RFL
Kigali

Cedrick wo mu Inganzo Ngari yahawe impano ya moto n’umukunzi we nyuma y’indirimbo yamukoreye-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:30/05/2023 13:00
1


Amani Cedrick uri mu babyinnyi b’Itorero Inganzo Ngari, yatunguwe n’umukunzi we Angel Queen wamuhaye impano ya moto ‘nziza cyane’ nk’uko abivuga. Ni nyuma y’uko amukoreye indirimbo yitsa ku rukundo rwabo yise ‘Neza’.



Iyi ndirimbo yitsa ku rukundo, kandi ikagaragaza urugendo aba bombi bagendanye kugeza ubwo biyemeje guhuza imiryango bagakora ubukwe.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Cedrick yavuze ko hari byinshi yashingiyeho mu guhitamo Queen, kuko mu kubyiruka kwe yifuzaga umuntu yakunda bya nyabyo ku buryo ‘ntamuhemukira’.

Uyu mugabo avuga ko gushaka uwo muzabana, ukwiye gushaka ‘uwo utahemukira kuruta uko washaka utaguhemukira’.

Akomeza ati “Uzabanze wisuzume wowe ubwawe uvuge uti 'ese ko ngiye gushaka umuntu nabana nawe by'iteka, ese sinzamubabaza'? Rero, uwo muntu yaje kuba Angel cyangwa se Queen ni we wahuje n’amarangamutima yanjye.”

Cedrick avuga ko urukundo rwe na Queen rwanakomejwe no kuba yarabanje kuvugana nawe kuri telefoni mu bihe bitandukanye no mu biganiro, mbere y’uko batangira urugendo rwo gukundana.

Gutera ivi yabijyanishije no kuririmbira umukunzi we:

Cedrick asobanura umukunzi we nk’umuntu ukunda umuziki cyane, kandi ukunda ahantu harimbishijwe biri mu byatumye yitegura mu buryo bwose.

Avuga ko ubwo yiyemezaga kwambika impeta umukunzi we, yatekereje kuri buri kimwe gisabwa ariko ntiyasiga inyuma guhimbira indirimbo umukunzi we.       

Akomeza ati “Guhimba iyi ndirimbo aho byaturutse niyemeje ko umukunzi wanjye kubera ko ari umuntu ukunda ibintu bijyanye n’umuziki, nahise numva ko ngomba kumuterera ivi kandi nkabikora ndi kumuririmbira kuko burya mu ndirimbo ni naho uvugira imbamutima zawe ntawuguciye mu ijambo.”

Uyu musore avuga ko yorohewe no kwandika iyi ndirimbo, kuko yavugaga ibyari bimurimo. Abiteramo urwenya, akavuga ko igitero cya kabiri yagihimbye ubwo yari kuri moto, birangira indirimbo yuzuye.

Uyu mukobwa abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Cedrick avuga ko yagiye ahura n’abantu bamuca intege bamubwira ko ‘bitashoboka gukundana n’umuntu utari hafi yawe’.

Ku wa 6 Mutarama 2023, ni bwo uyu musore yambitse impeta umukunzi we, nyuma bahamya urukundo rwabo imbere y’amategeko. Yabwiye InyaRwanda ko kuri uriya musi yiyumvaga bidasanzwe kandi yishimye.

Ni umunsi avuga ko yari ategereje amezi arindwi, yibaza uko azaba yifashe ubwo azaba ari kwambika impeta umukunzi we anamuririmbira indirimbo yari amaze amezi arindwi akoze yarayibitse, nta kindi yayikoresha.

Ubwo yambikaga impeta uyu mukobwa, byahuriranye n’umusi we w’amavuko [Umukobwa]. Ati “Nari ntegereje kureba uburyo ari buze kubyakira, gusa natunguwe n’uko yishimye birenze n’uko nabitekerezaga.”

Cedrick asobanura umukunzi we nk’umuntu yabonyeho byinshi mu byo akunda, kandi yasanze byinshi babihuje. Avuga ko yasanze umukunzi we akunda kuririmba, kandi indirimbo nyinshi ateganya gushyira hanze bazaba bari kumwe.

Arakomeza ati “Akunda kuririmba cyane yewe nemeza ko anabikunda kundusha ikirenze kuri icyo indirimbo nyinshi mu zo muzabona tuzaba tuzifatanije yewe nta no gushidikanya iya kabiri tuzaba turi kumwe kandi nayo izasohoka vuba cyane.”

Uyu musore anavuga ko umukunzi we ari umuntu ugira urukundo rwinshi cyane, ku buryo agukunda akaba ‘yanakurwanirira’. Kandi agatinya kubeshya umuntu akunda.

Anavuga ko Queen agira ubuntu, kandi atinya kugwa mu ikosa. Ati “Umukunzi wanjye ni umuntu ugira ubuntu ku buryo yagukunze yaguha ibyo afite byose ntacyo asigaranye. Ikindi ni we muntu utinya kugwa mu ikosa nzi ku buryo ibintu byose abikora yitonze.”

Amashusho y’iyi ndirimbo yakorewe ku Gisenyi ku kiyaga cya Kivu. Ni icyemezo Cedrick avuga ko yafashe ashingiye ku kuba asanzwe akunda aha hantu nyaburanga.

Kandi nyuma yo gukora iyi ndirimbo, umukunzi we yamuhaye impano ya moto. Ati “Ni impano yampaye nyuma yo kumva amagambo agize iyi ndirimbo. Ni moto nziza nifashisha mu bikorwa byanjye bya buri munsi.”

Cedrick asanzwe ari umwarimu wigisha kubyina umuco Nyarwanda, akaba kandi Intore yo mu Itorero Inganzo Ngari bitegura gukora igitaramo muri Kanama 2023.

Mu ntego afite, harimo gukora ibihangano byinshi afatanyije n’umukunzi we Queen.


Angel Queen yahaye moto umukunzi we nyuma y'uko anyuzwe n'indirimbo 'Neza' yakorewe 


Byari ibyishimo by'agahebuzo ubwo Angel Queen yambikwaga impeta y'urukundo 


Cedrick yahaye ururabo umukunzi we mu kwerekana urukundo yamukunze 

Basezeranye imbere y'amategeko biyemeza kubana nk'umugabo n'umugore byemewe n'amategeko 


Angel Queen abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, amaze igihe ari mu munyenga w'urukundo na Cedrick 


Cedrick avuga ko hari byinshi yashingiyeho yiyemeza kubana akaramata n'umukunzi we 


Angel Queen asanzwe akunda umuziki, biri mu byatumye umukunzi we atekereza kumuhimbira indirimbo 

Cedrick asanzwe ari umwanditsi w'indirimbo, akanazaririmba-Asanzwe kandi ari umwarimu wigisha kubyina umuco Kinyarwanda mu bigo by'amashuri

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NEZA' YA CEDRICK NA QUEEN

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Beate Chadia NYIRAMANA1 year ago
    Waoooo Aya mateka y'urukundo rwa Queen na Cedrick aryoheye amatwi👌😍 Uwiteka Imana yacu izabakomereze urukundo rwanyu ruzabe akaramata





Inyarwanda BACKGROUND