RFL
Kigali

Belgorod: Guverineri yatangaje ko babiri baguye mu rufaya rw’amasasu rwavugiye mu gace k’umupaka w’u Burusiya

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:2/06/2023 16:41
0


Inkuru dukesha BBC ivuga ko Guverineri wa Belgorod yatangaje ko abagore babiri baguye mu rufaya rw’amasasu rwumvikanye mu gace ka Belgorod ku mupaka w’u Burusiya.



Vyacheslav Gladkov yavuze ko abishwe batewe uduce tw’amasasu ubwo bari mu modoka bagenda hafi y'umudugudu wa Maslova Pristan.

Abayobozi bo mu turere duturanye na Bryansk na Kursk bavuze ko hari inyubako zangirikiye mu kurasa ndetse n’igitero cya drone nijoro. 

Abayobozi ba Ukraine kugeza ubu ntacyo baratangaza. Icyakora Kyiv yo, yahakanye uruhare rwayo mu bitero byabaye hafi y’umupaka, ivuga ko bikorwa n'imitwe irwanya leta y'u Burusiya.

I Belgorod, Bwana Gladkov yavuze ko abandi bantu babiri bagendaga mu modoka bakomerekejwe n’icyo gisasu. Umwe mu mitwe yitwara gisirikari irwanya Kremin wavuze ko wivanze mu bikorwa bya gisirikare byo mu mudugudu uri hafi ya Novaya Tavolzhanka.

Ikigo cyitwa ‘Freedom of Russian Legion’ (FRL) cyatangaje ko abasivili babiri bishwe nyuma y’uko imbunda z’u Burusiya zitiranije imodoka yabo n’imodoka itwara abanyamuryango ba FRL.

Mu byumweru bishize, byagaragaye ko ibitero byambukiranya imipaka biri kwiyongera. Ku wa kane, abantu umunani bakomerekejwe n’amasasu muri Belgorod, kandi iyi myigaragambyo ibaye nyuma y’icyumweru kimwe gusa nyuma y’igitero gikomeye cyagaragaye ku mpaka kuva intambara yatangira.

Ku wa gatanu, abayobozi ba Ukraine bavuze ko ingabo zirwanira mu kirere zarashe misile na drone zigera kuri 30 zikaraswa n'u Burusiya. Mu kwezi gushize nabwo u Burusiya bwagabye ibitero bya misile na drone birenga 20 muri Ukraine.

Ku wa gatanu, nibwo umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken yavugiye i Helsinki, ko igitero cy’U Burusiya muri Ukraine "cyatsinzwe ".

Umudipolomate ukomeye muri Amerika ubwo yari mu ruzinduko muri Finlande; umunyamuryango mushya wa Nato, yavuze ko iki gitero cyacogoje u Burusiya mu rwego rwa diplomasi, mu bukungu ndetse no mu bya gisirikare mu gihe bishimangira Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi, Nato na Ukraine.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND