Igihe cy’ubugimbi n’ubwangavu ni igihe gikomeye ku mwana,aho atangira kubona impinduka z’umubiri we,akagira ubwoba bw’ahazaza,agatinya kubaza ibyo adasobanukiwe n’ibindi byinshi,nyamara nicyo gihe umuryango ngo ukurikiranire hafi ubuzima bwe.
Ingimbi n’abangavu bahura n’imihindagurikire ku
buzima bwabo haba ku mubiri ndetse n'imitekerereze ,ndetse bamwe batabona ubufasha bukwiriye bakangirika cyangwa bagakurirra mu rujijo.
Icyo ukwiye kumenya ku buzima bw’abangavu ni uko
bakwiye kwigishwa birambuye ibijyanye n’amatsiko bafite ku mihindagurikire y’ubuzima
bwabo,ndetse bakigishwa imyitwarire ikwiye kubaranga ibategura kuzaba abantu
bakuru bafitiye umuryango n’Igihugu akamaro,ndetse nabo ubwabo.
Kuba umwangavu cyangwa ingimbi bitangirira igihe
bishakiye,harubwo bije umuntu akiri umwana,ndetse bamwe mu bana bagaragara
nkaho bakuze bitewe nuko ubugimbi n’ubwangavu bwabaganjije bukaza impitagihe.
Ikigero umuntu abamo ingimbi cyangwa umwangavu
kigenda gitandukana kuko hari abahura nabwo ku myaka 8 kugeza ku myaka
15.Impinduka ziza kuri aba bana harimo kurwara ibiheri mu maso,kwiyitaho
bidasanzwe,gutinya abantu cyane cyane abo mudahuje igitsina,rimwe na rimwe
ukifuza kuba uri kumwe nabo.
Ingorane ya mbere igwirira abakobwa bagiye muri ibi
bihe imburagihe,bakunze kwitinya,bakagaragara nkaho bakuze,gupfundura amabere
kandi bakiri bato,bagatangira kugaragara nk’inkumi bikaba byakururira abagabo
kwifuza kuryamana nabo.
Kubana bamwe na bamwe bakunze guhita bumva ko bakuze
bagatangira kwisanisha n’imico y’abantu bakuze,rimwe na rimwe bakaba bafata
imyanzuro ihubutse bashutswe n’uko bibona.
Umwana wageze muri iyi myaka hari ubwo atinya kubaza
umubyeyi ibiri kumubaho akaba yabaza inshuti bangana,cyangwa abantu bakuze
ariko batizewe ku bujyanama bikaba byamuviramo kwiyandarika azi ko ari
gufashwa.
Ababyeyi cyangwa umuryango nibwo baba bagomba
gukurikirana impinduka ziri ku mwana,bakamubwira ko yakuze ndetse akamenya
kwitwararika kuko ubwangavu n’ubugimbi bushuka abana bakaba bakwangiriza
ahazaza habo rugikubita.
Abagize umuryango bakuze barimo ababyeyi bakwiye
kwigisha abana mbere y’uko bagera muri ibyo bihe babarinda kuba bayobywa n’ibishuko
by’ababazengurutse.
Igihe mu muryango harimo umwana w’umukobwa akwiye
kwigishwa uko azitwara yagiye mu mihango akamenya nicyo imihango isobanuye ku
buzima bw’umugore,ukamurinda abagabo bamushuka ko uburibwe bwayo bukizwa no
kwishora mu busambanyi.
Igihe cyose mu muryango harimo umwana w’umuhungu,akwiye
kwigishwa ko igihe cyose yatangiye kwiroteraho aba yabaye umugabo,ndetse
akamenyako guhura n’umukobwa watangiye kujya mu mihango bishobora gutuma atera inda
kandi akiri muto.
Ubwisanzure umubyeyi aha umwana igihe amurera nibwo butuma yirekura akabaza ibibazo yifuza kumenya.
Benshi bavuga ko batagize
amahirwe yo gusobanurirwa impinduka zibariho bigatuma babura bimwe byari
ingenzi kuri bo,nko kwikunda,bamwe bakibona nkaho bahindutse mu buryo bubi.
Family Planning Association ivuga ko abana mu
mashuri bakwiye kwigishwa iri somo ry’imyororkere,kuko umwanya munini abarimu
baba bari kumwe n’aba bangavu n’ingimbi.
Bakavuga ukuri kuzuye kwabyo kandi mu rurimi rwumvikana
mu rwego rwo gufasha ahazaza habo hakaba harinzwe.Ababyeyi bagira isoni zo
kubwiza ukuri abana babo,bakorwa n’isoni cyane iyo umwana yangiritse bitewe
nuko atigishijwe.
Ingimbi n'abangavu bakunze kwiyanga iyo bahindutse ku mubiri bamwe bakaba banarira igihe biherereye
Abandi yo bumvise ko bakuze batangira kunanirana,ariko nicyo gihe cyiza ku mubyeyi ngo yigishe umwana we imico izamuremamo umugabo cyangwa umugore mwiza w'ahazaza.
TANGA IGITECYEREZO