiraghi

Charlotte Marie Pomeline Casiraghi ni icyamamare mu bikorwa byo gufasha, gutunganya filimi, itangazamkuru, ubwanditsi n’ibindi mu Bwami bwa Monaco, ni umwana wa kabiri n’umwana rukumbi w’Igikomangomakazi Caroline.

Ari ku mwanya wa 11 mu bashobora kwegukana intebe y’u Bwami bwa Monaco muri Spain , afitanye abana 2 n’umugabo we Dimitri Rassam.

12. Igikomangomakazi Sofia wo mu Bwami bwa Swede

Igikomangomakazi Sofia ari mu bagize umuryango w’i Bwami muri Suede yashyingiranwe n’Igikomangoma Carl Phillip mu wa 2015 ari mu banyamideli bakomeye.

Mu mwaka wa 2009 Sofia nibwo yahuye n’Igikomangoma Carl Philip wo muri Suede mu kabyiniro kamwe.

13.Igikomangomakazi gifite ikamba MaryIgikomangoma gifite ikamba cya Denmark, Frederik ni we mugabo wa Mary bivuze ko umunsi azimikwa uyu mugore azahita aba Umwamikazi. Agenda akora ibikorwa byo gufasha ababaye binyuze mu miryango itandukanye idaharanira inyungu abarizwamo irimo nifasha impunzi.

Mary na Frederik bafitanye abana bane kuva bakiyemeza kubana mu mwaka wa 2004.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND