Miss Hannah yatangaje abahanzi akunda bayobowe na Eddy Kenzo bavuzwe mu rukundo

Imyidagaduro - 03/06/2023 11:16 AM
Share:
Miss Hannah yatangaje abahanzi akunda bayobowe na Eddy Kenzo bavuzwe mu rukundo

Nyampinga wa Uganda, Hannah Karema yahishuye urutonde rw’abahanzi yihebeye barimo Eddy Kenzo icyamamare mu muziki wanavuzweho gukundana na we no kugira uruhare mu kugira ngo uyu mukobwa yegukane ikamba.

Muri Werurwe 2023 ni bwo Uganda yatoye Nyampinga mushya ari we Hannah Karema Tumukunde. Uyu mukobwa yavuzwho kuba umunyarwandakazi kubera ubwiza bwe n’amazina ye, nyamara atangaza ko ari umugande nubwo nyina ari umunyarwandakazi.

Yavuzwe kandi mu rukundo na Eddy Kenzo ahanini bamwe bakanemeza ko ari we watumye yegukana ikamba, ibintu yahakanye avuga ko aziranye n’uyu muhanzi kuko ari inshuti y’umuryango w’iwabo.

Mu kiganiro yagiranye na Musogo Eclipse yagarutse ku bahanzi baza imbere mu bo akunda birumvikana Eddy Kenzo ntiyaburamo, ariko yahereye ku b’igitsinagore.

Miss Hannah ati: "Nkunda Sheebah Karungi, Spice Diana, Chosen Becky, Juliana Kanyomozi, Cindy Sanyu n’abandi batandukanye." Mu b’igitsinagabo ati: "Jose Chameleone, Eddy Kenzo na Pallaso."

Abajijwe impamvu Eddy Kenzo ari mu bahanzi akunda, yavuze ko ari ukubera ko yabashije kwigwizaho abafana yaba muri Uganda no hanze yarwo.Eddy Kenzo yavuzweho kugirana umubano wihariye na Miss Uganda 2023 Hannah ngo byanahesheje uyu mukobwa ikambaMiss Hannah wagarutse ku bahanzi akunda uburanga bwe bwatigishije imyidagaduro y'Akarere k'IbiyagabigariAheruka kujya gusura ku ivuko aho yakiriwe nk'Umwamikazi agenda mu modoka ahagaze 

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...