Zen Karate Do ibarizwa mu Karere ka Rubavu, niyo yegukanye irushanwa rya Karate GMT Champions 2023, nyuma yo kwitwara neza imbere y'amakipe bari bahanganye.
Kuri iki cyumweru cyatambutse mu Karere ka Nyarugenge ku bibuga byo mu ishuri rya Saint Andre i Nyamirambo, habereye imikino ya Karate yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, (Karate Genocide Memorial Tournament).
Iyi mikino, yateguwe n'ishyirahamwe ry'umukino
wa karate mu Rwanda, mu buryo bwo kwibuka abatutsi bazize Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994, by'umwihariko abakaratika.
Mu kiganiro n'itangazamakuru, umuyobozi w'Ishyirahamwe ry'umukino wa Karate mu Rwanda, Niyongabo Damien yashimye uko irushanwa ryaganze ndetse asaba abakinnyi gukomeza guharanira kubaka i gihugu.
Yagize ati “Nashimishijwe n'uburyo
abakinnyi ba Karate bo mu byiciro bitandukanye biyerekanye, kandi ndasaba
abakinnyi gukoresha siporo bagira uruhare mu bikorwa byo gukomeza kubaka
igihugu”.
Yakomeje avuga ko iri rushanwa rigamije kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. "Twateguye iri rushanwa kuko rigomba gukorwa mu rwego rwo kwibuka inzirakarengane zabuze ubuzima mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakinnyi bahatanira hano ni abana bato bagomba gukura bazi uburyo
bashobora kugira uruhare mu iterambere ry’iki gihugu binyuze muri siporo.”
Umushyitsi
mukuru muri iyi mikino, Sharangabo Alex yasabye abakinnyi gukoresha umukino wa
karate mu guhangana n'abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yakomeje kubasaba gukora ibishoboka
byose bakagira uruhare mu kubaka igihugu.
Uko mu cyiciro cy’amakipe bitwaye
Zen Karate Do yabaye iya mbere, Flying Eagles iba iya kabiri, APR Karate Do iba iya
gatatu, The Champion Karate Academy iba iya kane, UR Huye Campus A iba iya
gatanu, Shito ryu Kaarate Do iba iya gatanu, naho Polisi Karata iba iya
gatandatu.
Abakina ku giti cyabo mu bagore
Uwase Lazia yabaye uwa mbere, Yezakuzwe Lucie aba uwa kabiri, Abayisenga Palemonique
aba uwa gatatu, Umulisa Yvette aba uwa kane.
Abakina
ku giti cyabo mu bagabo, Munyaburanga Jean Claude niwe wabaye uwa mbere, Niyitanga Halifa aba uwa kabiri, Usengimana Omar aba uwa gatatu, naho Gusenga Yves
Bertrand aba uwa kane.
Mu cyiciro
cy’abakinnyi bakina Kumite ku giti cyabo, Yezakuzwe Lucie yabaye uwa mbere, Uwase Lazia aba uwa kabiri, Ingabire Solange aba uwa gatatu, naho Mbabazi Seraphine
aba uwa kane.
Mu cyiciro cy’amakipe akina Kata
Zen
Karate Do yabaye iya mbere, The Champions Karate Academy iba iya kabiri, naho UR
Huye Campus iba iya gatatu.
Mr Sharangabo ukuriye ibikorwa byo kwibuka, yasabye abakinnyi ba Karate kugira uruhare mu kubaka igihugu
Umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umukino wa Karete mu Rwanda yishimiye uko iri rushanwa ryagenze
TANGA IGITECYEREZO